Ndashaka guhindura isura y’umwuga wo kuvanga imiziki – Dj Ceed uri mu bagezweho

Imyidagaduro - 17/02/2026 10:52 AM
Share:

Umwanditsi:

Ndashaka guhindura isura y’umwuga wo kuvanga imiziki – Dj Ceed uri mu bagezweho

Umuhanga mu kuvanga imiziki, Dj Ceed yavuze ko uyu mwaka yawutangiranye imbaraga zidasanzwe aterwa n’ubushake n’umurava afite mu gihindura isura y’umwuga wo kuvanga imiziki no guhesha ishema abakora uyu mwuga.

Uko bucyeye n’uko bwije, abantu bakunze gushaka imirimo bakora aho abenshi bari kujya mu mwuga wo kuvanga imiziki bigatuma abantu batangira gucyeka ko uyu mwuga waba woroshye.

Dj Ceed uri mu bamaze igihe muri uyu mwuga akaba n’umwe mu bagezweho, yavuze ko uyu mwuga utoroshye habe na gato ariko kandi abawukora bakwiye kwiga guhanga udushya no gukora cyane.

Ati: “Hari benshi bagize ijambo kuri uyu mwuga wacu, bawugaragaza nk’umwuga woroshye cyane ariko si ko biri. Uyu mwuga urakomeye ku rwego utakumva.

Tekereza kumva indirimbo zirenga 100,000 ugahitamo 10 cyangwa 50 ugomba gucuranga kandi zose zidasigana, ukamenya n’uburyo bwo kuzikurikiranya.”

Akomeza agira ati: “Birashoboka ko hari bamwe bavanga uyu mwuga n’indi mirimo bituma hari benshi bumva ko babyikorera bakabishobora ugasanga barimo bakoreramo amakosa ngo baracuranga.”

Avuga ko ubu ahanze imbaraga mu kuvanga imiziki ndetse no gukora cyane kuko uyu mwuga ari umwe mu byazamura ibendera ry’u Rwanda mu mahanga.

Ati: “Ibintu byose biva mu gukora. Njyewe ubwange, mfite gahunda yo gukora cyane bitari uguhesha ishema abakora umwuga umwe nange ahubwo no guhesha ishema ibendera ry’u Rwanda. Ntujya ubona ibitaramo bikomeye by’aba-Dj nkaDj Coffee n’abandi? Byose byavuye mu gukora.”

Muri uyu mwaka, Dj Ceed amaze gukora ibitaramo byinshi kandi bikomeye cyane bigaragaza imbaraga ashyize muri uyu mwuga. Ku ikubitiro, yabanje gukora igitaramo “New Year Eve” yari yahuriyemo Logan Joe, Fire Man n’abandi bavangamiziki nka Dj Clara, Huybbie na Dj NoFace.

Nyuma yo gucuranga mu Urutozi Challenge Final Concert, yongeye gukora mu gitaramo cyiswe “Kigali Shades Night” nacyo cyarimo umuhanzi Logan Joe na Nillan kikaba cyarabaye ku wa 06-02-2026.

Ku munsi wa Saint Valentin, Dj Ceed yacuranze mu gitaramo cya Princess Lover ariko kandi akaba afite n’ibindi bitaramo akora mu minsi y’imibyizi buri cyumweru aho kuri uyu wa Gatatu nabwo azacuranga mu gitaramo City Girls Wednesday agahuriramo na Joxy Parker na Ella Ling.

Dj Ceed aherutse gukora igitaramo Kigali Shades Night

Logan Joe yatanze ibyishimo icyo gihe mu gitaramo cya Dj Ceed

Dj Ceed avuga ko icyubahiro cy'umwuga wo kuvanga imiziki kizava mu gukora cyane kandi ko ibendera ry'Igihugu rizazamukira muri uko gukora cyane


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...