Ni ishema ku baraperi - Bull Dogg na Logan Joe ku bwiyongere bw'ibitaramo bya Hip Hop

Imyidagaduro - 04/02/2026 8:32 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ishema ku baraperi - Bull Dogg na Logan Joe ku bwiyongere bw'ibitaramo bya Hip Hop

Mu gihe injyana ya Hip Hop ikomeje gufata indi ntera ku rwego mpuzamahanga, no mu Rwanda ikaba igenda yigarurira imitima ya benshi, abaraperi Bull Dogg na Logan Joe bavuga ko ubwiyongere bw’ibitaramo byubakiye kuri iyi njyana ari ikimenyetso cy’iterambere n’ishema rikomeye ku baraperi n’abakunzi bayo.

Ibi babitangaje mu bihe Hip Hop iri mu bihe byiza ku Isi, by’umwihariko nyuma y’uko umuraperi Kendrick Lamar wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje kwandika amateka, aho ari we uyoboye abandi mu mubare w’ibihembo bya Grammy Awards 2026 ndetse akaba ari nawe muraperi umaze guhabwa ibi bikombe byinshi ku Isi, agahigo kari gafitwe na Jay-Z.

No mu Rwanda, mu myaka itatu ishize, Hip Hop yatangiye kongera kuvugwa cyane binyuze mu bitaramo bigenda byiyongera, birimo n’igitaramo ngarukamwaka cya ‘Icyumba cya Rap’, cyabaye umwanya wo guhuriza hamwe abaraperi n’abakunzi b’iyi njyana.

Uyu murongo wo kuzamura Hip Hop ni na wo ugaragarira mu gitaramo ‘Mic Tribe’, giteganyijwe kubera muri Mundi Center ku wa Gatandatu tariki ya 7 Gashyantare 2026, aho hategerejwe abaraperi barimo Bull Dogg, Logan Joe, Fifi Raya, B-Threy, Pro Zed, ndetse na Yosh-B Bahati wo mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Iki gitaramo cyatewe inkunga n’uruganda rwa Skol binyuze mu kinyobwa cya Skol Malt, kigaragaza uruhare rw’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’iyi njyana.

Bull Dogg avuga ko kuba Hip Hop igeze aho igira ibitaramo bihoraho bidasanzwe, ari intambwe ikomeye igomba gushimirwa cyane abafatanyabikorwa bagaragaje icyizere n’icyerekezo.

Ati: “Icya mbere ni ugushimira abafatanyabikorwa badufasha, kuko biragoye cyane ko twebwe abaraperi twonyine twashyira hamwe ubushobozi bukenewe ngo dukore ibitaramo binini. Hip Hop ni injyana ikiri mu rugendo rwo kwiyubaka mu gihugu cyacu, ni yo mpamvu abafatanyabikorwa bayishyigikiye bakwiye gushimirwa cyane.”

Arongera akavuga ko n’ubwo inkunga ari ingenzi, ishimwe rikwiye mbere na mbere abaraperi ubwabo.

Ati: “Ishimwe rya mbere rigomba kujya ku baraperi bashyiramo imbaraga, bagaharanira ko injyana igera aho igomba kugera. Ahandi henshi ku Isi, Hip Hop ni imwe mu njyana ziyoboye, ariko hano twagize igihe abantu batarayumva neza. Ibyo byaturukaga ahanini ku myumvire itari yo yagiye iyiherekeza mu bihe byashize.”

Bull Dogg yishimira ko iyo myumvire yagiye ihinduka uko imyaka ishira, Hip Hop igahabwa umurongo nyawo, bigatuma abana n’urubyiruko bayisobanukirwa neza kurushaho, bityo ibitaramo nk’iki cya ‘Mic Tribe’ bikaba ikimenyetso cy’uko injyana iri gutera imbere.

Ku ruhande rwe, Logan Joe avuga ko ubwiyongere bw’ibitaramo bya Hip Hop atari ibyishimo gusa, ahubwo ari n’uburyo bwo gusigasira umuco n’ubutumwa bw’iyi njyana.

Ati: “Kuba ibitaramo bya Hip Hop byiyongera ni ugukomeza kwibutsa abantu umuco wacu wa cyera, no kwigaragaza kugira ngo ubutumwa Hip Hop itanga bukomeze kugera ku bantu.”

Yongeraho ko ibi bitaramo bifasha abaraperi gukomeza kwegera abafana babo no kugendana na bo mu rugendo rwabo rwa muzika. Ati: “Ni byiza cyane, bidufasha kugumana umubano n’abafana bacu. Turashimira Skol Malt n’abandi bose bagize uruhare mu gutegura ‘Mic Tribe’, kuko bizatuma abantu bongera kubona no gusobanukirwa ko Hip Hop ihari kandi ikomeje gutera imbere.”

Mu gihe amaso yose ahanzwe ku gitaramo cya ‘Mic Tribe’, benshi bemeza ko ari indi ntambwe igaragaza ko Hip Hop nyarwanda itakiri injyana yo ku ruhande, ahubwo iri kugenda yishyira mu mwanya ikwiye mu muziki nyarwanda no mu mitima y’abawukurikira.

Bull Dogg avuga ko ubwiyongere bw’ibitaramo bya Hip Hop ari intambwe ikomeye ku njyana n’abaraperi, ashimangira ko ari umusaruro w’imbaraga z’abahanzi n’inkunga y’abafatanyabikorwa bemeye kuyigirira icyizere

Logan Joe yemeza ko kwiyongera kw’ibitaramo bya Hip Hop ari uburyo bwo gusigasira umuco wayo no gukomeza kugeza ubutumwa ku bafana, ashimangira ko Hip Hop ihari kandi ikomeje gutera imbere


Umuraperi B-Threy yatangaje ko yishimiye kuba agiye gutaramira abantu mu gitaramo 'Mic Tribe' kigiye kuba ku nshuro ya Gatatu

Fifi Raya, uri mu baraperi bari kwigaragaza muri iki gihe, avuga ko yanyuzwe no kuba ari umwe mu bazaririmba muri iki gitaramo

Pro Zed, umuraperi wavuyemo Producer agaragaza ko kuri iyi nshuro ya 'Mic Tribe' abantu bakwiye kwitega ibyiza gusa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...