Ni ikimenyetso cyo gushyigikira ubuhanzi n’urubyiruko –Minisitiri Sandrine ku birori ‘The Silver Gala’

Imyidagaduro - 02/11/2025 11:47 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ikimenyetso cyo gushyigikira ubuhanzi n’urubyiruko –Minisitiri Sandrine ku birori ‘The Silver Gala’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Sandrine Umutoni, yagaragaje ko ubuhanzi ari urufunguzo mu iterambere ry’urubyiruko n’igihugu muri rusange.

Yavuze ibi atangiza ibirori byahurije hamwe impano nyarwanda n’iza Afurika yose mu birori bya ‘The Silver Gala’ byateguwe na Sherrie Silver, byabereye muri BK Arena i Kigali, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025.

Mu ijambo rye, Minisitiri Umutoni yashimiye Sherrie Silver ku ruhare rwe mu guteza imbere impano z’urubyiruko, avuga ko ibikorwa bye atari ibyo kwishimira ubuhanzi, ahubwo ari uburyo bwo gufungura amarembo no kugeza ubuhanzi bw’Afurika ku rwego mpuzamahanga.

Yavuze ati "[…] “Ndashaka gushimira Sherrie Silver ku buryo akoresha impano ye mu gufasha abandi, gufungura amahirwe, no gutuma ubuhanzi bw’Afurika bugera ahantu hatandukanye. Iri ijoro ni ikimenyetso cy’ibyo dushobora kugeraho iyo dushyigikira urubyiruko kandi tugashora imbaraga mu buhanzi, atari nk’impano cyangwa inkunga gusa, ahubwo nk’inkingi y’ingenzi mu guhindura no guteza imbere igihugu.”

Umutoni kandi yagarutse ku kamaro ko kwemera impano z’urubyiruko no kubaha umwanya wo guhanga, kwiga no kugerageza. Yibukije abahanzi ko ubuhanzi butari umwuga wo kwidagadura gusa, ahubwo ari uburyo bwo guteza imbere igihugu, guhuza abantu, no kubaka ubukungu bushingiye ku mpano.

Yongeyeho ati "Gushyigikira abahanzi si ukubaha gusa nka ba nyamwigendaho, ahubwo ni ukubafasha kuba abashoramari, abarimu, n’abambasaderi b’umuco n’indangagaciro zacu,"

Minisitiri Umutoni yashimye kandi ibikorwa bya Sherrie Silver Foundation, avuga ko bihuje n’umurongo wa Guverinoma w’iterambere ry’ubuhanzi, aho gushyira imbere amahugurwa, umusaruro, n’ikwirakwizwa ry’ubuhanzi ku rwego rw’igihugu no ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda izirikana ibijyanye n’iyi ngingo ko ari ukuri. Hamwe n’ubuyobozi bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, twiyemeje gushyira inganda ndangamuco ku isonga mu bigira uruhare mu guteza imbere igihugu.”

Yasabye urubyiruko rwari muri ibi birori gukomeza kwizera impano zabo, gukora cyane, gukorana n’abandi no kwiyemeza gutanga umusaruro uhamye, ndetse yibutsa abaterankunga n’inshuti z’ubuhanzi gukomeza gushora imari mu rubyiruko, kuko gushyigikira impano z’urubyiruko ari ugushyigikira iterambere ry’umuco n’ubukungu bw’imiryango n’aho bakomoka.

Ibi birori bya ‘The Silver Gala’ byari urubuga rwo kwerekana ubuhanga mu muziki, imbyino, imyambarire, n’ubuhanzi nyarwanda n’uwa Afurika, bihuza ibitekerezo, impano, n’imigambi yo guteza imbere ubuhanzi n’urubyiruko.

Minisitiri Umutoni yasoje ijambo rye ashimangira ko guhora “twizera urubyiruko, abahanzi n’ubuhanzi ari imwe mu nkingi z’iterambere.” Kandi ko gushyigikira impano ari uburyo bwo kubaka ejo hazaza h’igihugu.

Minisitiri Sandrine Umutoni yashimye Sherrie Silver ku ruhare rwe mu guteza imbere impano z’urubyiruko no kugeza ubuhanzi bwa Afurika ku rwego mpuzamahanga

Gushyigikira urubyiruko no gushora imari mu buhanzi si impano gusa, ahubwo ni inkingi y’iterambere ry’igihugu – Minisitiri Sandrine Umutoni



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...