Abitabiriye ibi bitaramo bamaze
kumenyera kubona uyu muraperi aterera mu bantu ibikapu, ingofero, amacupa yo
gutwaramo amazi, imipira n'izindi mpano ziba zateguwe na MTN Rwanda. Kuri
benshi, byabaye kimwe mu bintu bitegerezwa iyo Bushali yinjiye ku rubyiniro.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda
mbere y'igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera mu Karere ka Musanze
ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026, Bushali yasobanuye impamvu
nyamukuru ituma akunda gusangira impano n'abafana.
Yavuze ko ibyo akora bishingiye ku
mubano afitanye na MTN Rwanda, ndetse no kuba na we ari umwe mu banyamuryango
bayo.
Aya magambo agaragaza ko Bushali
abona iki gikorwa nk'uburyo bwo gusangira n'abafana ibyiza abona binyuze mu
bufatanye afitanye na MTN Rwanda, aho avuga ko igihe nk'iki ari cyo cyo gutanga
no gusangira ibyishimo.
Mu bitaramo bine bimaze kuba bya
MTN Iwacu Muzika Festival 2026, Bushali yagiye agaragara ashyikiriza abafana
impano zitandukanye zirimo ibikapu, amacupa yo gutwaramo amazi, ingofero
n'imipira, ibintu byatumye benshi bamwubakamo isura y'umuhanzi udataramira
gusa, ahubwo unashimira abakunzi be.
Ibi bitaramo bizakomereza mu Karere ka Musanze ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026, aho abahanzi umunani bazasusurutsa abazabyitabira. Harimo Amalon, Ross Kana, Marina, Davis D, Bushali, Kenny Sol, Kivumbi King na Chriss Eazy, mu gihe Riderman, wegukanye Primus Guma Guma Super Star, azatarama nk'umuhanzi w'umushyitsi.

Bushali yatangaje ko atanga impano za MTN ku bakunzi b’umuziki kubera ko ari umuryango wa Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda

Bushali agaragara kenshi ku
rubyiniro rw’ibi bitaramo ahuza kuririmba ndetse no gutanga impano
KANDA HANO UREBE IKIGANIROTWAGIRANYE NA BUSHALI ASOBANURA KU MPANO ZA MTN ATANGA
