Ni inshuti kuva cyera! Museveni yavuze uko Perezida Kagame yabarokoye urupfu - AMAFOTO

Amakuru ku Rwanda - 25/04/2022 12:39 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni inshuti kuva cyera! Museveni yavuze uko Perezida Kagame yabarokoye urupfu - AMAFOTO

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa yatangaje ko Perezida w'u Rwanda Paul Kagame afatanyije na Murumuna we [Murumuna wa Museveni], General (Rtd) Caleb Akandwaanho [Salim Saleh] bamurokoye urupfu we n’umuryango we. Yavuze ko Perezida Kagame 'ari inshuti kuva cyera' n'umuhungu we Lt Gen Muhoozi.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 48 ya Lt Gen Muhoozi byasojwe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022 mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu cya Uganda, Perezida Museveni, bikaba byiritabiriwe na Perezida Paul Kagame n’abandi bayobozi bo muri Uganda.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida Museveni yanditse kuri konti ye ya Twitter, avuga ko mu ijoro ryakeye yakiriye ku meza Perezida Paul Kagame, abayobozi batandukanye muri Guverinoma ya Uganda, abashyitsi, imiryango, abavandimwe n’abandi mu musangiro w’ibirori by’isabukuru ya Lt Gen. Muhoozi.

Museveni yashimye Perezida Paul Kagame ku bwo kwitabira ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi agasura Uganda akanitabira ibirori by’isabukuru y'umuhungu we. Ati “Turashaka gushimira Nyakubahwa Paul Kagame ku bwo kwitabira ubutumire." Yavuze ko ‘Perezida Paul Kagame na Lt Gen Muhoozi bafitanye amateka maremare. Ati "Ni inshuti kuva cyera."

Museveni yashimye kandi umuhungu we Lt Gen Muhoozi wizihije isabukuru y’amavuko y'imyaka 48. Nk’umubyeyi, yamusabye kujya atega amatwi abakiri bato/urubyiruko, akabagira inama kandi ntabahatirize. Perezida Museveni yavuze ko ibi ari byo ahora atoza abana be.

Yavuze ko n’ubwo umuhungu we yitwa Muhoozi akaba ari na ko abantu bose bamuhamagara, we amwita Muwooji kuko ubwo bari mu buhungiro muri Dar-es-Salaam, hari Gen Tito Okello witabye Imana utarabashaga kuvuga neza iri zina ‘Muhoozi’.

Museveni yavuze ko Gen Tito yajyaga agira ati ‘Mama Muwooji’ ashaka kuvuga 'Mama Muhoozi' ni ukuvuga Janet Museveni. Yavuze ko n’ubwo uyu mugabo atakiriho ariko "nishimiye ko ndi kumwe n’umwana we Okello".

Yavuze ko Okello yari mu myaka y’urubyiruko mu gihe Muhoozi yari akiri umwana, kandi ko babanye nk’abavandimwe

Avuga ko Lt Gen Muhoozi ari impano ‘Imana yaduhaye’. Yavuze ko umuhungu we yabonye izuba ku wa 24 Mata 1974, avukira ahitwa Kurasini i Dar es Salam.

Icyo gihe Janet Museveni yajyanwe kwa muganga n’umukobwa w’Umuholandi. Ku munsi wakurikiyeho, Museveni amenyeshwa inkuru nziza Samora Moisés Machel wabaye Perezida wa mbere wa Zimbabwe, nyuma yo kubona ubwigenge mu 1975.

Museveni yavuze ko umuhungu we Muhoozi yari umurwanyi muto [Kadogo] muri Resistance, yungirije Julius Kateganya wayobotse indi nzira. Yavuze ko ubwo Muhoozi yari afite imyaka 5 bafatiwe ahitwa Kireke n’ingabo za UPC.

UPC [Uganda People's Congress] wari umutwe wa Politiki washinzwe na Militoni Obote wayoboye Uganda. Waje guhirikwa ku butegetsi n'abarwanyi ba NRA (National Resistance Army), wari uyobowe na Museveni.

Museveni yavuze ko icyo gihe iherezo ry’ubuzima ryabo ryari ryegereje, ariko barokorwa n’ingabo zabo na Perezida Paul Kagame na Saleh.

Yavuze ati “Bari bagiye gushyira akadomo ku buzima bwacu. Gusa, ingabo zacu zari kumwe na Kagame na Saleh [Murumuna wa Museveni] baraturokoye."

Museveni yashimye umugore we Janet Museveni ku bwo kwita kuri Muhoozi n’abavandimwe mu bihe bikomeye barimo.

Ati “Sinzi ingaruka ibi byaba byaramugizeho [Muhoozi], kubera ko yari ingwate y’intambara. Ndashaka no gushimira Janet Museveni wamwitayeho n’abavandimwe be muri ibyo bihe byose by’ubuhunzi." 

Perezida Museveni yakiriye ku meza Perezida Paul Kagame n’abandi bayobozi mu kwizihiza isabukuru ya Lt Gen Muhoozi 

Perezida Museveni yashimye Perezida Kagame ku bwo kwitabira ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi     

Perezida Museveni yavuze ko Lt Gen Muhoozi yabaye Kadogo mu rugamba rwo kuyobora Uganda rwatangiye mu 1980 

Museveni yavuze ko Perezida Paul Kagame na Saleh bamutabaye we n'umuryango we ubwo bari batawe muri yombi


Museveni yashimye Perezida Kagame kuba yaremeye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi- Abayobozi bombi baganiriye ku kugarura amahoro mu Karere  

  

Museveni yavuze ko Muhoozi 'yari impano mu buto bwacu bw'ibihe byari bikomeye'    

Museveni yasabye umuhungu we Lt Gen Muhoozi gutega amatwi abakiri bato



Ibi birori byitabiriwe n'abayobozi batandukanye muri Guverinoma ya Uganda n'abandi






Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...