Ndi umusore mfite imyaka 33 nshaka umukobwa dukundana tukanabana kuko mfite gahunda

- 12/06/2023 12:21 PM
Share:
Ndi umusore mfite imyaka 33 nshaka umukobwa dukundana  tukanabana kuko mfite gahunda

Umusore w’imyaka 33 y’amavuko arifuza umukobwa ufite urukundo kandi witeguye kuba yakundana nawe ndetse bagapanga n’urugo rwabo mu gihe kitarambiranye kuko uyu musore afite urukundo rw’ukuri.

Uyu musore yanyuze ku munyamakuru wa InyaRwanda.com amusaba ubufasha bwo kuba yamubariza mu basomyi ba Inyarwanda.com ndetse n’Abanyarwanda muri rusange niba ntawavamo akemera kumubera umugore.

Uyu musore uri mukigero cy’imyaka 33 nk’uko twabigarutseho , ni umukozi kuko afite ubuzima abayemo kandi ubwo buzima ni bwiza.Uyu musore yagaragaje ko umukobwa yifuza , yaba ari umukobwa uzi gukora yongeraho ko abaye afite aho akura amafaranga ashobora kumubeshaho byaba ari byiza kuko yifuza uwo bafatanya kubaka ejo hazaza habo.

Uyu musore yagize ati:" Ndi umusore mwiza w’imyaka 33 , mfite akazi kandi keza kuko kamfasha kubaho ntacyo mbuze.Ntabwo nsabiriza , ndihagije kandi nizera imbaraga zanjye n’ibyo nshobora gukora.Ndi umusore utari inzobe, utari na muremure cyane ndetse utari mugufi.

Amafaranga ninjiza mu kwezi ari hagati ya $150 na $200 , ndacyari imanzi, nta mwana mfite hanze ku bandi bakobwa.Ndifuza umukobwa mwiza, witonda, usenga , ukunda umurimo ndetse abaye afite ibyo akora bimufasha kubaho ubuzima busanzwe ntawe asabiriza byamfasha kuko byatuma twubaka urugo rwacu neza.

Ntabwo ngendera ku isura cyane cyangwa ngo ku inzobe.Oya ! Apfa kuba ari umukobwa mwiza urangwa n’imico myiza mu bikorwa bye bya buri munsi ".

Uyu musore yavuze ko kuba ashaka umukobwa babana muri ubu buryo, atari uko ananiwe kuba yakwishakira ahubwo ari uko yemera ibijyanye n’abaranga mu gihe we adafite umwanya uhagije wo kuba yahora munzu z’abandi , mu muhanda cyangwa munsengero ashaka uwo babana.

Photo: GoogleYavuze ko uwifuza kumuvugisha yanyura kuri Email ya Inyarwanda.com ariyo Info@Inyarwanda.com  cyangwa agaca kuri numero ya Telefone y’umunyamakuru wa Inyarwanda.com wanditse iyi nkuru akabasha kubahuza (Watsapp gusa): 0783450859.Nawe niba ushaka kugisha inama cyangwa ukaba wifuza ko tugufasha kubona uwo mukundana twandikire kuri Info@Inyarwanda.com .
 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...