Ndiyumva nk’umwana uri iwabo – ‘Madederi’ winjiye mu itsinda ry’abasizi ‘Ibyanzu’ rya Rumaga

Imyidagaduro - 04/02/2026 10:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Ndiyumva nk’umwana uri iwabo – ‘Madederi’ winjiye mu itsinda ry’abasizi ‘Ibyanzu’ rya Rumaga

Mu gihe amazina menshi amenyekana mu gukina filime ahanini afatwa nk’iy’imyidagaduro gusa, hari abagenda bagaragaza ko impano ishobora kuba irenze urwego rumwe. Dusenge Clenia wamamaye nka ‘Madederi’ muri filime zitandukanye nyarwanda, yongeye gutangaza indi ntambwe ikomeye ateye mu rugendo rwe rw’ubuhanzi n’ubuzima, aho yinjiye mu itsinda ry’abasizi rizwi cyane mu Rwanda, ‘Ibyanzu’, ryashinzwe n’umusizi Rumaga.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Madederi yatangaje ko kwakirwa muri iri tsinda byamuhaye ibyishimo n’ituze ridasanzwe, kuko ari ahantu yumva hahuje n’icyo ari cyo n’icyo yifuza kuba mu busizi. Ati: "Nahisemo kujya mu Ibyanzu kuko ari umuryango uhuza abasizi bafite icyerekezo, ubumenyi n’ubufatanye, aho ijambo ritanga ishusho n’ubwenge".

Kwakira Madederi muri ‘Ibyanzu’: Umunsi udasanzwe

Madederi yakiriwe ku mugaragaro mu itsinda Ibyanzu tariki ya 29 Mutarama 2026, nyuma y’igihe hari ibiganiro n’isuzuma ry’uko ahuje n’icyerekezo cy’iri tsinda. Avuga ko kwakirwa kwe kwashingiye ku kuba asangiye n’abandi basizi urukundo rw’ubuhanzi, indangagaciro z’umuco n’ubuvanganzo nyarwanda.

Ati: “Yego, nakiriwe mu itsinda ry’abasizi Ibyanzu. Ubu ndi umunyamuryango, kandi nzagerageza gutanga umusanzu wanjye mu basizi, uko ubushobozi bwanjye buzagenda bubyemerera.”

Yakomeje asobanura ko icyatumye ahitamo Ibyanzu atari izina gusa, ahubwo ari umuryango uhuza abasizi bafite icyerekezo, ubumenyi n’ubufatanye, aho ijambo ritareberwa nk’amagambo gusa, ahubwo nk’igikoresho cyubaka ubwenge, ishusho n’indangagaciro.

‘Ibyanzu’: Umuryango wubaha ijambo n’umuco

‘Ibyanzu’ ni itsinda rimaze kumenyekana nk’ahantu hateranira abasizi bafite umurongo uhamye, bubaha ijambo, bakaribona nk’inshingano n’umutima w’ubuhanzi. Madederi avuga ko ari ho yabonye umwanya wo gukura, kwaguka no gusangira ubumenyi n’abandi basizi babahanga.

Ati: “Nahabonye umuryango uha agaciro ijambo, wubaha umuco n’impano, kandi ugatera umuntu kwiyongera mu bushobozi. Ndi umusizi ukeneye kwaguka no kongera ubumenyi, numvise ari umwanya mwiza wo kuba hamwe nabo.”

Uyu mukinnyi wa filime avuga ko kwinjira muri Ibyanzu ari amahitamo afatika, kuko yumva ari ahantu hakwiye umusizi wifuza kuva ku rwego rumwe akagera ku rundi, haba mu bitekerezo, mu myandikire no mu butumwa atanga binyuze mu busizi.

Nubwo benshi bamumenye nka Madederi muri filime ‘Papa Sava’, Dusenge Clenia avuga ko busizi atari ikintu atangiye vuba. Asobanura ko ijambo ryamukurikiranye kuva kera, gusa rikaba ryarabonye umwanya muto wo kugaragara ku mugaragaro.

Kwinjira mu Ibyanzu, kuri we, ni ugushyira ahabona igice cyari kimaze igihe kiri imbere muri we, ariko kitarabonye umuryango ugishyigikira mu buryo busesuye.

Ati: “Ndi nk’Umusizi wifuza kuva ku rwego rumwe njya kurundi. Ibyanzu rero ubu ni umuryango nanjye ndimo kubarizwamo kandi kuri njye numva ari amahitamo meza.”

Iyi ntambwe ya Madederi igaragaza uburyo abahanzi nyarwanda bagenda baguka, bakarenga imbibi z’icyo bamenyekanyeho gusa, bakubaka umwirondoro w’ubuhanzi ushingiye ku ndangagaciro, umuco n’ubwenge.

Kwinjira mu Ibyanzu si intambwe y’icyubahiro gusa kuri Madederi, ahubwo ni n’urubuga rushya rwo gutanga umusanzu mu kubungabunga no guteza imbere ubuvanganzo nyarwanda, binyuze mu busizi bufite ishingiro n’ubutumwa.

Mu gihe ateganya gukomeza gukina filime, Madederi agaragaza ko ubu agiye no guha busizi umwanya munini, abufata nk’inzira yo kuvuga byinshi byimbitse ku buzima, ku muco no ku muryango mugari w’u Rwanda.

Dusenge Clenia wamamaye nka ‘Madederi’ yatangiye urugendo rushya mu busizi, nyuma yo kwakirwa mu itsinda ‘Ibyanzu’ rya Rumaga, aho avuga ko yumva ari nk’umwana ugarutse iwabo


Nyuma yo kumenyekana muri filime, ‘Madederi’ yahisemo no kugaragaza impano ye mu busizi, aho yinjiye mu muryango w’abasizi ‘Ibyanzu’, avuga ko ahabonye umwanya wo gukura no kwaguka mu ijambo


Kwakirwa kwa ‘Madederi’ mu Ibyanzu byongeye kugaragaza ko ubuhanzi butagira umupaka umwe, kuko umukinnyi wa filime yiyemeje no guha ijambo umwanya mu rugendo rwe


‘Ndiyumva nk’umwana uri iwabo’, amagambo ya Madederi asobanura uko yakiriwe mu itsinda ry’abasizi ‘Ibyanzu’, rimaze kumenyekana mu guteza imbere ubuvanganzo nyarwanda



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...