Yabitangaje
mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda nyuma yo gutaramira mu Karere ka Huye, mu
gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena
2026, aho yasangiye urubyiniro n’abahanzi batandukanye bamaze igihe kinini
bakunzwe mu muziki nyarwanda.
Ross
Kana wari umwe mu bahanzi bashya bitabiriye uru rugendo rw’ibitaramo, yavuze ko
kuri we kuririmba muri MTN Iwacu Muzika Festival atari amahirwe asanzwe, ahubwo
ari ikimenyetso cy’uko umuziki we uri kugenda utera imbere ndetse ukagera ku
rwego rwo guhuza abantu benshi bo mu bice bitandukanye by’igihugu.
Yasobanuye
ko amaze igihe akora umuziki ariko atarabona uburyo buhagije bwo guhura
n’abafana benshi imbonankubone, ibintu avuga ko byamushimishije cyane muri iki
gitaramo.
Ati:
"Ni ugukura. Ni ukumpuza n’abaturage cyangwa se Abaturarwanda bose muri
rusange, kuko maze igihe nkora umuziki ariko ntarahura na bo ngo tugirane ibihe
byiza. Rero navuga ko East African Promoters (EAP) yampaye amahirwe yo gukura
hamwe na bo. Kandi mwabonye ko nishimye cyane uburyo ab’i Huye
banyakiriye."
Uyu
muhanzi yavuze ko uburyo yakiriwe n’abatuye Huye ndetse n’uburyo bamuririmbiye
indirimbo ze byamweretse ko umuziki we uri kugera kure kurusha uko
yabitekerezaga, nubwo amaze igihe gito awukora ku rwego rw’umwuga.
Ross
Kana kandi yagarutse ku buryo atagowe no gutegura urutonde rw’indirimbo
yaririmbye, cyane cyane ko kugeza ubu ataragira umubare munini w’indirimbo
nk’abandi bahanzi basanzwe bazwi.
Yavuze
ko afite indirimbo enye gusa, ariko ko izo zose ari zo yifashisha igihe ari ku
rubyiniro kuko ari zo abakunzi be bazi kandi bakunda.
Ati:
"Buriya njyewe mfite indirimbo enye gusa. Ntabwo mpitamo, ahubwo
nziririmba zose kandi bikagenda neza. Abafana banjye cyangwa abakunzi banjye
bari hano ndabashimira cyane ko baje."
Nubwo
afite indirimbo nke ugereranyije n’abahanzi bamaze igihe kinini mu muziki, Ross
Kana yagaragaje ko yishimiye uburyo izo ndirimbo zakiriwe n’abakunzi b’umuziki,
ibintu avuga ko bimwongerera icyizere cyo gukomeza gukora cyane no gushyira hanze
indi mishinga mishya.
Ross
Kana kandi yongeye kuvuga ku buzima bwe bw’umuziki nyuma yo gutandukana na
sosiyete ya 1:55 AM yari amazemo igihe ikurikirana ibikorwa bye.
Uyu
muhanzi yavuze ko kugeza ubu ataratangaza indi sosiyete bazakorana, ariko ko hari
ibiganiro byinshi biri kuba hagati ye n’abifuza gukorana na we.
Yasobanuye
ko hari abantu n’ibigo bitandukanye byamugejejeho ibyifuzo byo gukorana, ariko
ko adashaka kwihutira gufata umwanzuro ahubwo ashaka kubanza gusesengura neza
amahitamo afite kugira ngo azafate icyemezo cyiza kizamufasha mu rugendo rwe
rw’umuziki.
Ati:
"Hari abantu benshi tuvugana ku mikoranire, hari n’ababisaba. Ariko kubera
ibyo hari igihe utuza kugira ngo ubashe guhitamo neza. Rero ngomba guhitamo
neza."
Amagambo
ya Ross Kana agaragaza ko nubwo ari umwe mu bahanzi bakiri kuzamuka, afite
intego yo kubaka umwuga we mu buryo bwitonze kandi butanga icyizere cy’igihe
kirekire.
Kugaragara
muri MTN Iwacu Muzika Festival, kimwe mu bitaramo bikurikirwa cyane mu Rwanda,
ni imwe mu ntambwe zikomeye zimushyira mu cyiciro cy’abahanzi bari kugenda
bagaragaza ko bafite ejo hazaza heza mu muziki nyarwanda.
Ross Kana yashimye East African Promoters (EAP) yamuhaye amahirwe yo kuririmba muri MTN Iwacu Muzika Festival

Ross Kana yavuze ko kuririmba muri ibi bitaramo ari igisobanuro cyo gukura mu rugendo rwe rw’umuziki

Ross Kana yavuze ko yashishimijwe n’uburyo yakiriwe i Huye n’ibihumbi by’abafana

Bamwe
mu bafana ba Ross Kana bari bitwaje ibyapa bigaragaza ko bamukunda
