Umubyeyi
wa Massamba Intore azashyingurwa kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025. Mu
minsi ishize, ubwo Josh Ishimwe yifatanyaga n’abandi mu kwizihiza ubuzima bw’uyu
mubyeyi, Massamba Intore yafashe ijambo maze avuga ko amugabiye inka, kandi
amwisegura kuba atarabashije kwitabira ubukwe bwe.
Uyu
munyabigwi mu muziki, yavuze ko yari kwitabira ubukwe bwa Josh Ishimwe, ariko
yagize izindi gahunda z’akazi zatumye atabasha kuboneka. Avuga ati “Ndagirango
mushimire cyane, kandi nze ngusaba y’uko ahabwa amashyi n’impundu kubera ko ejo
bundi yavuye mu buseribateri aba umugabo ararushinga.”
Akomeza
ati “Ni umuhungu wanjye rero, ni inshuti yanjye cyane, nagombaga no gutaha
ubukwe bwe ariko kubera akazi birananira, ndagirango kuri uyu munota ibyo nari
kuvuga uriya munsi urabizi, nkugabiye inka kubera ko wabaye umugabo. Mukomeze mugire
urugo ruhire, mukomere cyane.”
Ibi
byakoze ku mutima Josh Ishimwe, aho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda yavuze
ko ari impano idasanzwe azahora yibuka.
Ati
“Yego! Nakiriye neza impano idasanzwe nahawe n’umubyeyi Intore Massamba, ayimpa
mu minsi arimo itamworoheye yo kubura umubyeyi we (Nyina) w’intore, ariko akitanga
impano idasanzwe nk’iyi.”
Akomeza
ati “Nabyakiriye neza cyane! Nyagasani abishimirwe kandi amukomeze muri ibi
bihe bitoroshye arimo.”
Impano
y’inka, nk’uko bisanzwe mu muco nyarwanda, ni ikimenyetso cy’urukundo, ubushuti
ndetse n’icyubahiro gikomeye. Ni ikimenyetso cyerekanye ubushuti n’urukundo
rwihariye ruri hagati ya Massamba Intore na Josh Ishimwe.
Josh
Ishimwe avuga ko mu mwaka wa 2000 ari bwo yatangiye urugendo rwo gukorera Imana
binyuze mu kuririmba muri korali y’abana mu rusengero. Ariko icyo gihe ntiyari
aziko ari umwuga ushobora kuzamubeshaho mu buzima bwe bwose.
Uyu
mugabo w’imyaka 25 y’amavuko yanyuze mu matsinda atandukanye y’abaramyi ari
nako akuza impano ye yatangiye kugaragaza kuva mu myaka ibiri ishize.
Yanyuze
mu itsinda Urugero Music, kandi yakoranye bya hafi n’abaramyi barimo Yvan
Ngenzi na René Patrick bamufashije kwisanga mu muziki.
Josh
Ishimwe muri 2021 yabwiye TNT ko yabashije guhuza indirimbo zihimbaza Imana na
gakondo ‘mbifashijwemo n’abahanzi nka Yvan Ngenzi’.
Yavuze
ariko ko byanaturutse ku kuba akunda indirimbo za gakondo. Josh uzwi mu
ndirimbo nka ‘Amasezerano’, avuga ko yibazaga ibijyanye n’aho azakura
amafaranga yo kwishyura indirimbo ya mbere kugeza ubwo yabonye abamufasha
atangira gukora umuziki.
Josh
Ishimwe yatangaje ko yakozwe ku mutima n’impano idasanzwe yahawe na Massamba
Intore