Nel Ngabo, Khalfan Govinda na Yampano mu bakwinjiza neza muri Weekend - VIDEO

Imyidagaduro - 22/08/2025 7:12 PM
Share:

Umwanditsi:

Nel Ngabo, Khalfan Govinda na Yampano mu bakwinjiza neza muri Weekend - VIDEO

Nk’uko bisanzwe bigenda mu mpera za buri Cyumweru, InyaRwanda ibagezaho urutonde rw’indirimbo nshya z’abahanzi barimo abamaze kugera ku rwego rukomeye n’abakizamuka.

Ikigamijwe ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’umuziki no gufasha abadukurikira kuruhuka no kunogerwa n’impera z’icyumweru. Kuri iyi nshuro abahanzi batandukanye bakoze mu nganzo batanga ibihangano bishya.

Kuri ubu, abahanzi nyarwanda baba abakora umuziki usanzwe ndetse n’abakora uwo kuramya no guhimbaza Imana bose bakoze mu nganzo. Umwe mu bahanzi bakoze mu nganzo muri iki cyumweru, ni Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ukomeje urugendo rwe mu muziki, uherutse gusohora indirimbo nshya yise “Show y’Igikwe” yakoranye na Uncle Austin, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda unazwi mu mwuga w’itangazamakuru.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Yampano yavuze ko Uncle Austin ari umwe mu bantu bamuhaye ishusho nshya y’umuziki nyarwanda kuva kera, dore ko ngo mbere na mbere yamumenye ari umuhanzi, nyuma akaza kumenya ko ari n’umunyamakuru.

Yagize ati: “Uncle Austin muzi kuva kera cyane, nko muri 2012. Icyo gihe namumenye nk’umuhanzi kuko yari afite imiziki yihariye yumvikanaga kuri Radio, ariko sinari nzi ko ari umunyamakuru. Namenye ko ari umunyamakuru nyuma ngeze i Kigali, kuko Radio yakoreragaho ntabwo yageraga mu Karere nabagamo.”

Uyu muhanzi avuga ko kuva icyo gihe yakunze ibihangano bya Uncle Austin, ndetse yagiye agerageza inshuro nyinshi kugira ngo bakorane indirimbo bikanga bitewe n’akazi kenshi Austin yagiranaga.

Ati: “Nagiye ngerageza gukorana nawe indirimbo ariko bikanga. Nyuma nibwo namuhamagaye mubwira ko mfite indirimbo yitwa ‘Show y’Igikwe’ numva twakorana, ndamwifuriza ko yaza. Yaramwemeye vuba ambwira ko azaboneka mu ‘weekend’, twahise tujya gufata amajwi.”

Yampano avuga ko byamushimishije cyane kubona umuhanzi nka Uncle Austin yemera gukorana nawe byoroshye, ndetse akamugaragariza ubunyangamugayo no guca bugufi mu muziki.

Ati: “Niba hari umuntu wanshimishije mu byo twakoze, ni Uncle Austin. Ni umuntu w’umunyempamo cyane, afite ijwi ryihariye kandi afite ubushake bwo kugeza ibintu ku musozo. Mbonereho no kumushimira uburyo yemeye gukorana nanjye iyi ndirimbo.”

Indirimbo “Show y’Igikwe” igaragaramo injyana isanzwe imenyerewe kuri Uncle Austin, ariko kandi ikerekana uburyo Yampano ashaka kwiyubaka mu ruganda rw’imyidagaduro binyuze mu bufatanye n’abahanzi bafite ubunararibonye.

Mu bandi bakoze mu nganzo harimo Gauchi, Khalfan, Igor Mabano, Yago Pon Dat, Mutagoma ukora umuziki wa Gospel washyize hanze indirimbo nshya yise "Iryo Jwi" n’abandi benshi.

Dore urutonde rw’indirimbo 10 InyaRwanda yaguhitiyemo zakwinjiza neza muri weekend:

1.     Show y’Igikwe – Yampano ft Uncle Austin

2.     Hoza – Nel Ngabo ft Platin P

3.     My Way – Igor Mabano ft Steves J.Bryan & DT Keyz

4.     La Fin – Khalfan Govinda

5.     Padiri n’umudari – Yago Pon Dat

6.     Downtown – It’s Major

7.     Byihorere – Yee Fanta

8.     Ubuzima – Gauchi The Priest

9.     My Ex - Kdri

10.Niringiye – Patrick Maz


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...