Ni ikipe ikize ntabwo ari nkuru! Umutoza wa Etincelles kuri APR FC nyuma yo kuyitsinda

Imikino - 19/04/2026 8:56 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ikipe ikize ntabwo ari nkuru! Umutoza wa Etincelles kuri APR FC nyuma yo kuyitsinda

Umutoza w’ikipe ya Etincelles FC, Bizimana Abdu yavuze ko APR FC ari ikipe ikize atari ikipe nkuru nyuma yo kuyitsinda muri shampiyona.

Ku wa Gatandatu tariki ya 19 Mata 2026, ikipe ya Etincelles FC yatsinze APR FC ibitego 2-1 mu mukino wo ku munsi wa 27 wa shampiyona. Nyuma y’uyu mukino, umutoza w’iyi kipe yo mu karere ka Rubavu, Bizimana Abdu yavuze ko ikipe y’Ingabo z’igihugu yaje izi ko iri bubatsinde nk’ibisanzwe ariko we akaba yari yishyizemo ko batari bubatsinde. 

Ati: ”Mwebwe muri kureba ko twakinnye nyine, tekenike ni iyo ngiyo yadufashije gutsinda ibitego 2-0 tukabimarana hafi iminota 85. Iyo niyo tekenike. Ubundi baje bazi ko bari butsinde biboroheye nk'uko bisanzwe. Ngo ubundi mu mateka ntabwo Etincelles FC yatsindaga APR FC, ariko ejo nari nabyakiriye ndavuga ngo ntabwo ari ihame ryo kudatsinda, gutsinda cyangwa gutsindwa twebwe tugomba gutsinda.”

Yakomeje agira ati: ”Dutsinda rero kubera iki? Abana urabigisha ibyo ushoboye kubigisha bakabyumva neza kuko baracyari abana. Ikindi cya kabiri ubuyobozi bukora uko bushoboye kose kugira ngo butwegere ariko ntabwo byari byaba byiza nk'uko njyewe mbishaka. Nibishoboka bikaba byiza twagera kure”.

Umutoza wa Etincelles FC yavuze ko APR FC ari ikipe ikize ariko atari ikipe nkuru. Ati: ”Ejo nagiye impaka n'abantu bavuga ngo APR FC ni nkuru ndababwira ngo irakize ariko ntabwo ari inkuru. APR ifite ubushobozi ariko ntabwo ari nkuru ku buryo abantu bavuga ngo iratsinda.”

Bizimana Abdu yavuze ko nubwo APR FC ifite abakinnyi benshi kubarusha ariko ko ku mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro bafitanye ku wa Kabiri, ubuyobozi nibubitaho bukabategura nawo bazawutsinda. 

Ati: ”APR FC ifite abakinnyi benshi kuturusha twebwe, niba dufite benshi muri Etincelles FC dushobora kuba dufite abakinnyi 20. Gutsinda birashoboka, baramutse baduteguye neza tuzakina twizeye gutsinda ariko bisaba kuba abantu bo mu bijyanye n’amafaranga bahagaze neza.”


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...