Gusa
nyuma y’iyo nama, hari ikintu cyahise gihindura imvugo ya Chameleone: yabwiye
abo bahanzi ko nawe atigeze akorana indirimbo na Bebe Cool, undi mu bahanzi
bakomeye muri Uganda bakunze kugira umubano urangwa n’ihangana rikomeye mu
muziki.
Ibi
byagarutsweho na Muyoboke Alex, umwe mu bantu bamaze igihe bakurikiranira hafi
urugendo rw’umuziki nyarwanda n’imikoranire y’abahanzi bakomeye.
Jose
Chameleone ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Uganda no muri Afurika
y’Iburasirazuba. Mu myaka myinshi amaze mu muziki, yagiye agira ihangana
n’abandi bahanzi bakomeye, cyane cyane Bebe Cool, ibintu byatumye aba bombi
batagaragara kenshi mu mishinga y’indirimbo bahuriyemo.
Nubwo
aba bahanzi bombi bafitanye umubano w’inshuti, amateka yabo mu muziki yagiye
arangwa n’ihangana ndetse no guhangana mu buryo bwagiye bukurura abakunzi babo.
Mu
myaka isaga irindwi ishize, abakunzi ba muzika nyarwanda bakunze kwifuza kubona
The Ben na Bruce Melodie bakoranye indirimbo.
Ni
bamwe mu bahanzi b’abanyarwanda bafite amazina akomeye mu muziki w’iki gihe,
ariko kuba bombi bakorana indirimbo imwe byakomeje kuba inzozi z’abakunzi babo.
Ndetse,
mu bihe bitandukanye, aba bahanzi bagerageje gukorana indirimbo zigera kuri
eshatu, ariko nta n’imwe yabashije gusohoka.
Ni
muri urwo rwego ubwo Jose Chameleone yari mu Rwanda, yagarutse kuri iki kibazo.
Mu
kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mu rwego rwo gutegura igitaramo “Summer
Country Tour” cyabereye muri Camp Kigali, Chameleone yabwiye The Ben na Bruce
Melodie ko bakwiye gukorana indirimbo.
Icyo
gihe, ndetse na Coach Gael wari uhari, yashyigikiye icyo gitekerezo.
Byasaga
nk’aho inama ya Chameleone ishobora kuba intangiriro y’ikintu abakunzi
b’umuziki nyarwanda bari bamaze imyaka bategereje.
Ariko
nyuma y’icyo kiganiro, Chameleone yagize ikindi abwira aba bahanzi.
Muyoboke
Alex yabwiye InyaRwanda ko nyuma yo kuva mu kiganiro n’itangazamakuru, Jose
Chameleone yongeye guhura na The Ben na Bruce Melodie, maze ababwira ko nawe
afite ikibazo gisa n’icyabo.
Yabasobanuriye
ko nubwo we na Bebe Cool ari inshuti, ndetse bamaze imyaka myinshi baziranye,
nta ndirimbo barakorana.
Muyoboke
Alex yagize ati: “Buriya umuntu wabyishe ni Jose Chameleone. Chameleone
yarababwiye ngo mukore indirimbo, urabyibuka cya gihe turi mu kiganiro
n’itangazamakuru, hanyuma Coach Gael nawe arabyemeza.
“Bavuye
hariya rero, Jose Chameleone yahise ababwira ati ‘njyewe hari indirimbo muzi
yanjye na Bebe Cool?’ Umwe aravuga ati ‘uziko ari byo, nta ndirimbo
bafitanye.’”
Muyoboke
yakomeje asobanura ko Chameleone na Bebe Cool ari inshuti, ariko ko ihangana
ryabo mu muziki ryatumye mu myaka yose ishize batagira indirimbo bahuriyemo.
Ati:
“Ni inshuti, ariko bahora bahanganye. Chameleone yaravuze ati ‘njyewe njye
gukorana indirimbo na Bebe Cool, bajye kutugereranya,’ abafana bati
‘twabibonye."
Iri
jambo rya Chameleone ryahise rituma ikibazo cya The Ben na Bruce Melodie gifata
indi sura.
Nubwo
inama ya Jose Chameleone yasaga nk’aho igaragaza impamvu The Ben na Bruce
Melodie bari bamaze imyaka batagira indirimbo bahuriyemo, Muyoboke Alex
yahishuye ko hari ikintu gikomeye cyari cyaramaze kuba.
Muyoboke
yavuze ko aba bahanzi bombi bageze muri studio, bakayikorana, bityo ko ikibazo
kitakiri ukumenya niba bazayikorana, ahubwo ari ugutegereza igihe izasohokera.
Ati:
“Indirimbo yarakozwe, bagiye muri studio barayikora. Ibyo byo ndabizi.
Indirimbo ya Bruce Melodie na The Ben irahari, muyitegereze.”
Aya
magambo ashyira iherezo ku myaka myinshi y’ibihuha n’amakuru yavugaga ku
ndirimbo aba bahanzi bombi bashobora gukorana.
Mu
gihe abakunzi babo bari bamaze imyaka isaga irindwi bategereje umushinga
uhuriweho, ubu amakuru ahari ni uko indirimbo yamaze gukorwa kandi ko izasohoka
mu minsi iri imbere.
Kuva
mu myaka irindwi ishize, The Ben na Bruce Melodie bakunze kubazwa ku bijyanye
no gukorana indirimbo.
Ni
ibintu byagiye bigaruka mu biganiro byabo, mu itangazamakuru no mu byifuzo
by’abakunzi babo, ariko igihe cyose umushinga ntiwageraga ku ndunduro.
Bombi
ni abahanzi bafite imirimo ikomeye ku giti cyabo, kandi buri umwe amaze kubaka
izina rikomeye mu muziki nyarwanda ndetse no hanze y’u Rwanda.
The
Ben amaze imyaka myinshi ari umwe mu bahanzi b’abanyarwanda bafite abakunzi
benshi mu Rwanda no mu mahanga, mu gihe Bruce Melodie nawe amaze kwigarurira
umwanya ukomeye mu muziki nyarwanda ndetse akagenda yinjira mu isoko
mpuzamahanga.
Kuba
aba bahanzi bombi bafite izina rikomeye ni kimwe mu byatumye indirimbo yabo
ikomeza gutegerezwa n’abakunzi babo.
Ariko ubu, nyuma y’imyaka irenga irindwi, bisa n’aho icyo cyifuzo kiri hafi kuba impamo.

Jose Chameleone yibukije Bruce Melodie na The Ben, ko n’ubwo abashishikariza gukorana indirimbo nawe nta ndirimbo afitanye na Bebe Cool

Muyoboke
Alex yatangaje ko The Ben na Bruce Melodie bakoranye indirimbo, igisigaye ari
igihe cyo kuyishyira hanze
