Ndagukunda cyane: Miss Iradukunda Elsa yifurije isabukuru nziza umugabo we Prince Kid

Imyidagaduro - 03/03/2023 4:02 PM
Share:
Ndagukunda cyane: Miss Iradukunda Elsa yifurije isabukuru nziza umugabo we Prince Kid

Miss Rwanda 2017 Iradukunda Elsa nyuma yo gusezerana kubana akaramata na Ishimwe Dieudonne [Prince Kid], yashyize ubutumwa bwe bwa mbere hanze bushimangira urukundo rwabo.

Mu butumwa Iradukunda Elsa yanyujije kuri Instagram, yagize ati: “Isabukuru nziza nshuti yanjye magara, dore undi mwaka w’umugisha uratangiye nkwifurije ibyiza byose bibaho, Imana iguhe umunezero, umugisha, intsinzi n’urukundo. Ndagukunda cyane ".

Ubu bukaba aribwo butumwa bwa mbere mu mateka y’urukundo rwa Miss Elsa na Prince Kid uyu mukobwa ashyize ku mbuga nkoranyambaga yemeza ko uyu ariwe yihebeye, dore ko bamaze no gusezerana kubana akaramata.

Urukundo rw’aba bombi rukaba rumaze igihe kinini nk’uko inshuti za hafi z’aba bombi zagiye z’ibitangaza, ariko by’umwihariko rukaba rwaramamaye mu bihe byo gufungwa kwa Prince Kid mu mezi ya mbere y’umwaka wa 2022.

Kuwa 02 Werurwe 2023 (ejo hashize) aba bombi bakaba barasezeranye imbere y’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda kubana akaramata, ibintu byatigishije imbuga nkoranyambaga abantu babarata amashimwe, banabifuriza amahirwe mu buzima bushya batangiye.

Ubukwa bw’aba bombi bukaba bwitezwe mu bihe bitari ibya kure, ndetse hari n’amakuru avuga ko buri muri uku kwezi kwa Werurwe 2023.

Miss Elsa Iradukunda akaba yarabonye izuba kuwa 25 Werurwe 1998. Ni umwe mu bakobwa bahiriwe n’amarushanwa y’ubwiza ya Miss Rwanda. Yasoreje amashuri yisumbuye muri King David aho yize ubuvanganzo, ubukungu n’ubumenyi bw’isi.

Mu buzima busanzwe akunda koga cyane, mu gihe Prince Kid ari umwe mu bagabo bubatse izina mu myidagaduro nyarwanda, akaba nyiri kompanyi ya Rwanda Inspiration Backup yateguraga Miss Rwanda.

Akanyamuneza ni kose kuri Miss Elsa n'umugabo we (mu mategeko) Prince Kid wizihiza isabukuru y'amavuko

Urukundo rwabo rugereranwa n’urwo muri filimi kubera imbaraga rufite, byagaragajwe n'ibihe bikomoye by’ifungwa rya Prince Kid

Aha ni ku munsi w’ejo hashize ubwo Ishimwe Dieudonné (Prince Kid) yasezeranyaga Miss Elsa kumubera umugabo

Aha Miss Elsa nawe ati nanjye nzakubera umugore nk’uko amategeko ya Repubulika y’u Rwanda abiteganya

Ibyishimo n’umunezero byari bibasendereye

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...