Nel Ngabo yagaragaje ababyeyi nk'inkingi ya mbere mu gutuma abana batishobora mu biyobyabwenge -VIDEO

Imyidagaduro - 05/08/2026 7:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Nel Ngabo yagaragaje ababyeyi nk'inkingi ya mbere mu gutuma abana batishobora mu biyobyabwenge -VIDEO

Mu gihe ikibazo cy'ibiyobyabwenge gikomeje guhangayikisha ibihugu byinshi birimo n'u Rwanda, hakomeje gushakwa ibisubizo birambye bitagendera gusa ku gufata abakoresha cyangwa ababicuruza, ahubwo bikibanda no ku kubikumira bitaragera ku rubyiruko.


Ni muri urwo rwego umuhanzi Nel Ngabo yavuze ko igisubizo cya mbere kidakwiye gushakirwa kure y'umuryango, ahubwo gitangirira hagati y'ababyeyi n'abana babo.

Asanga umubyeyi utanga umwanya wo kuganiriza umwana we, akamwumva kandi akamubera inshuti, aba yamaze kumurinda ibyago byinshi birimo no kwisanga mu biyobyabwenge.

Nel Ngabo yabigarutseho ku wa Mbere, tariki ya 4 Kanama 2026, mu kiganiro cyahuje inzego za Leta, abafata ibyemezo n'abakora mu ruganda rw'imyidagaduro, cyibanze ku ngaruka z'ibiyobyabwenge n'uruhare rwa buri wese mu kubikumira.

Ni ibiganiro byitabiriwe n'abahanzi n'abandi bafite ijambo rikomeye mu muryango nyarwanda, barimo Bushali, Coach Gael, DJ Iraa, ndetse biyoborwa n'Umuyobozi w'Ishuri rya Muzika rya Nyundo, Mighty Popo.

Hari kandi abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w'Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo n'abandi.

Mu gutanga ibitekerezo bye, Nel Ngabo yavuze ko hari igihe ababyeyi bibwira ko inshingano zabo zirangirira ku guha abana ibibatunga n'uburezi, nyamara hari ikindi gikomeye kurushaho ari cyo kububakira icyizere no kubaha umwanya wo kuganira.

Yagize ati: "Kuri njyewe numva bigomba guhera mu muryango mbere na mbere. Ababyeyi bagaha umwanya abana babo, bakabaganiriza bakamenya icyo batekereza. Atari ukuvuga ngo umwana wamwishyuriye ishuri, yambaye, yariye, yaryamye, ibindi uramuretse ngo ibyo ni byo gusa."

Uyu muhanzi yavuze ko umubyeyi agomba kuba inshuti y'umwana we ku buryo nta bwoba agira bwo kumuganiriza ikibazo icyo ari cyo cyose, harimo n'igihe yaba ahuye n'ibigeragezo byo gukoresha ibiyobyabwenge cyangwa se afite inshuti zibikoresha.

Yagize ati: "Ugomba kwicarana n'umwana wawe nibura mukaba inshuti, ku buryo yajya akwisanzuraho. Yagera no muri iki kibazo akaza akakubwira ati 'mfite inshuti zikora ibi n'ibi'. Ukamugira inshuti, ariko ukabanza kubaka ubushuti n'umwana wawe."

Nel Ngabo yemeza ko urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge rudakwiye gutegerezwa inzego za Leta cyangwa ibikorwa byo kuburizamo ibyaha gusa, ahubwo ko rugomba kubanza kubakwa mu rugo, aho umwana arererwa.

Yagaragaje ko iyo mu rugo habuze ibiganiro hagati y'ababyeyi n'abana, bishobora gutuma urubyiruko rushakira ibisubizo cyangwa inama ahandi, rimwe na rimwe rukisanga mu matsinda arushora mu biyobyabwenge.

Yasoje ashimangira ko umuryango ari wo shingiro ry'igisubizo kirambye. Ati "Numva ko bigomba guhera ku muryango. Hatariho kuvugana ni iki kibazo, ngaho noneho bishyire ku rwego rw'Igihugu bihita bizamba byose."

Ubutumwa bwa Nel Ngabo bwiyongera ku bwatanzwe n'abandi bahanzi bitabiriye ibi biganiro, bagaragaje ko umuziki n'imyidagaduro bishobora kuba umuyoboro mwiza wo gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge, ariko bakagaragaza ko uruhare rw'umuryango rukomeza kuba inkingi ya mbere mu kubaka ubuzima bwiza bw'abana.

Ni ubutumwa buje mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu bukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge, hibandwa ku bufatanye bw'inzego za Leta, imiryango, amashuri, amadini n'abahanzi kugira ngo urubyiruko rubashe gukurira mu bidukikije birinda ubuzima n'ejo hazaza harwo.


Nel Ngabo yavuze ko mu rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge, umuryango ukwiriye kuba ku mwanya wa mbere mu gufasha abana babo kutabyishoramo

KANDA HANO UBASHE KUREBAIKIGANIRO NEL NGABO YATANZE


VIDEO: Dox Visual /InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...