Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda
ari ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali kiri i Kanombe mbere yo
gusubira iwabo muri Senegal mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere.
Uyu myugariro agaruka kuko shampiyona yabagendekeye
yavuze ko nubwo yatangiye igoye, we na bagenzi be babashije kwihangana
bakarwana kugeza ku munsi wa nyuma w'irushanwa.
Yagize ati: "Mu ntangiriro byari bigoye gato,
ariko twanyuze mu bihe bikomeye turabitsinda. Twakomeje gukina kugeza ku musozo
kandi tugera ku ntego twari dufite, icyo ni cyo cy'ingenzi."
Agaruka ku mpinduka zagiye ziba mu makipe zirimo no
guhindura abatoza, Diagne yavuze ko ari ibintu bisanzwe mu mupira w'amaguru
kandi bibaho no mu makipe akomeye.
Ati: "No mu makipe akomeye bahindura abatoza.
Iyo ibintu bigenda neza bavuga ko ari umutoza, bitagenda neza bakamushinja.
Guhindura abatoza ni ibintu bisanzwe mu mupira."
Ku bijyanye n'ahazaza he nyuma yo kurangiza
amasezerano muri Rayon Sports, Diagne yavuze ko nta mwanzuro arafata, ahubwo ko
agiye kubanza kuruhuka bityo ko niba azongera gukinira Murera bizagenwa n’Imana.
Ati: ”Kuri ubu ngiye kuruhuka. Ibizakurikiraho ni
Imana ibizi. Niba nzagaruka cyangwa niba ntazagaruka, ni Imana izabigena. Ubu
icy'ingenzi kuri njye ni ukuruhuka nyuma ya shampiyona."
Yanasabye abafana ba Rayon Sportsgukomeza gushyigikira ikipe nk'uko babigenje
mu mwaka ushize, abashimira urukundo bamugaragarije kuva yagera muri Rayon
Sports.
Ati: "Ndashimira abafana bose. Batugaragarije urukundo rukomeye kandi bakoze uruhare rwabo neza. Nabasaba gukomeza kuba inyuma y'ikipe kuko Rayon Sports irabakeneye."
Youssou Diagne yari yarageze muri Rayon Sports muri 2024 none amasezerano ye ararangiye. Amakuru avuga ko atazakomezanya n'iyi kipe nyuma y’uko ubuyobozi bw’ikipe budafite ubushobozi bwo kumugumana.
