Ngarukanye imbaraga - Tera wasubukuye umuziki nyuma y’imyaka umunani –VIDEO

Imyidagaduro - 30/05/2026 1:00 PM
Share:

Umwanditsi:

Ngarukanye imbaraga - Tera wasubukuye umuziki nyuma y’imyaka umunani –VIDEO

Umuhanzikazi Iradukunda Ange, uzwi ku izina rya Tera, yatangaje ko yagarutse mu muziki ku mugaragaro nyuma y’imyaka umunani yari amaze adakora ibikorwa bya muzika ku rwego ruhoraho, ahita ashyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Blessings."

Iyi ndirimbo nshya ikubiyemo ubutumwa bwo guhumuriza abantu banyura mu bihe bikomeye, ibabwira kudacika intege no gukomeza kwizera ko ibihe bibi bishira, ubuzima bugakomeza mu nzira nziza.

Amashusho yayo yakozwe na John Elarts, mu gihe amajwi yatunganyijwe na Real Beat muri Country Records, nyuma anononsorwa na Bob Pro.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Tera yavuze ko urugendo rwe rwa muzika rwatangiye mu 2018, ariko icyo gihe ntiyabashije gukomeza kubera imbogamizi zitandukanye zirimo ubushobozi buke bwo gushora imari mu muziki.

Ati: “Ubwa mbere njya muri studio hari muri 2018. Nakoze indirimbo ebyiri, imwe muri zo irasohoka bituma izina Tera ritangira kumenyekana muri bamwe mu nshuti n’abakunzi b’umuziki.”

Yakomeje avuga ko nyuma yaho yahisemo kubanza kwiyubaka mbere yo kongera kwinjira mu muziki awukora nk’umwuga.

Ati: “Nyuma narabivuyemo bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo n’ubushobozi, kuko umuziki usaba amafaranga menshi. Nihaye igihe cyo kubanza kwiyubaka no gutegura ejo hazaza hanjye mbere yo kugaruka mu muziki nkora ibyo nkunda mu buryo bwa kinyamwuga.”

Uyu muhanzikazi yavuze ko ubu yagarukanye intego nshya n’imbaraga nyinshi, ndetse ko afite gahunda yo gukora ibikorwa byinshi bizamufasha kwagura izina rye mu muziki nyarwanda.

Ati: “Ubu ngarukanye imbaraga n’ibikorwa byinshi. ‘Blessings’ ni indirimbo ifunguye amayira y’urugendo rushya rwa muzika yanjye.”

Yavuze kandi ko atazagarukira kuri iyi ndirimbo gusa, kuko yamaze gutegura indi ndirimbo ya kabiri izasohoka mu minsi iri imbere.

Ati: “Kuri ubu ndi kwitegura gushyira hanze indi ndirimbo nshya ya kabiri. Si ibyo gusa kuko mfite na EP ndi gutegura, izasohoka nyuma yayo. Ibikorwa ni byinshi kandi harimo na gahunda yo gukorana n’abahanzi bazwi mu Rwanda.”

Tera yavuze ko akunda umuziki ufite ubutumwa bwubaka abantu kandi ukabafasha gukomeza urugendo rw’ubuzima bafite icyizere. Asobanura ko indirimbo “Blessings” yanditswe mu rwego rwo kwibutsa abantu ko ibihe bikomeye bidahoraho.

Ati: “Iyi ndirimbo iributsa umuntu wese uri kunyura mu bihe bigoye ko bizashira, ubuzima bukongera kuryoha. Hari igihe umuntu acika intege, ariko iyo ukomeje guhangana n’ibigerageza kukugusha, Imana irabibona ikaguhindurira amateka. Ni yo mpamvu no gusenga ari ingenzi kuko bifasha umuntu gukomeza kugira ibyiringiro.”

Tera ni umukobwa ukunda Imana, ndetse avuga ko yifuza gukoresha impano ye mu gutanga ubutumwa bwiza no gushishikariza urubyiruko gukomeza gukora cyane no kwizera ejo hazaza habo.

Nyuma y’imyaka umunani atagaragara cyane mu muziki, uyu muhanzikazi agarukanye icyizere ko ibikorwa ateganya bizamufasha kongera kwiyubakira izina no kugera kure mu ruganda rw’umuziki nyarwanda. 

Tera yatangaje ko yagarutse mu muziki nyuma y’imyaka umunani iherekejwe no kwiyubaka 


Tera yavuze ko muri 2018 yakoze indirimbo ebyiri, imwe niyo yabashije gusohoka 


Tera avuga ko yamenye ko umuziki usaba amafaranga no gushyigikirwa 


Tera avuga ko indirimbo ye ‘Blessings’ yitezeho gufasha benshi banyura mu bihe bikomeye

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘BLESSINGS’ YA TETA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...