Neymar akomeje kuba iciro ry’imigani muri Brazil

Imikino - 17/02/2023 12:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Neymar akomeje kuba iciro ry’imigani muri Brazil

Umukinnyi uzwiho kuba umunyabugeni mu mupira w'amaguru, Neymar da Silva Santos Júnior [Neymar] ntabwo ari mu bihe byiza ku giti cye ndetse n'ikipe akinira ya Paris Saint-Germain aribyo biri gutuma abanya-Brazil barakarira uyu mukinnyi cyane.

Hashize igihe kinini Neymar afatwa nk'umuhanuzi muri Brazil. Uyu mukinnyi yatengushye benshi mu mupira w'amaguru ku Isi yose bitewe n'impano idasanzwe afite.

Kuvunika kwa hato na hato nibyo bikunze kuranga uyu mukinnyi. Kuba atari gutanga umusaruro mu ikipe ye ya Paris Saint-Germain ndetse n'ikipe y'igihugu ya Brazil bikomeje kubabaza abaturage bo mu gihugu cye.

Neymar bamwe bavuga ko iyo ageze kuri Tik Tok ari bwo akora neza buri gihe. Ku mukino Paris Saint-Germain iheruka gutsindwamo na Bayern Munich igitego 1-0 mu mikino ya 1/8 muri Champions League, Neymar yari mu kibuga ariko ntacyo yafashije.

Bamwe bashinja uyu mukinnyi kuba adatanga umusaruro ariwe ubishaka bitewe n’uko yitegura kujya gukina igikombe cy'Isi yatsindaga buri munsi ariko kuva yavayo byaranze.

Lionel Messi ashobora kudatanga umusaruro akibasirwa nabo mu Bufaransa ariko abo mu gihugu cye cya Argentine bakamuvugira.

Kuri Neymar ntabwo ariko bimeze kuko hose nta numwe umuvugira ndetse haba n'abaturage baturuka muri Brazil uyu mukinnyi akunda gushinjwa kwikundira ibirori gusa bitewe n'ubuzima abayemo.

Bamwe mu banyamakuru bo muri Brazil bakomeje kuvuga nabi Neymar nyuma y’uko Paris Saint-Germain itsinzwe na Bayern Munich.

Neto ni umunyamakuru uzwi cyane ukora muri gahunda yitwa Os Donos da Bola yagize ati “Neymar n'igisebo. Iminota 5 Kylian Mbappé yagiyemo yakoze ibikomeye kurusha Neymar wakinnye umukino wose. Abakinnyi nkabo ni beza kuri Instagram na Tik Tok gusa."

Eduardo Tironi nawe ni umunyamakuru ukomeye kuri UOL Esporte nawe yakoresheje amagambo akomeye agira ati “Gutsindwa kwa Paris Saint-Germain bifite izina ariryo Neymar."

“Niwe (Neymar) kimenyetso cy'umushinga w'ikipe. Ntakindi kintu Paris Saint-Germain yagerageza, iyo tubonye Neymar tukibuka icyo yamaze kuba cyo biratubabaza."

Akomeza ati “Ni umukinnyi uhembwa amafaranga menshi munini mu itangazamakuru ariko uwo ariwe mu mu mupira w'amaguru ni muto cyane ugereranyije n’uwo yagakwiye kuba ari we."

Walter Casagrande yabaye umukinnyi wabigize umwuga ukomoka muri Brazil, yakunze kumvikana anenga Neymar cyane ndetse na nyuma yo gutsindwa na Bayern Munich yagize icyo avuga kuri uyu mukinnyi.

Yagize ati “Abantu baha agaciro kanini ndetse bakavuga kuri shampiyona y'u Bufaransa bakavuga ngo Neymar arakomeye ariko se muri Champions League yakoze iki, nta kintu aricyo. Nta muvuduko agira yararangiye rwose kumwaka umupira biba byoroshye cyane."


Neymar ishinjwa guhombera umupira w'amaguru


Neymar afite umupira ku mukino batsinzemo na Bayern Munich




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...