Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Umusizi Murekatete yasobanuye impamvu yahisemo
gukorana na Hatungi.
Igisigo
“Icyanditswe” cyubakiye ku ndangagaciro z’Umuco Nyarwanda, by’umwihariko ku
gaciro ko gukunda umurimo.
Murekatete
asobanura ko iyi ndangagaciro ari inkingi y’ingenzi mu mibereho y’umuntu: Gukora
ibyo ukunda, ukabikora neza kandi ku gihe. Kwigira no guharanira kugera ku
ntego zawe mu buzima. Ndetse, no kumenya ko nta muntu wavukiye ubusa, buri wese
afite impamvu ari ku isi.
Igisigo
kigaragaza ko agaciro ku muntu katava ku rwego rw’umurimo akora gusa, ahubwo
gaturuka ku bwitange n’umusaruro akura mu byo akora.
Icyanditswe
kirashishikariza buri wese: Umuhinzi, umukarani, umwubatsi, umukozi w’urugo
cyangwa umuhanzi wese, kumva ko umurimo wabo ufite agaciro.
Kumenya
ko ibyo ukora bifite uruhare mu kubaka ubuzima bwawe, ubw’abacu ndetse
n’igihugu muri rusange.
Murekatete
avuga ko igisigo cye “Icyanditswe” ari ubutumwa bw’urukundo, icyizere
n’ihumure, bukaba bushishikariza abantu kwikunda no guha agaciro ibyo bakora,
n’iyo baba bakomoka mu buzima bugoye.
Aragira
ati: “Ubutumwa bukubiye mu ‘Icyanditswe’ buradushishikariza gukunda umurimo, no
guha agaciro ibyo dukora. Ndetse n’iyo umuntu yaba akomoka mu buzima bugoye,
bidakuraho ko afite agaciro n’impamvu ari ku isi,”
Iyi
gahunda ya Murekatete igaragaza ko ubusizi atari ubw’umusizi w’umwuga gusa,
ahubwo ko n’abahanzi baturutse mu yindi mirimo bashobora kwinjira mu busizi no
gutanga ubutumwa bwubaka mu muryango nyarwanda n’isi yose.
Gukorana
na ‘Hatungi’ ni intambwe y’ingenzi mu guhuza ubuhanzi butandukanye n’ubusizi,
bigamije gukomeza gushimangira ko ubusizi Nyarwanda bushobora kugera ku bantu
benshi kurushaho.

Murekatete
yakoranye na Hatungi mu gisigo gishya “Icyanditswe”, bashyira imbere ubutumwa
bwo gukunda umurimo n’agaciro k’ibyo dukora, agaragaza ko ubusizi bushobora
gukorerwa n’abahanzi baturutse mu bindi bisata
Igisigo
cya Murekatete kigaragaza ko ntawe ukora ubusa, kandi ko umurimo uwo ari wo
wose ufite uruhare mu kubaka ubuzima bwa buri wese n’igihugu

Umukinnyi
wa filime wamamaye muri “Papa Sava” yifatanyije na Murekatete, agaragaza ko
n’abahanzi baturutse mu bindi bisata bashobora gutanga ubutumwa bwubaka mu
busizi
Murekatete
akangurira abantu bose kwitabira ubusizi no gusangiza abandi ubutumwa bwiza,
ashimangira ko ubuhanzi butandukanye bushobora gufasha mu kwagura ubusizi
Nyarwanda
Murekatete
yaherukaga gusohora ibisigo birimo ‘Arubatse’ yakoranye na Dr Nsabi wamamaye
muri cinema nyarwanda kuva mu myaka itanu ishize
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’IGISIGO ‘ICYANDITSWE’ CYA MUREKATETE NA HATUNGI
