Ni ishusho y’uburyo Album yakiriwe - Victor Rukotana arakataje mu bitaramo bya gakondo

Imyidagaduro - 23/10/2025 9:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ishusho y’uburyo Album yakiriwe - Victor Rukotana arakataje mu bitaramo bya gakondo

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana gakondo, Victor Rukotana, yatangaje ko agiye kongera gukora igitaramo cye cya kabiri mu ruhererekane rw’ibitaramo bye byitwa ‘Gakondo Roomz Live’.

Ibi bitaramo by’umwihariko bigamije guha abanyarwanda n’abakunzi b’umuziki gakondo umwanya wo gusabana, kuririmba, no kwishimira indirimbo zifite umuco nyarwanda.

Victor Rukotana asobanura impamvu yahisemo gukomeza ibi bitaramo bya gakondo, byashingiye cyane mu kuba yarabonye ko hari indirimbo zakunzwe kuri Album ye, kandi kenshi iyo aziririmbye abona uburyo bazishimiye.

Yabwiye InyaRwanda ati “Nakomeje kubona abantu benshi bashimishwa n’ibi bitaramo kandi bafite inyota yo gutarama gakondo. Ibi byampaye imbaraga zo kudacika intege, no gukomeza kugeza umuziki gakondo ku bakunzi bacu. Ndifuza ko buri wese uza muri iki gitaramo abyumva mu mutima we, akabasha kwisanzura no gusabana n’abandi mu buryo budasanzwe.”

‘Gakondo Roomz Live’ si igitaramo gisanzwe. Ni igikorwa cyemerera abitabiriye kwishimira umuziki gakondo w’umwimerere, basabana, baririmba, kandi bakishimira indirimbo zashingiwe ku muco nyarwanda.

Akomeza agira ati “Kuva nashyira hanze Album ‘Imararungu’ nabonye ko hariho indirimbo zakunzwe, ibi rero nanabibonye mu gitaramo cyanjye nakoze ntangiza ibi bitaramo, ibi rero biri mu byampaye imbaraga zo kumva nashishikarira kubikora.”

Iki gitaramo kizabera kuri uyu wa Gatanu guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza saa kumi n’ebyiri z’ijoro mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali.

Rukotana yibutsa abakunzi be ko ibi bitaramo atari ibyo kureba gusa, ahubwo ari uburyo bwo gusigasira umuco wacu, gushimangira indirimbo gakondo zifite ubutumwa bwiza kandi buganisha ku kwiyubaka kw’abanyarwanda.

Rukotana avuga ko Album ye idasanzwe mu rugendo rwe, kuko igiye hanze nyuma y’imyaka itanu ishize ari mu muziki.

Mu ndirimbo yise ‘Inyambo’ humvikanamo amazina y’abantu barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, Mugisha Benjamin [The Ben], Sadate Munyakazi, Alex Muyoboke, Nemeyimana Fiacre washinze 'Fiacre Tent Maker', Sharangabo wo muri BK Arena, Ishimwe Jean Aime ‘No Brainer’ n’abandi.

Yavuze ko umuhanzi Ras Kayaga yanditse 70% bya buri ndirimbo iri kuri Album. Ati “Ni umugabo mwiza, ufite inyota yo kubona umuziki gakondo hari ahantu wageze. Tuwukora mu buryo bwiza, tukawukura mu gatebo abantu bagenda bawuterekamo."


Rukotana yavuze ko yiyemeje gukora ibi bitaramo mu rwego rwo kumenyekanisha Album ye ‘Imararungu’

 

Rukotana avuga ko azajya ataramana na bamwe mu buhanzi muri ibi bitaramo bye


Rukotana yihaye gahunda yo kujya akora ibi bitaramo kabiri mu kwezi 

KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM ‘IMARARUNGU’ YA RUKOTANA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...