Ndashaka kugera ku rwego mpuzamahanga - Dj Baby ku cyerekezo cye nyuma yo kwigaragaza muri ‘Rubavu Music Awards’

Imyidagaduro - 15/06/2026 3:33 PM
Share:

Umwanditsi:

Ndashaka kugera ku rwego mpuzamahanga - Dj Baby ku cyerekezo cye nyuma yo kwigaragaza muri ‘Rubavu Music Awards’

Umukobwa ukiri muto ukomeje kuzamuka mu mwuga wo kuvanga imiziki, Nsabimana Brenda Samuella uzwi nka Dj Baby, yavuze ko afite intego yo kuba umwe mu ba-Dj bakomeye ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo kwigaragaza mu birori bya Rubavu Music Awards and Talent Detection byabereye mu Karere ka Rubavu.

Ibi bihembo byatangiwe muri Kivu Intare Arena mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026, bigamije gushimira no gushyigikira impano zitandukanye ziri mu ruganda rw’umuziki zirimo abahanzi, aba-Dj, abatunganya umuziki n’abandi bafite uruhare mu iterambere ry’imyidagaduro muri aka karere.

Ni ibirori byasusurukijwe n’abahanzi batandukanye bo mu Karere ka Rubavu ndetse n’abatumirwa baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu, barimo Bwiza, Riderman na Dj Baby.

Mu bitaramo byashimishije benshi, harimo icya Dj Baby watunguranye agaragaza ubuhanga mu kuvangavanga imiziki, ibintu byatumye benshi bamukomera amashyi ndetse bamwitura icyubahiro cyihariye.

Uyu mukobwa yahawe umwanya wo gucuranga nyuma y’uko Riderman avuye ku rubyiniro, mbere y’uko Bwiza yataramira abari bitabiriye ibi birori.

Yatangiye ‘set’ ye acuranga zimwe mu ndirimbo zikunzwe muri iki gihe zirimo Zenzele, Dansa, Biri Marung, Terminator n’izindi zo mu njyana ya Amapiano, ibintu byatumye abari aho babyina kandi banyurwa n’imihitire ye y’indirimbo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Dj Baby yavuze ko nubwo amaze igihe gito muri uyu mwuga, amaze kuwushyiramo imbaraga nyinshi zirimo kwiga no kwitoza, ndetse afite icyizere cyo kugera ku rwego rwo hejuru mu gihe kitari kirekire.

Yagize ati: “Intego mfite iragutse. Ndashaka kuba umu-Dj mpuzamahanga, ariko byose bizatangirira hano mu Rwanda. Mbere na mbere ngomba kubanza kwereka Abanyarwanda ibyo nshoboye n’impano indimo. Ikindi ni uko nshaka ko uyu mwuga uba akazi kanjye ka buri munsi, ukantunga kandi ukambera umwuga nyakuri.”

Amagambo ye agaragaza icyerekezo n’icyizere afite cyo kwagura ibikorwa bye no gukomeza kuzamura urwego rw’ubuhanzi bwe.

Dj Baby ari mu bakobwa bakomeje kwinjira no kwigaragaza mu mwuga wo kuvanga imiziki mu Rwanda, asanga abandi bamaze kubaka amazina yabo muri uru rwego.

Ni umwuga umaze igihe ugaragaramo abagabo benshi, cyane cyane bitewe n’imiterere yawo isaba gukora nijoro mu tubari, mu bitaramo no mu yandi maserukiramuco.

Nubwo bimeze bityo, abakobwa nka Dj Baby bakomeje kwerekana ko impano, ubushake n’umuhate bishobora kubafasha kwigarurira uyu mwuga no kuwugiramo uruhare rukomeye.

Ubwitabire n’uburyo yakiriwe muri Rubavu Music Awards and Talent Detection ni kimwe mu bimenyetso byerekana ko Dj Baby ari imwe mu mpano zikiri kuzamuka zikwiye gukurikiranwa mu rugendo rwazo, cyane ko we ubwe yemeza ko ibyo abantu bamubonyeho ubu ari intangiriro y’inzozi afite zo kuzamuka akagera ku rwego mpuzamahanga.


Dj Baby yavuze ko ashaka kugeza ibikorwa bye ku rwego mpuzamahanga, ni nyuma yo gutanga ibyishimo bikomeye muri Rubavu Music Awards and Talent Detection


Uyu mukobwa ukomeje kuzamuka mu mwuga wo kuvanga imiziki yashimishije benshi, ahishura inzozi afite zo kugera ku rwego mpuzamahanga


Dj Baby yavuze ko atagamije gucuranga nk’ibyo kwishimisha gusa, ahubwo ashaka kubigira umwuga umutungira ubuzima

Mu bakobwa bari kwandika amateka mu mwuga wa Dj mu Rwanda, Dj Baby ari mu bagezweho


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...