Iyi ndirimbo yasohotse ku mugoroba wo ku
wa Kane, tariki 26 Kamena 2025. Ni iy’iminota ine n’amasegonda arindwi (4’07”),
ikaba yarakozwe na Knox Beat mu buryo bw’amajwi, inonosorwa na Bob Pro.
Mu kiganiro na InyaRwanda, Tom Close yavuze
ko yahisemo gukorana n’aba baraperi bombi kuko abona ko ari abanyempano kandi
batarigeze bahurira ku ndirimbo imwe. Yagize ati: “Ni ubwa mbere bombi
dukoranye. Ikindi ni uko ari abaraperi beza b’abahanga, umuhanzi wese akwiriye
gukorana nabo.”
Tom Close kandi yagarutse ku butumwa
bukubiye muri iyi ndirimbo, avuga ko bayanditse bagamije guhindura imyumvire
y’abantu bajya bashima abandi nyuma yo gupfa.
Uyu muhanzi yavuze ko iyi ndirimbo
atayihuje n’ibyavuzwe vuba aha na Ngabo Roben, wavuze ko Tom Close ari umwe mu
bahanzi “bakabirijwe mu mateka y’umuziki nyarwanda.” Tom Close yasubije agira
ati “Iyo saga ntayo nzi. Indirimbo maze igihe nyikoraho, ni umushinga umaze
iminsi utegurwa.”
Hakizimana Murerwa Amani wamamaye nka
P-Fla azwi nk’umwe mu baraperi barambye kandi bubashywe mu Rwanda. Yamenyekanye
cyane mu itsinda Tuff Gang ryagize uruhare mu kongera ubukana bwa Hip Hop
nyarwanda mu myaka ya 2000. Azwiho imivugo irimo uburemere n’ubushishozi, akanarangwa
no kutarya iminwa ku ngingo zireba sosiyete.
Green P, na we waturutse muri Tuff Gang,
azwi nk’umuraperi wihariye mu myandikire no mu buryo atanga ubutumwa. Mu minsi
ya vuba, agaragaza ubukana bushya mu mikorere ye, aho ari gutegura EP nshya ndetse
aherutse no gukorana indirimbo na Jay C Ambassador.
Ubuhanga bw’aba baraperi bombi bwatumye
Tom Close abifashisha muri ‘Cana Itara’ kugira ngo ubutumwa atanga bube bufite
uburemere ndetse bunyure mu ngeri zitandukanye z’abumva umuziki.
Tom Close ni umwe mu bahanzi nyarwanda
bakoze amateka kuva mu myaka ya 2006. Yamenyekanye mu ndirimbo nka ‘Sibeza’, ‘Mbwira
Yego’, ‘Ntibanyurwa’ n’izindi. Afite umwihariko wo guhuzwa n’indirimbo zifite
isomo, ndetse ni umwe mu bahanzi bake bashoboye kubaka umwuga w’ubuganga
n’uw’ubuhanzi icyarimwe.
Yatwaye ibihembo byinshi birimo Salax
Awards, Primus Guma Guma Super Stars, ndetse yanagize uruhare mu kuzamura
urwego rw’umuziki nyarwanda binyuze mu ndirimbo z’urukundo, izigisha ndetse
n’izihumuriza.
Indirimbo Cana Itara iri mu njyana
yoroheje ihuriramo Hip Hop n’ubusanzwe bw’indirimbo za Tom Close. Ubutumwa
buyirimo bwatumye benshi batangira kuyisangiza ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko
ari indirimbo ikwiye guhabwa umwanya mu buzima bwa buri munsi bw’abantu.
Ubwo bahurizaga amagambo n’ubuhanga, Tom
Close, P-Fla na Green P bibukije abantu ko gushima bitagomba gutegereza urupfu.
Ibi bishimangira ko ‘Cana Itara’, ivuga ku kamaro ko guha agaciro umuntu akiri
muzima.

Tom Close yasohoye indirimbo ‘Cana Itara’ ikangurira abantu gushima abandi bakiriho kandi bigishoboka

Muri iyi ndirimbo 'Cana Itara', hari aho
P-Fla aririmba agira ati "Umunsi nakarenze

Green P hari aho ajya kure akaririmba muri
iyi ndirimbo agira ati "Turyarya abazima, turyarya n'abadafite umwuka,
gusaba imbabazi z'umutima nimpaka icyuya
KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRMBO 'CANA
ITARA' YA TOM CLOSE NA GREEN P NA P-FLA
