Ndifuza gukorana indirimbo n’abahanzi b’ababanyarwanda nka King James na Knowless: -Rally Joe

Hanze - 04/03/2013 3:35 PM
Share:

Umwanditsi:

Ndifuza gukorana indirimbo n’abahanzi b’ababanyarwanda nka King James na Knowless: -Rally Joe

Umuhanzi ukomoka mu gihugu cy’Uburundi NIYINZI Rally Joe, akaba ari na we wegukanye igihembo cya PRIMUSIC edition ya mbere , wagereranya na Primus Guma Guma Super Star yinaha mu Rwanda aratakangaza ko yifuza gukorana indirimbo na’abahanzi bo mu Rwanda.

Nkuko benshi mu Bahanzi bagiye bamenyekana mu Burundi bagiye bafashwa n’umuhanzi Nimubona Jean Pierre bita Kidumu Kibido, nka Big Farious, Dr Claude n’abandi, ubu Rally Joe ni we urigukorana na  Kidumu cyane.

Ubwo Kidumu muri iyi weekend tuvuyemo yitabiraga imihango yo gusoza iserukiramuco ry’imbyino  ryaberaga mu Rwanda, yari ari kumwe n’uyu musore Rally Joe, akaba yaranaje kumuha akanya yiyereka abanyarwanda kuri stade Amahoro.

Aganira n’inyarwanda.com yatubwiye ko yazanye na Kidumu kuko yarariiI Nairobi bari gukorana indirimbo,

“ Nagiye Nairobi ku wa Kane, kuko kimwe mu bihembo nabonye maze gutwara Guma Guma harimo no gukorana indirimbo na Kidumu, ubu nibyo Turi gukoraho, yaba Audio na Video bizagira hanze icyarimwe.”

Iyi ndirimbo yuyu musore iri gukorwa n’umu Producer ukomoka mu Rwanda Kamanzi, usanzwe unakorana na Kidumu.

joe

Kidum amwerekana imbere y'abitabiriye Fespad

Yanagize icyo atubwira kuri muzika nyarwanda aho twamubajije niba hari abahanzi azi bo mu Rwanda asubiza muri aya magambo:

“Yego ndabazi mugabo nka King James, Knowless na Jay Polly mbona ari abahanzi beza binankundiye twanakorana indirimbo. Knowless twaravuganye ubwo nazaga ino, mu muhango wo kwit’izina  ingangi, binkundiye twakorana indirimbo vuba.”

Uyu musore arakunzwe cyane i Burundi, kuko mu mahiganwa amaze iminsi ategurwa yagiye yerekana kw’abakunzi ba muzika i Burundi bamufata nk’umuhanzi wa mbere muri iyi minsi.

joe

Rally Joe ari kuri stage nyuma yo kwerekanwa na Kidum

Iyi ndirimbo ya Rally Joe ni imwe muzatumye amenyekana, akanakurwa cyane IiBurundi.

Gahunda afite muri uyu mwaka n’uko yamenyekana mu karere ka East Africa, ahereye cyane cyane mu Rwanda.

Jean Luc IMFURAYACU/Inyarwanda.com


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...