Ni impano idasanzwe ku buzima bwanjye- Céline Dion yateguje abafana kugaruka ku rubyiniro

Imyidagaduro - 31/03/2026 6:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni impano idasanzwe ku buzima bwanjye- Céline Dion yateguje abafana kugaruka ku rubyiniro

Nyuma y’imyaka ine y’uburwayi bwakomye mu nkokora urugendo rwe rwa muzika, Céline Dion yamaze guhumuriza abafana be ku isi, atangaza ko yiteguye kugaruka ku rubyiniro.


Uyu muhanzikazi w’icyamamare, wubatse izina rikomeye mu njyana z’amarangamutima, yavuze ko mu mpera z’uyu mwaka azongera guhura n’abakunzi be imbonankubone, abinyujije mu bitaramo bizabera i Paris guhera muri Nzeri 2026.

Yabitangaje ku munsi yizihizagaho isabukuru y’imyaka 58, abinyujije mu kiganiro kuri televiziyo ya France 2, aho yavuze ko kugaruka kwe ari impano ikomeye kurusha izindi mu buzima bwe. Ati: “Uyu mwaka nzakira impano nziza kurusha izindi. Nzagira amahirwe yo kongera kubabona no kubaririmbira.”

Ibi bitaramo bizabera muri Paris La Défense Arena, imwe mu nyubako nini zakira ibitaramo i Burayi, ifite ubushobozi bwo kwakira abarenga ibihumbi 40 ku munsi.

Biteganyijwe ko azahakorera ibitaramo 10 bizakurikirana mu kwezi kwa Nzeri n’Ukwakira 2026. Amatike azatangira kugurishwa ku itariki ya 7 Mata ku bifuza kuyagura mbere (pre-sale), mu gihe rusange azatangira kugurishwa ku wa 10 Mata.

Kwamamaza uku kugaruka kwe kwakozwe mu buryo budasanzwe, aho umunara wa Eiffel Tower wamuritsweho amatara yamamaza ibi bitaramo, ibintu byagaragaje uburyo iki cyemezo gifite uburemere mu muziki mpuzamahanga.

Céline Dion yari amaze igihe adakora ibikorwa bya muzika kuva mu 2022, nyuma yo gutangaza ko arwaye indwara idasanzwe yitwa Stiff Person Syndrome.

Iyi ndwara ifata ubwonko n’imikaya, igatera kugagara kw’imikaya (muscle spasms), byatumye atakaza ubushobozi bwo kuririmba no kugenda neza.

Ibi byatumye asubika ndetse aza no guhagarika burundu ibitaramo bye bya “Courage World Tour”, ibintu byababaje cyane abafana be.

Nubwo yari amaze igihe acecetse, mu 2024 yongeye kugaragara ku rubyiniro mu birori byo gufungura 2024 Summer Olympics opening ceremony, aho yaririmbye indirimbo “Hymne à l’amour” ya Édith Piaf. Icyo gihe benshi batangiye gukeka ko ashobora kuzagaruka burundu, ariko nta cyari cyemejwe ku mugaragaro.

Uyu muhanzikazi kandi azwi cyane ku rwego mpuzamahanga kubera indirimbo zirimo My Heart Will Go On yakoreshejwe muri filime Titanic, kimwe na “Because You Loved Me”, zamugize umwe mu bahanzi bagurishije album nyinshi ku isi ndetse bakinjiza amafaranga menshi mu bitaramo.

Mu butumwa yanyujije kuri shene ye ya Youtube, Céline Dion yashimiye abafana be bamubaye hafi muri ibi bihe bikomeye, avuga ko amasengesho, inkunga n’urukundo bamweretse ari byo byamufashije gukomeza kwihangana.

Ati: “Buri munsi numvaga urukundo rwanyu n’ubugwaneza mwanyeretse. Ndabashimira cyane. Sinjye uzabona nongeye kubabona.”

Nubwo yemeye ko afite ibyishimo byinshi, yanavuze ko afite ubwoba buke, ariko yizeye ko yiteguye kugaruka, ndetse ko akomeje kwita ku buzima bwe.

Kugaruka kwa Céline Dion ni inkuru ikomeye ku muziki w’isi, cyane cyane ku bakunzi b’ijwi rye rimaze imyaka myinshi ribanyura, benshi bakaba bategerezanyije amatsiko kureba uko azitwara ku rubyiniro nyuma y’igihe kinini atagaragara.


Ibyishimo ni byose ku bakunzi ba Céline Dion nyuma yo gutangaza ko azongera gutaramira i Paris muri uyu mwaka

KANDA HANO UREBE CELINE DION ATANGAZAKO AGIYE KUGARUKA KU RUBYINIRO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...