Muri iki gihe, byabaye nk’umuco ko umuntu uhamagawe n’inzego z’ubugenzacyaha
cyangwa ufite ikibazo gikomeye gihangayikishije rubanda, mbere yo kwitaba
cyangwa gutanga ikirego, abanza kujya kuri ‘Live’ kuri TikTok, Instagram
cyangwa YouTube, agasobanura ibye imbere y’imbaga y’abamukurikira.
Hari
ababikora bavuga ko baba bashaka “kwisobanura” cyangwa “kwirwanaho”, ariko hari
n’ababifata nk’uburyo bwo gushaka ‘views’, amafaranga n’ubwamamare bw’igihe
gito.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Dr. Murangira yavuze ko ibi ari ibintu
bikwiye kwitonderwa cyane kuko imbuga nkoranyambaga “ari isi idasakaye”, bivuze
ko ibyo umuntu ahashyize byose bishobora kumugaruka ho igihe icyo ari cyo
cyose.
Yagize
ati: “Imbuga nkoranyambaga bamwe basigaye bazi(barazihinduye) Urukiko rwa
rubanda. Turagira inama, abantu ko kuba wahohotewe, ukajya gutanga ikirego
cyangwa mbere yo kujya gutanga ikirego ukabanza ugahamagara, umuntu ngo kora 'Live', ukajyaho ukavuga ibintu byose."
Yasobanuye
ko iyo umuntu ahisemo kubanza kujya kwisobanura ku mbuga nkoranyambaga,
bishobora kubangamira iperereza mu buryo butandukanye.
Yavuze
ko hari igihe amakuru atangajwe mbere y’iperereza yangiza ibimenyetso cyangwa
agatera ubwoba abatangabuhamya, bigatuma bamwe badashaka gutanga amakuru.
Mu
buryo bwumvikanisha uburemere bw’iki kibazo, Dr. Murangira yavuze ko abantu
benshi bajya ku mbuga nkoranyambaga batekereza ko bari gushaka ubutabera
cyangwa impuhwe, ariko ugasanga ahubwo bari kwiha rubanda ngo ibacire urubanza.
Aha
ni ho havukira ikintu benshi bise “Court of Public Opinion” cyangwa urukiko rwa
rubanda, aho abantu baca imanza bishingiye ku marangamutima, ibice by’amakuru
cyangwa ibyo babonye muri ‘Live’, aho gutegereza ukuri kuzuye gutangwa n’inzego
zibifitiye ububasha.
Mu
by’ukuri, iyo umuntu amaze kujya ku karubanda, aba yemeye ko abantu bose
bamuvugaho icyo bashaka. Hari abamushyigikira, abandi bakamushinyagurira, bamwe
bagakora ‘memes’, abandi bagahimba ‘titles’ zisebanya cyangwa zimutesha
agaciro.
Dr.
Murangira yavuze ko hari n’abajya muri ibi biganiro bya ‘Live’ batekereza
inyungu z’amafaranga ashobora guturuka ku mubare w’ababakurikiranye cyangwa
ababageneye impano kuri izo mbuga.
Ibi
ni ibintu bikomeje kugaragara cyane cyane mu bantu bafite amazina azwi mu
myidagaduro no ku mbuga nkoranyambaga, aho ikibazo cy’umuntu gihinduka
‘content’ abantu bareba nk’imyidagaduro aho kuba ikibazo gikwiye gukurikiranwa
mu buryo bw’amategeko.
Nubwo
ikoranabuhanga ryazanye uburyo bushya bwo gutanga ibitekerezo no gusangiza
abandi ubuzima bwa buri munsi, impuguke zitandukanye zikomeza kwibutsa abantu
ko atari buri kintu cyose gikwiye kujya ku karubanda.
Hari
amakuru akwiye kuguma hagati y’uwahohotewe, inzego zibishinzwe n’abarebwa
n’ikibazo, kugira ngo ubutabera bukore akazi kabwo hatabayeho igitutu
cy’abaturage cyangwa amarangamutima y’abakoresha imbuga nkoranyambaga.
Mu
gusoza ubutumwa bwe, Dr. Murangira yatanze umuburo ukomeye agira ati: “Isi ya
social media ntisakaye. Mubimenye.”
Aya
magambo agaragaza ko ibyo umuntu ashyira ku mbuga nkoranyambaga bishobora
kutazibagirana, kandi rimwe na rimwe bikamugiraho ingaruka zirenze kure ibyo
yatekerezaga mu gihe yabitangazaga.

Dr.
Murangira B. Thierry yavuze ko abantu bakwiye kwitondera ibyo batangaza ku
mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko hari bamwe bamaze kuzihindura “urukiko rwa
rubanda” mbere y’uko inzego zibishinzwe zikora iperereza ryuzuye
