Neg G The General yasohoye EP yise ‘Hiroshima’ iriho indirimbo yihanangiriza abaraperi bashya bubahuka- VIDEO

Imyidagaduro - 22/02/2022 7:05 PM
Share:

Umwanditsi:

Neg G The General yasohoye EP yise ‘Hiroshima’ iriho indirimbo yihanangiriza abaraperi bashya bubahuka- VIDEO

Umuraperi Neg G The General yashyize hanze Extended Play (EP) yumvikanaho yihanangiriza abaraperi bato baririmba ‘banihira’, kandi mu ndirimbo zabo bakumvikanisha ‘agasuzuguro’ ku bahanzi bakuru babatanze mu kibuga cy’umuziki.

Indirimbo ya mbere kuri iyi EP yayise ‘Intro’. Ngenzi Serge uzwi nka Neg G The General, avugamo ko yabanje gutanga ikibuga ku baraperi bagenzi be kugira ngo bigaragaze ariko bagipfusha ubusa.

Akavuga ko imyaka irindwi yari ishize ameze nk’uwazimiye mu muziki, igihe kinini akaba yarakimaze amazi amuzitiye. Aravuga igihe yamaze abarizwa mu kigo cya Iwawa.

Yemera ko hari igihe cyageze akazimira mu muziki, abafana bakamuvaho bakajya ku bandi. Ariko ngo yagarukanye imbaraga, agiye kwisubiza ibyo yahoranye.

Uyu muraperi avuga ko akiri umwanditsi mwiza, bityo ko umuhanzi utarabyaje umusaruro igihe atari ahari, agiye kubihomberamo.

Indirimbo ya kabiri yayise ‘Magic’. Avuga ku buranga bw’umukobwa udasanzwe, imiterere ye, ukuntu anyurwa n’umuziki n’ibindi bishitura abasore.

Avugamo abakobwa b’ikimero bazwi ku mbuga nkoranyambaga nka Yolo The Queen, Kate Bashabe, Shaddy Boo, Kim Kardashian n’abandi.

Indirimbo ya Gatatu yayise ‘Twerk’, yayikoranye n’umuraperi Bull Dogg. Ni indirimbo y’ikirori ikangurira umukobwa kwirekura, akabyina mu kirori cy’abasaza.

Muri iyi ndirimbo avuga ko ari umuraperi mwiza, ku buryo hari abamwita mwalimu. Bull Dogg aramwunganira, agakangurira uwo mukobwa kubyina yirekuye.

Indirimbo ya kane yayise ‘Arifunga’, yayikoranye na Puff G wabaye inshuti ye y’igihe kirekire. Bagaruka ku mukobwa ucyeye ariko wihagazeho mu migirire ye.

Ep ye isozwa n’indirimbo yise ‘Misile’. Agaruka ku baraperi bibeshyera ko bazi kurapa, nyamara iyo abumvise yumva ntakigenda. Kuri we baranihira.

Neg G yabwiye INYARWANDA ko yatekereje gukora iyi EP kugira ngo abwire abantu kwishimira ubuzima barimo, no kubabwira ko akiri mu muziki ntaho yagiye.

Ati “Urebye nakoze iyi EP nshaka kubwira abantu kwishimira ubuzima no kunyurwa nabwo, no kubabwira ko nkiri mu muziki."

Uyu muraperi avuga ko Ep ye yayise ‘Hiroshima’ kubera ko indirimbo ya mbere yakoze yitwa ‘Misile’, ahwitura abaraperi bo muri iki gihe bubahutse ‘abasaza ba cyera’.

Ati “Ubwo nanjye hari abantu bacye mba ndimo ndahwitura kuri iyo EP nyine, basa n’aho bubahuka abasaza bacyera. Muri aba bashya nyine, nibo nagerageje gushushyanya mbita ‘Hiroshima’ noneho mbarasaho iyo misile."

Ati “Mu ndirimbo mvuga kuri abo bahanzi bashaka kubasuzugura, cyangwa se kuvuga ko ntacyo bakoze [Aravuga ko abahanzi bashya b’abaraperi batubaha abakuru]."

Neg G yavuze ko atari rimwe yumvise abaraperi bashya mu ndirimbo bubahuka abaraperi bakuru, yewe ngo yaba mu biganiro bagiranye n’itangazamakuru, ibyo bandika ku mbuga nkoranyambaga, abibonamo agasazuguro. Ibintu abona ko bitari bikwiye.

Yavuze ko hari n’abaraperi bajya bahura bakamubwira ko Hip Hop yavutse mu 2021, nyamara azi neza ko hari abarwaniye iyi njyana barimo amatsinda nka Tuff Gang, UTP Soldiers n’abandi banyuranye azirikana neza itafari ryabo kuri iyi njyana.

Neg G avuga ko kuri we abahanzi bakuru n’abakizamuka bakwiye gutahiriza umugozi umwe, aho guhora umwe yikomanga ku gatuza.

Ati “Mbona hakwiye kubaho ikintu cyo kubahana no gukorana. Kuko buriya ntawigira. Buriya baravuga ngo utaganiriye na Se ntamenya icyo Sekuru yasize avuze."

Akomeza ati “Hari ibyo bashobora kuba batwigiraho, cyangwa se tukabaganiriza ku byo twanyuzemo, cyangwa se amakosa twakoze agatuma ibintu tutabigeza aho twari dukwiriye kubigeza."

“Natwe tukagira ukuntu twagira icyo tubigiraho nk’abantu b’urubyiruko bato barimo barakora, kandi barimo baranakora neza. Ugasanga nyine tubashije guhuza byabyara ikintu cyiza ku bw’inyungu za Hip Hop kuko twese niyo turwanira."


Neg G The General yashyize hanze EP iriho indirimbo eshanu yise “Hiroshima "

 

Neg G The General yavuze ko abaraperi bashya bakwiye kubaha bakuru babo babatanze mu kibuga cy’umuziki 

Indirimbo eshanu ziri kuri iyi Ep ya Neg zatunganyijwe mu gihe cy’amezi abiri

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO‘MISILE’ YA NEG G THE GENERAL

 ">

KANDA HAMO WUMVE ‘INTRO’ YA NEG G THEGENERAL

 ">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘MAGIC’ YANEG G THE GENERAL

 ">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘TWERK’ YANEG G THE GENERAL NA BULL DOGG

 ">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘ARIFUNGA’YA NEG G THE GENERAL NA PUFF G

">

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...