Ni ishusho y’uko ubumwe bw’abahanzi bwarema ikintu kidasanzwe – Rumaga ku masomo yasigiwe na Siga Art Festival

Imyidagaduro - 24/03/2026 8:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ishusho y’uko ubumwe bw’abahanzi bwarema ikintu kidasanzwe – Rumaga ku masomo yasigiwe na Siga Art Festival

Umusizi uzwi nka Rumaga yatangaje ko iserukiramuco rya ‘Siga Art Festival’ ryamubereye isomo rikomeye, aho yaboneye ko ubumwe bw’abahanzi bushobora kubyara ibidasanzwe bigira uruhare mu guteza imbere inganda ndangamuco n’iterambere ryabo bwite.

Iri serukiramuco ryabereye mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Huye, kuva tariki ya 19 kugeza ku ya 21 Werurwe 2026. Ryari ribaye ku nshuro ya mbere, rihuza abahanzi b’ingeri zitandukanye, banasura ahantu hanyuranye mu rwego rwo kurushaho gusobanukirwa amateka n’umuco w’u Rwanda.

Mu baryitabiriye harimo amazina azwi mu muziki nyarwanda nka Christopher Muneza, Kevin Kade, Element, Diez Dolla, na Riderman. Hari kandi n’abasizi n’abanyarwenya barimo Niyitegeka Gratien uzwi nka Papa Sava, Dusenge Clenia uzwi nka Madederi, ndetse n’itsinda ry’abasizi rya Ibyanzu n’abandi.

Nyuma yo gusoza iri serukiramuco, Rumaga yabwiye InyaRwanda, ko ryamusigiye amasomo atatu akomeye azamufasha mu gutegura ibikorwa bye by’ahazaza, cyane cyane ibyo ateganya mu 2027.

Yagize ati: “Isomo rya mbere n'uko igitekerezo ari ubukungu bukomeye. Icya Kabiri n'uko ibintu byinshi utekereza birashoboka, icya gatatu tinyuka urashoboye. Mu mitegurire icyo nize n'uko ntawe ujya inama n'igihe cyangwa n'ikirere, utegura ibyawe Imana nayo igategura ibyayo. Wwowe uzategura ibintu udafite impungenge, abantu baza cyangwa ntibaza. Iyo wateguye ibintu neza, navuga ko hari n'izindi mbaraga ziza zigatanga umugisha [...] ibyo byose nabibonye muri iriya minsi."

Rumaga yanagaragaje ko yashimishijwe n’uburyo abahanzi bagenzi be bamushyigikiye muri iri serukiramuco, ibintu avuga ko atari asanzwe abona.

Ati: “Navuga ko ari bwo bwa mbere bibayeho, ntibisanzwe. Ariko n'ishusho cyangwa n'isomo ry'uko ubumwe bw'abahanzi bwarema ikintu kidasanzwe igihe bo ubwabo babihuriraho. Wabonye gushyigikirana kw'abahanzi baje gushyigikira mugenzi wabo, ubwitange baba bafite, kudasigana gukora ibintu, ndabashimira ariko nkanifuza ko ubumwe nka buriya bwaramba, bwaranda, bwagera kure, bukabyara n'ibindi."

Uyu musizi kandi yashimiye ubuyobozi bw’Igihugu bwashyigikiye itegurwa ry’iri serukiramuco, ashimangira ko urubyiruko rufite amahirwe yo gukorera mu gihugu kibaha urubuga.

Yagize ati: “Turi abanyamugisha cyane, by’umwihariko urubyiruko, kuba dufite abayobozi badushyigikira. Kuba inzego z’umutekano zaraduherekeje kuva ku munsi wa mbere kugeza ku wa nyuma ni ikintu gikomeye.”

Yungamo ati: “Ariko igishimishije kurushaho ni uko twabonye ko ubukungu buri mu buhanzi bwacu, kandi Abanyarwanda barabukunda. Ni umuco dusangiye, kandi twifuza ko habaho ibindi bikorwa byinshi nk’ibi.”

Iserukiramuco rya Siga Art Festival ryasize isomo rikomeye ku bitabiriye, rishimangira ko ubufatanye n’ubumwe bw’abahanzi ari inkingi ishobora gutuma uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda rukomeza gutera imbere no kugera ku rwego mpuzamahanga.

Mu gihe ibikorwa ndangamuco bikomeje kwiyongera mu Rwanda no mu bindi bihugu, abahanga mu buhanzi n’ubukungu bagaragaza ko amaserukiramuco y’ubuhanzi atari imyidagaduro gusa, ahubwo ari igikoresho gikomeye cyifashishwa mu guteza imbere igihugu mu ngeri zitandukanye.

Ku ruhande rw’ubukerarugendo, amaserukiramuco afatwa nk’inkingi ya “cultural tourism”. Umuryango UNESCO ugaragaza ko umuco ari kimwe mu bikurura ba mukerarugendo, cyane cyane iyo ibikorwa by’ubuhanzi bifite aho bihurira n’amateka n’imiterere y’igihugu.

Ibi bituma abitabiriye amaserukiramuco basura ahantu hatandukanye, bityo igihugu kikarushaho kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga. Si ubukungu n’ubukerarugendo gusa bigerwaho n’ibi bikorwa, kuko no mu mibereho y’abaturage bigira uruhare rukomeye.

Abashakashatsi mu mibereho ya muntu bagaragaza ko imyidagaduro ihuriweho ituma abantu bagira ibyishimo, igafasha mu kugabanya ibibazo byo mu mutwe no kongera ubumwe mu muryango mugari. Ibi bituma abaturage barushaho kuryoherwa n’ubuzima no gusabana.

Amaserukiramuco kandi afasha mu guteza imbere impano no kuzamura inganda ndangamuco. Abahanzi babona urubuga rwo kwerekana ibyo bakora, kumenyekana no kubona abafatanyabikorwa.

Ni muri urwo rwego n’abahanzi batandukanye, barimo Rumaga, bagaragaza ko ubumwe bw’abahanzi bushobora kubyara ibikorwa bifite agaciro kanini ku isoko no ku iterambere ryabo.


Rumaga yanyuze abitabiriye Siga Art Festival mu busizi bwuje amarangamutima, agaragaza ubuhanga bwe mu gutanga ubutumwa bwimbitse ku rubyiniro

Christopher Muneza yasusurukije imbaga yitabiriye Siga Art Festival, aririmba indirimbo ze zakunzwe, ashimangira ubunararibonye bwe mu muziki nyarwanda

Mani Martin yatanze igitaramo kirimo umwimerere n’ubutumwa bwubaka, ashimisha abitabiriye iri serukiramuco ryahuje abahanzi batandukanye

Bwiza yigaruriye imitima ya benshi mu ndirimbo ze zigezweho, agaragaza imbaraga n’icyizere nk’umuhanzi uri kuzamuka neza

Riderman yagaragaje ubuhanga bwe ku rubyiniro, azamura ibyishimo by’abakunzi b’injyana ya Hip Hop mu gitaramo cya Siga Art Festival

Juno Kizigenza yasize abitabiriye banyuzwe n’imiririmbire ye n’uburyo yifatanya n’abafana, mu gitaramo cyaranzwe n’amarangamutima

Diez Dolla yazamuye umurindi w’ibirori, yigaragaza nk’umwe mu bahanzi bafite ingufu ku rubyiniro, anyuze abakunzi be mu njyana ya Hip Hop



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...