Nick
Dimpoz ni umwe mu bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu gutuma City Maid iba imwe
muri filime zakunzwe cyane mu Rwanda. Imiterere y'ubuzima yagaragazaga, uburyo
yakinagamo n'ubutumwa yatangaga byatumye aba umwe mu bakinnyi bubatse amateka
muri iyi filime yatambukaga kuri Televiziyo Rwanda.
Igihe
yasezeraga muri City Maid, byaciye igikuba mu bakunzi bayo, kuko benshi batari
biteze ko umwe mu nkingi za mwamba zayo ayivamo. Nyuma y'igihe gito, na ‘Nikuze’
nawe yaje kuyisezeramo, ibintu byatumye hari abatekereza ko iyo filime
itazongera kuba nk'uko bayimenyereye.
Mu
kiganiro yagiranye n'itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Nyakanga
2026, Nick yavuze ko City Maid ari filime afiteho amateka yihariye, kuko ari yo
yamwubakiye izina ndetse ikanamubera umugisha.
Yagize
ati: "'City Maid' yari filime yerekana ubuzima busanzwe, ubwo duhura nabwo
mu muryango, kandi ikigisha benshi, kandi nayigiriyemo umugisha. Ni ryo zina ni
ho ryavuye. Imana ifite uburyo icisha umuntu mu nzira, kandi mu gihe runaka
nayigarukamo, nta gikuba cyacitse."
Aya
magambo yahise aha icyizere abakunzi ba City Maid bamaze igihe bibaza niba hari
umunsi bazongera kumubona muri iyi filime yamamaye cyane.
Nubwo
muri iyi minsi atakigaragara cyane imbere ya camera, Nick yavuze ko bitavuze ko
yasezeye kuri sinema. Asobanura ko gukina filime atari ibintu umuntu ahagarika,
ahubwo ko hari ibihe umukinnyi aba akora indi mirimo iri inyuma ya camera
cyangwa akibanda ku yindi mishinga.
Ati: "Filime ntabwo umuntu ayihagarika, ahubwo filime ni ubuzima bwa buri munsi. Ahubwo ni ukuyikunda no kuyivunikira kuko isaba igihe n'imyaka.
Hari
igihe umuntu aba ari inyuma ya camera. Nayikinnye nkiri muto kandi nzakomeza
kuyikina kugeza ngeze no mu myaka mirongo irindwi. Ubu mba nitaye cyane ku
mishinga irimo amafaranga, ariko sinema ntabwo nayireka."
Aya
magambo agaragaza ko nubwo yongereye imbaraga mu yindi mishinga y'ubucuruzi
n'iterambere rimwinjiriza amafaranga, urukundo afitiye sinema rugihari kandi
ateganya gukomeza kuyikoramo imyaka myinshi iri imbere.
Nick
Dimpoz amaze imyaka irenga icumi ari mu ruganda rwa sinema nyarwanda.
Yagaragaye muri filime zitandukanye, ariko City Maid ni yo benshi bahurizaho ko
yamugize icyamamare, ikamwinjiza mu mitima y'Abanyarwanda.
Mu bihe sinema nyarwanda ikomeje kwaguka no kubona andi mahirwe, amagambo ya Nick asiga icyizere ko umwe mu bakinnyi bayubatse ashobora kongera kugaragara mu mishinga ikomeye, by'umwihariko muri City Maid, filime yavuze ko yamubereye isoko y'izina, umugisha ndetse n'urugendo rwe muri sinema.

Nick
yatangaje ko hari icyizere cy’uko yasubira muri filime ‘City Maid’ yamwubakiye
izina
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NICK WAMAMAYE MURI CITY MAID
