Ndashaka kugera ikirenge mu cya King James - Nel Ngabo ku buryo atekereza igitaramo cye i Kigali (VIDEO)

Imyidagaduro - 12/08/2026 8:37 AM
Share:

Umwanditsi:

Ndashaka kugera ikirenge mu cya King James - Nel Ngabo ku buryo atekereza igitaramo cye i Kigali (VIDEO)

Umuhanzi Nel Ngabo uri mu bahanzi bakomeye ubarizwa muri Kina Music, yatangaje ko amaze igihe atekereza ku gukora igitaramo cye bwite, ariko ko atifuza kugihubukira, ahubwo ashaka kubanza kugitegura ku buryo kizaba igitaramo cyuzuye kandi gifite umwihariko.


Nel Ngabo avuga ko mu buryo yifuza guteguramo icyo gitaramo, yifuza kugera ku rwego rw'ibyo umuhanzi King James yakoze, ubwo yandikaga amateka yo kuzuza BK Arena mu bitaramo bibiri byabaye ku wa 1 no ku wa 2 Kanama 2026.

Uyu muhanzi yabigarutseho ku wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, mbere gato yo gufata indege imwerekeza muri Repubulika ya Tchèque, aho yagiye kwitabira iserukiramuco rya AfrOstrava 2026 rizabera mu Mujyi wa Ostrava ku wa 14 n'uwa 15 Kanama 2026.

AfrOstrava 2026 ni iserukiramuco rihuza umuziki, umuco n'imbyino byo ku Mugabane wa Afurika n'ibindi bice by'Isi, rikaba ari rimwe mu mahirwe Nel Ngabo akomeje kubona yo kugeza umuziki we ku bantu bo hanze y'u Rwanda.

Nel Ngabo amaze kugira ibikorwa byinshi mu muziki, birimo album eshatu yashyize hanze, zikaba zaramuhaye ibihangano bihagije yakwifashisha mu gukora igitaramo cye bwite.

Ni muri urwo rwego yabajijwe niba nawe yaba ateganya gukora igitaramo cy'umwihariko, cyane ko amaze kugira umubare munini w'indirimbo zishobora gutuma abafana be bamara igihe kinini bishimira umuziki we.

Mu gusubiza, Nel Ngabo yagaragaje ko igitekerezo cyo gukora igitaramo cye atari gishya kuri we. Ahubwo yavuze ko amaze igihe abitekerezaho, ariko ko ikintu cya mbere ashyize imbere ari ukugitegura neza, kugira ngo atazagikora kubera gusa ko igihe kigeze.

Ati: “Mba mbirimo cyane. Mba nshaka gutegura ibintu ku buryo nzaha abantu ikintu gishyitse. Ndashaka kugera ikirenge mu cya Mukuru wanjye King James.”

Yongeyeho ko nubwo yifuza gutera iyo ntambwe, adashaka gukora igitaramo mu buryo bwihuse cyangwa adafite umushinga wimbitse wacyo.

Ati: “Ibintu byose birashoboka, ariko ntabwo nshaka gutanga ibintu nabyihutishije kugira ngo ngo nkore igitaramo. Ndabishaka, ariko n'ibintu umuntu agomba kwitondera, ni vuba ariko.”

Iyo Nel Ngabo avuga gutera ikirenge mu cya King James, ntabwo ari amagambo ashingiye gusa ku kuba bombi ari abahanzi b'abanyarwanda, ahubwo ahereye ku mateka King James aherutse kwandika imbere y'abakunzi b'umuziki.

Ku wa 1 no ku wa 2 Kanama 2026, King James yakoze ibitaramo bibiri bikurikirana muri BK Arena, byombi bigakorwa mu buryo bwagutse kandi bigahuriza hamwe ibihe bitandukanye by'umwuga we kuva mu myaka yatangiye umuziki kugeza ku bihangano bye bya vuba.

Ibyo bitaramo byabaye urugero rushya mu muziki w'u Rwanda, cyane cyane ku bahanzi bashaka kwerekana ko igitaramo cy'umuhanzi umwe gishobora kuba umushinga munini, uteguwe mu buryo bw'umwuga kandi ugahuriza hamwe abafana benshi.

Kuri Nel Ngabo, ibyo King James yakoze ni urugero ashaka kwigana mu gihe azaba ageze ku rwego rwo gutumiza abakunzi be mu gitaramo cye bwite.

Kuba Nel Ngabo afite album eshatu kandi akaba amaze igihe yubaka izina rye, bituma igitekerezo cyo gukora igitaramo cye bwite kirushaho kugira ishingiro.

Indirimbo ze ziri kuri izo album zimaze kumuha umubare munini w'ibihangano yakwifashisha mu kubaka igitaramo gifite igitekerezo cyihariye, aho gufata gusa indirimbo nke zizwi cyane.

Ariko we yumvikanisha ko kuba afite ibihangano byinshi bidahagije kugira ngo ahite ategura igitaramo.

Ashaka ko igihe azakora igitaramo cye, kizaba gifite igisobanuro kirenze kuba ari umuhanzi wafashe umunsi akajya kuririmba imbere y'abafana. Yifuza ko kizaba igikorwa gishyitse, gifite imyiteguro ihagije kandi kigaragaza urugendo amaze gukora mu muziki.


Nel Ngabo yatangaje ko atekereza gukora igitaramo cye bwite, kandi yifuza gutera ikirenge mu cya King James

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NEL NGABO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...