Ni ikibazo cy'igihe gusa! Butera Knowless yiteguye gushimisha ab’i Muhanga muri MTN Iwacu Muzika Festival

Imyidagaduro - 01/07/2026 8:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Ni ikibazo cy'igihe gusa! Butera Knowless yiteguye gushimisha ab’i Muhanga muri MTN Iwacu Muzika Festival

Nyuma y'iminsi abakunzi b'umuziki bategereje ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, umuhanzikazi Butera Jeanne d'Arc uzwi nka Butera Knowless yavuze ko ibisigaye ari ukubara amasaha gusa mbere y'uko ahura n'abafana be i Muhanga.

Uyu muhanzikazi uri mu bafite ibigwi bikomeye mu muziki nyarwanda, azataramira mu gitaramo kizabera i Muhanga ku wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026, ari umwe mu bahanzi bazasusurutsa ibihumbi by'abakunzi b'umuziki bazitabira iri serukiramuco rimaze kuba ubukombe.

Knowless agarutse muri ibi bitaramo afite amateka yihariye, kuko ari we mugore rukumbi wegukanye irushanwa rya Primus Guma Guma Super Stars, irushanwa ryabaye inkingi ikomeye mu guteza imbere umuziki nyarwanda no kwegereza abahanzi abafana babo.

Tariki 15 Kanama 2015, ubwo iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya gatanu, Knowless yegukanye igikombe ndetse anahabwa miliyoni 24 Frw.

Icyo gihe Bruce Melodie yabaye uwa kabiri, Dream Boys iba iya gatatu, Bull Dogg aba uwa kane, Active iba iya gatanu, Jules Sentore aba uwa gatandatu, Senderi Hit aba uwa karindwi, Paccy aba uwa munani, Rafiki aba uwa cyenda, naho TNP iba iya cumi.

Kuva icyo gihe kugeza ubu, nta wundi muhanzikazi urongera kwegukana iri rushanwa ariko ryarasojwe, ibintu bituma izina rya Knowless rikomeza kugira umwihariko mu mateka yaryo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Knowless yavuze ko imyiteguro yose yamaze gukorwa, ashimangira ko nta kindi gisigaye uretse guhura n'abafana. Ati: "Imyiteguro yarakozwe, nanjye nditeguye, nta kibazo rwose. Nk'uko ubivuga, ni ikibazo cy'igihe gusa."

Ni amagambo agaragaza icyizere uyu muhanzikazi afite mbere yo kurira ku rubyiniro rw'i Muhanga, aho benshi bategereje kongera kumubona aririmba zimwe mu ndirimbo zakunzwe mu rugendo rwe rumaze imyaka myinshi.

Knowless kandi yagarutse ku ruhare Primus Guma Guma Super Stars yagize mu muziki nyarwanda, avuga ko kimwe mu byaranze iri rushanwa ari uko ryafashije abahanzi kwegerana n'abakunzi babo. Ati: "Ibihe byiza twagiriye muri Primus Guma Guma Super Stars harimo kwegerana n'abakunzi. Byari ibihe byiza."

Aya magambo agaragaza uburyo iryo rushanwa ritahaye abahanzi amahirwe yo guhatana gusa, ahubwo ryabaye n'urubuga rwo kubaka umubano ukomeye hagati yabo n'abakunzi b'umuziki hirya no hino mu gihugu.

Mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera i Muhanga, Butera Knowless azahurira ku rubyiniro n'abandi bahanzi barimo Amalon, Marina, Chriss Eazy, Davis D, Kenny Sol, Bushali, Ross Kana na Kivumbi King.

Ku bakunzi b'umuziki, ni amahirwe yo kongera kwihera ijisho umwe mu bahanzikazi bafite ibigwi byinshi mu Rwanda, mu gitaramo gitegerejwe n'abatari bake. Ku ruhande rwa Knowless na we, ibisigaye ni kimwe gusa nk'uko abyivugira: "Ni ikibazo cy'igihe gusa."


Butera Knowless yatangaje ko yiteguye gususurutsa ab’i Muhanga mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival


Knowless yavuze ko ibitaramo bya Primus Guma Guma Super Stars byafashije abahanzi kwegerana n’abakunzi babo


Ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bizabera i Muhanga, ku wa 4 Nyakanga 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...