Ni iki u Rwanda ruzungukira ku masezerano ruherutse gusinya yo kubaka ikigo cya AI ?

Ikoranabuhanga - 29/05/2026 1:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Ni iki u Rwanda ruzungukira ku masezerano ruherutse gusinya yo kubaka ikigo cya AI ?

Ikigo cy’ikoranabuhanga mu Rwanda, Broadband Systems Corporation (BSC), giherutse gusinya amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’inzobere mu gucunga ibigo by’amakuru cyo muri Oman cyitwa Oman Data Park. Aya masezerano agamije gushora imari mu kubaka mu Rwanda ikigo cy’amakuru kigezweho cyane cyitwa "AI-ready Tier III Data Centre".

Iri shoramari rishimangira intego z'u Rwanda zo kuba icyanzu cy'ikoranabuhanga (ICT Hub) muri Afurika, rikaba ryafasha mu kongera ubusugire bw'amakuru y'igihugu (data sovereignty) no gutanga serivisi z'ububiko bwo mu gicu (cloud hosting) zihambaye mu karere.

Nk'uko bitangazwa na Tech Review Africa, iki kigo gishya kizubakwa ku rwego rwa Tier III, bivuze ko kizaba gifite umutekano n'icyizere cyo gukora kidasenyuka cyangwa ngo gihagarike serivisi, bitewe n'uko kizaba gifite amashanyarazi n'imiyoboro bikora mu buryo burondereza (redundancy).

Inzira y’iri shoramari izaba teguwe neza ngo ishyigikire ikoranabuhanga rishingiye ku Bwenge Bukorano (Artificial Intelligence) n'izindi porogaramu zitunganya amakuru menshi cyane (data-intensive applications). Ibi bizafasha cyane mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Igihugu y’u Rwanda ku Bwenge Bukorano (National AI Policy).

Umuhango wo gushyira umukono kuri aya masezerano wabaye mu cyumweru gishize ku wa Gatanu tariki ya 22 Gicurasi 2026, ukaba waritabiriwe n’abayobozi bakuru ba Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT) n’izindi nzego.

Muri bo harimo Minisitiri Paula Ingabire; Umunyamanga wa Leta Yves Iradukunda, ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ikoranabuhanga mu Rwanda (RISA) Antoine Sebera. Aya masezerano arakomeza kwerekana intambwe ifatika u Rwanda ruteye mu gukurura ishoramari rishingiye ku ikoranabuhanga ry'ejo hazaza.

Aya masezerano u Rwanda rwashyizeho umukono agamije gushora imari mu kubaka mu Rwanda ikigo cy’amakuru kigezweho cyane cyitwa "AI-ready Tier III Data Centre"


Umwanditsi: Jean De Dieu Hasingizweyezu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...