Ncuti Gatwa yashyizwe mu rubyiruko rwiganjemo ibyamamare ruvuga rikijyana muri Afurika

Imyidagaduro - 14/02/2023 3:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Ncuti Gatwa yashyizwe mu rubyiruko rwiganjemo ibyamamare ruvuga rikijyana muri Afurika

Mizero Ncuti Gatwa, umukinnyi wa Filime w’umunyarwanda uba mu Bwongereza, ari mu banyarwanda batatu bari ku rutonde rw’urubyiruko ruvuga rikijyana muri Afurika.

Yashyizwe kuri uru rutonde rwa Africa Youth Awards ku bufatanye na Avance Media. Uru rutonde ruriho abantu bakomoka mu bihugu 25 biri ku mugabane wa Afurika.

Uru rutonde rushyurwaho urubyiruko rw'indashyikirwa mu kwihangira imirimo, ibyamamare mu bintu bitandukanye yaba muri sinema, umupira w'amaguru kuririmba n'ibindi; n'abazwi ku mbuga nkoranyambaga.

Uretse Ncuti Gatwa, kuri uru rutonde undi munyarwanda uriho ni  Faith Keza wayoboye  Irembo Ltd ,ikigo nyarwanda cy’Ikoranabuhanga kinafite urubuga rutangirwaho serivisi za Leta.

Hakabaho kandi Tesi Rusagara, usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa Kigali Innovation City.

Kuri uru rutonde ruriho ab’igitsina gore 43 n’abagabo 57 rwihariwe n’Abanya- Nigeria bagera kuri 31, Kenya ihagarariwe na 11 , Ghana ifitemo 10, Tanzania ihagarariwe na 7 mugihe Afurika y’Epfo ifitemo 5.

Uru rutonde rw’urubyiruko 100 ruvuga rikijyana muri Afurika ruriho bamwe mu banyamuziki n’ibyabamare bikomeye muri Afurika birimo abanya-Nigeria barimo umuhanzi  Asake ugezweho cyane muri iki gihe, Burna Boy, CKay, Tems Wizkid n’abandi.

Hariho kandi abanya-Senegal  Khaby Lame wamamaye kuri Tik Tok  n’umukinnyi w’umupira w’amaguru Sadio Mane; abanya-Tanzania barimo Umunyamakuru Millard Ayo ndetse n’umuhanzikazi Zuchu; abanya-Ghana barimo  Wode Maya wamamaye kuri Youtube ndetse n’umuhanzi Black Sherif n’abandi.

Mizero Ncuti Gatwa w’imyaka 30 uri mu banyarwanda bagaragara kuri uru rutonde, yamamaye kubera filime y’uruhererekane ya Netflix yitwa Sex Education.

Gatwa yavukiye muri Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali ku wa 15 Ukwakira 1992. Avuka kuri Dr. Tharcisse Gatwa, umunyamakuru akaba n’umwanditsi ukomeye ufite Impamyabumenyi y’Ikirenga mu by’Iyobokamana. Afite inkomoko i Karongi mu Burengerazuba bw’u Rwanda.

Gatwa Ncuti n’umuryango we bimukiye muri Écosse mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse ni naho uyu musore yakuriye.

Yize ibijyanye no gukina filime muri Kaminuza Royal Conservatoire of Scotland, yahawe Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu Ishami ryo gukina Filime mu 2013.

Kuri ubu we n’umuryango we na nyina batuye mu Mujyi wa Londres mu Bwongereza.

Yatangiye gukina muri filime zitandukanye mu 2014 mu yitwa Bob Servant, mu 2015 akina mu yitwa Stonemouth, mu 2019 muri Sex Education yamwubakiye izina bikomeye na Horrible Histories: The Movie – Rotten Romans.

Nyuma yo gukina muri Sex Education yahatanye mu bihembo bitandukanye birimo MTV TV & Movie Awards itangirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu byiciro bibiri; icy’umukinnyi wa filime uri kuzamuka ndetse n’icy’uwasomanye neza, hombi ntiyabashije kwegukana igihembo na kimwe.

Mu 2019 kandi nabwo yahatanye mu bihembo birimo BAFTA Scotland nk’umukinnyi mwiza wa filime y’uruhererekane icishwa kuri televiziyo, ariko ntiyabasha kwegukana igihembo.

 Mu 2019 ikinyamakuru gikomeye cya Elle cyashyize Mizero Ncuti Gatwa ku rutonde rw’abanyempano 50 bari kugaragaza impinduka kurusha abandi [50 Game-changers].

Mu 2019 kandi yashyizwe n’Ikinyamakuru The New York Times ku rutonde rw’abantu 10 icyo kinyamakuru kibona bitwaye neza mu myuga itandukanye bakora.

Tariki 13 Werurwe 2020 yegukanye igihembo cy’umukinnyi wa filime uri kuzamuka neza mu bihembo bya The Broadcasting Press Guild [BPG], bitegurwa n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru bandika, abo ku mateleviziyo ndetse n’abo kuri Radio.

Ubu ategerejwe nk’umukinnyi mukuru wa filime ya BBC yiswe Doctor Who itaganyijwe gusohoka uyu mwaka. Mizero Ncuti Gatwa niwe mukinnyi wa filime wa mbere ukinnye iyi filime ‘Doctor Who’ adafite inkomoko mu Bwongereza.

Ncuti Gatwa amaze kubaka izina muri sinema 

Tesi Rusagara, Umuyobozi wa Kigali Innovation City nawe ari kuri uru rutonde

Faih Keza wayoboye Irembo imyaka itanu ari kuri uru rutonde
 Uru rutonde ruriho ibyamamare bitandukanye 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...