Umukino ubanza ikipe ya Brezil yari yabashije gutsinda bigoranye ikipe ya Peru ibitego 2-1. Muri uyu mukino kapiteni wa Brezil Neymar Junior usanzwe ukinira ikipe ya FC Barcelona yo mu gihugu cya Espagne niwe watsinze igitego cya mbere ku munota wa 5, kishyura icyo Peru yari yatsinze ku munota wa gatatu. Uyu mukino wakomereye cyane Brezil kuko yaje kubona itsinzi ku munota wa nyuma ku gitego cyatsinzwe na Douglas Costa ku munota wa 90.
Umukino wa kabiri bakinaga n’ ikipe y’ igihugu ya Colombia nawo ntiwaboroheye na gato ndetse uza kurangira ikipe ya Colombia ibatsinze igitego 1-0 cyatsinzwe na Jeison Murillo ku munota wa 36, Brezil biyinanira kucyishyura, n’ ubwo abakinnyi bayo nka Neymar bagerageje gushaka ibitego ariko bikanga umukino ukarangira gutyo.
Murillo wa Colombia hamwe na bagenzi be bishimira igitego cyabahesheje intsinzi ya mbere nyuma yo gutsindwa umukino ubanza
Neymar yagiye agerageza ngo abonere intsinzi ikipe ya Brezila ayoboye ariko umunyezamu David Ospina ukinira Arsenal na ba myugariro ba Colombia bamubera ibamba
Umunyezamu ati: " Nzi icyo naje gukora muri iri rushanwa." ambwira Neymar wari ubabajwe n' uko ahushije igitego
Wari umukino ukomeye ku mpande zombi zaherukaga guhurira mu mikino ya kimwe cya kane cy’ igikombe cy’ isi, icyo gihe ikipe ya Brezil ikaba yari yatsinze Colombia ibitego 2-1. Kuba uyu mukino wari ukomeye byaje gutuma hatangwamo amakarita 6 yose harimo amakarita 4 y’ umuhondo hamwe n’ amakarita 2 y’ umutuku yahawe Neymar wa Brezil na Carlos Bacca wa Colombia.
Aba bakinnyi bombi ntibazaba bemerewe gukinira amakipe yabo imikino ibiri ikurikira kubera aya makarita y’ umutuku, Neymar ufatwa nk’ umucunguzi wa Brezil anabereye kapiteni ntazakina umukino uzahuza ikipe ya Brezil na Venezula ari nawo usoza amatsinda nyamara Brezil izaba isabwa gutsinda uyu mukino byanze bikunze nabwo igategereza ahandi uko bizaba byarangiye ngo yizere gukomeza.
Ubu bushyamirane bwabaye muri uyu mukino bwatumye Neymar ahabwa ikarita itukura ndetse akaba atazakina umukino wa nyuma wo mu matsinda uzabahesha itike cyangwa bagasezererwa
Carlos Bacca yakubise Neymar mu mugongo
Nyuma y' imirwano Neymar na Carlos Bacca bahawe amakarita y' umutuku
N' ubwo aba bombi bakina mu makipe y' amakeba James Rodriguez ukinira Real Madrid ntibyamubujije kwihanganisha Neymar ukinira FC Barcelona
Kapiteni wa Colombia Radamel Falcao ukomeje kwifuzwa n' ikipe ya Chelsea akomeje kwibazwaho binhsi nyuma yo kutitwara neza muri Manchester United, akaba nta n' umusaruroa ari gutanga mu ikipe y' igihugu ya Colombia ndetse akaba yaje gusimburwa ku munota wa 69
Kugeza ubu muri iri tsinda rya C cyangwa rya gatatu ririmo Brezil, Colombia, Venezula na Peru, ikipe ya Venezuela niyo iyoboye itsinda ikaba ifite amanota 3 n’ igitego izigamye mu mukino umwe yakinnye, ikaba ifite undi mukino wa kabiri igomba gukina na Peru. Colombia na Brezil nizo zikurikiye Venezuela zombi n’ amanota 3 ariko zikaba zimaze gukina imikino 2. Bisobanuye ko Venezuela niramuka itsinze biza guha akazi aya makipe kugirango azabashe kubona itike yo gukomeza.
Reba uko byari byifashe hagati ya Carlos Bacca na Neymar ubwo bahabwaga ikarita itukura
Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:
Brazil: Jefferson, Alves, Silva, Miranda, Filipe Luis, Fernandinho, Elias (Tardelli 76), Willian (Costa 69), Neymar, Fred (Coutinho 46), Firmino.
Colombia: Ospina, Zuniga, Zapata, Murillo, Armero, Sanchez, Valencia (Mejia 80), Cuadrado, James Rodriguez, Teo (Bacca 76), Falcao (Ibarbo 69)
Umuzifuzi: Enrique Osses (Chile)