Ni gute ikipe ikomeye bayiheka - Angel Mutabaruka kuri APR FC

Imikino - 18/03/2026 10:19 AM
Share:
Ni gute ikipe ikomeye bayiheka - Angel Mutabaruka kuri APR FC

Umuvugizi wungirje wa Gasogi United akaba n'Umunyamakuru wa RadioTV1, Angel Mutabaruka yagaragaje ko ikipe ya Gasogi United yasifuriwe nabi mu mukino yatsinzwemo na APR FC ibitego 4-0 mu gikombe cy'Amahoro.

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026, Gasigi United yasezerewe n'ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR FC iyitsinze ibitego 4-0 mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro dore ko ubanza Gasogi yari yatsize igitego 1-0 cya Niyigena Ebenazer.

Umuvugizi wungirije wa Gasogi United, Angel Mutabaruka yagaraje ko abasifuzi Ugirashebuja Ibrahim, Ruhumuriza Justin na Ndayisaba Saidi bo ku mukino bahengamiye kuri APR FC aho bafashe bimwe mu byemezo bidakwiye ndetse biteye agahinda ku mupira w'amaguru mu Rwanda.

Ati: "Ntabwo ndi Umusifuzi, niba abantu baraririye inshuro ebyiri ariko ukabihorera bagatsinda ibitego, n'umufasha we wo ku ruhande nawe ntabibone. Ubwo nyine ntabyo baba babonye."

Angel Mutabaruka yongeyeho ko ikibabaje ni uko n'iyo Gasogi United yarega abasifuzi mu Ishyirahamwe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda ntacyo byabyara kuko batakuraho ibitego by'umukino kabone n'iyo umusifuzi yafatirwa ibihano.

Ati: "N'iyo warega Umusifuzi bakamuhana, ntabwo bakuraho ibitego aba yemeje bitari byo ndetse ntibaguha ibitego yahakanye kandi ari byo. Uko byamera kose Gasogi United yagiye ahubwo ni ugutegura imikino iri imbere."

Bimwe mu bitego Gasogi United ivuga ko yibwe n'abasifuzi, ni igitego cya mbere cya Byiringiro Jean Gilbert yatsinze aho bavuga ko rutahizamu wa APR FC, Djibril Ouattara yari yaraririye ndetse yakoze umupira ari kuva inyuma y'abakinnyi, ndetse no ku gitego cya gatatu William Togui yatsinze naho bemeza ko Ouattara yari yaraririye.

Angel Mutabaraka yatangaje ko amakipe akomeye arimo APR FC bidakwiriye ko ahekwa n'abasifuzi kuko aba afite abakinnyi bakomeye ndetse n'ingengo y'imari nini ituma abakinnyi bafatwa neza ahubwo ko bagakwiye kwitegura neza bakabona intsinzi bakoreye.

Ati: "Amakipe akomeye arimo APR FC ntakwiriye guhekwa kuko aba yaraguze abakinnyi bahenze, bahemberwa igihe ndetse n'amafaranga menshi. Bene ayo makipe ntimukayaheke, muyareke yigenze kuko yagakwiriye gutsinda amakipe mato nk'ibitego 5 kandi batahetswe."

Gasogi United izagaruka mu kibuga ku Cyumweru tariki ya 22 Werurwe mu mukino w'umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League aho izakirwa na Rayon Sports saa 15:00 kuri Kigali Pele Stadum.

Angel Mutabaruka yavuze ko Gasogi United yibwe n'abasifuzi mu mukino batsinzwemo na APR FC ibitego 4-0 mu Gikombe cy'Amahoro


REBA IBITEGO BYARANZE UMUKINO GASOGI UNITED YATSINZWEMO NA APR FC IBITEGO 4-0


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...