Navio yavuze ku ihohoterwa yagiye ahura naryo mu bwana n’imyaka 20 irenga arwana n’umujinya

Imyidagaduro - 16/04/2026 2:21 PM
Share:

Umwanditsi:

Navio yavuze ku ihohoterwa yagiye ahura naryo mu bwana n’imyaka 20 irenga arwana n’umujinya

Umuraperi ukomeye muri Uganda, Navio yagarutse ku rugendo rwe rw’ubuzima rutoroshye, aho yavuze ko yakuze ahura n’ihohoterwa rishingiye ku kugaragara kwe no kuba yari umwana utuje cyane, ibintu byamugizeho ingaruka zikomeye mu mitekerereze ye.

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Canary Mugume na Sheila Tusiime kuri podcast Mind Your Head UG, igaruka ku buzima bwo mu mutwe n’imibereho y’abantu.

Navio yavuze ko mu bwana bwe yarenganywaga cyane kubera isura ye n’imyitwarire ye ituje, aho yabonekaga nk’umwana “udafite imbaraga” mu maso y’abandi.

Yagize ati: “Nari umwana w’umuhungu unanutse, wambaye amadarubindi manini kandi wituze cyane, ibyo byatumaga mba igitego cyoroshye ku bo twiganaga bankoreraga ihohoterwa.”

Uyu muraperi yakomeje avuga ko mu buzima bwe bwose yagiye ahangana n’umujinya ukabije, avuga ko byamugoye kuwigenzura kuva akiri muto.

Ati: “Kuva nkiri muto nagiye mpura n’umujinya ukabije cyane, utuma ntamenya ibyo nkora mu gihe gito.” Yongeraho ko amaze imyaka irenga 20 ari mu rugendo rwo kwiga kwihangana no kuguma mu buzima bwiza bw’umuziki n’imibereho ye.

Navio yavuze ko siporo, cyane cyane umukino w’iteramakofe (boxing), yamufashije cyane gusohora amarangamutima mabi no kuyahindura imbaraga nziza. Yanagaragaje ko umuziki na wo wamubereye nk’umuti wamufashije mu rugendo rwe rwo gukira ibikomere byo mu mutwe.

Mu butumwa bwe ku buzima, yasobanuye ko gutsinda ubwoba ari imwe mu ntambwe zikomeye zifasha umuntu kwiyubaka, avuga ko benshi mu babangamira abandi usanga nabo bafite intege nke imbere. Yagize ati: “Imwe mu nzira zagufasha kwiyubaka ni ugutsinda ubwoba.”

Uretse ibyamubayeho ku giti cye, Navio yanavuze ko umuryango we ari wo musingi ukomeye umufasha kugumana ituze, by’umwihariko umugore we. 

Yasoje avuga ko uwo bashakanye ari we muntu wa hafi yisunga mu gihe cyose ahuye n’ibibazo, agaragaza ko umuryango we ari inkingi imufasha guhangana n’ibihe bikomeye by’ubuzima.

Navio yavuze ku rugendo rutoroshye rw’ubwana bwe n’imyaka irenga 20 arwana n’umujinya, aho avuga ko siporo n’umuziki byamubereye umuti ukomeye mu buzima bwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...