Ubu, nyuma y’iki gihe cyose
cy’ivugabutumwa, Alarm Ministries yiteguye kongera guhuriza abantu muri Camp
Kigali, ku wa 30 Ugushyingo 2025, mu gitaramo bise “Iyo niyo Data Live
Concert”, izina rifite umuzi ku ndirimbo bamwe bavuga ko yabaye ubutumwa bukomeye
cyane kurusha izindi zagiye zisohoka mu bihe bya vuba.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye i
Camp Kigali, Serugo Benjamin (Ben) yasobanuye impamvu bahisemo kwitirira iki
gitaramo indirimbo “Iyo niyo Data”.
Ben yagize ati: "Birumvikana! Urumva
indirimbo yandikwa n'umuntu
Iyi ndirimbo, yasohowe mu minsi ishize,
yageze kuri benshi binyuze ku mbuga zicuruza umuziki, ndetse ikomeza
kwerekana ko mu ndirimbo bisanzwe haba ubutunzi bw’ijambo bugira abo bugeraho,
bukabagira abandi bashya.
Ben yagarutse ku rugendo rw’iri tsinda mu
myaka 26 ishize, agaragaza ko ari amateka yuzuyemo urukundo rw’Imana,
igitinyiro cy’ivugabutumwa n’imbaraga zabaye ishingiro ryo kubaho kwabo.
Yavuze ko Alarm Ministries yatangiye ari
itsinda rito, ariko ubutumwa bwaryo bwageze mu gihugu hose, no mu bindi bihugu
byo mu mahanga.
Nubwo benshi mu batangije iri tsinda
bataribarizwamo muri iki gihe, Ben yavuze ko ubusimburane bw’abaririmbyi
butigeze bugira ingaruka ku murongo waryo.
Ati “Abatangije iri tsinda bamwe bagiye mu
zindi nshingano, ariko hahoraga abiyongera bakomeza umurongo umwe, uhamye kandi
wubakiye ku Mana.”
Ni urugendo rwubakiye ku mbaraga z’umwuka,
ku migisha no ku butumwa bwakomeje kwiyongera uko imyaka yicuma.
Ben yasobanuye ko buri gitaramo cy’iri
tsinda kigira inyito ihura n’igihe n’indirimbo ziryinjirana.
Iki gitaramo rero ni ubutumire bw’imbona
nkubone bw’itsinda bushaka guhuza abatuye u Rwanda n’abanyamahanga ku ihuriro
ry’ijambo n’ubusabane.
Robert, uhagarariye Authentic Events,
yavuze ko bahisemo gufatanya na Alarm Ministries bitewe n’uruhare rukomeye
yagize mu muziki wa Gospel mu Rwanda. Yavuze ko ari itsinda ryafashe iya mbere,
rikaba ryarabereye abandi icyitegererezo mu mikoreshereze y’impano.
Yagize ati “Alarm Ministries bashyize
ibuye ry’ifatizo ku muziki wa Gospel mu Rwanda. Gukorana nabo ni amahirwe kandi
ni umurongo duharanira wo gukorana n’abahanzi bafite icyerekezo cyagutse.”
Robert yavuze ko Authentic Events imaze
gutegura ibitaramo bikomeye byatanze umusaruro, kandi ko iki gitaramo cya Alarm
kiziyongera mu bikorwa bigamije guteza imbere ivugabutumwa binyuze mu muziki.
Yasabye abakunzi gutangira kugura amatike
hakiri kare binyuze kuri tickets.authenticevents.com, avuga ko iki gitaramo
kizaba ikimenyetso cy’uko ivugabutumwa rinyuzwa mu buryo bugezweho.
“Iyo niyo Data Live Concert” si igitaramo
giteguwe nk’ibindi, ni ubuhamya bugiye guhuriza abantu hamwe, ni igihe cyo
kongera kwibukiranya ko Imana ari Data itajya ihinduka, kandi ni ihuriro Alarm
Ministries igiye guha imbaga mu masaha yo kuramya no guhimbaza.
Kuva ku ndirimbo zashimangiye amateka y’iri tsinda, kugeza ku bihangano bishya byujuje ubutumwa, iki gitaramo kizaba ari urugendo rw’amasaha menshi y’ihumure mu ijambo n’umuziki.
Kanda hano ubashe kugura itike yo kuzinjira muri iki gitaramo

Alarm Ministries yitabaje ububasha
bw’indirimbo “Iyo niyo Data”, ubuhamya bwimbitse bwayibereye ishingiro
ry’igitaramo cyayo gikuru

Ben yemeza ko ‘Iyo niyo Data’ atari
indirimbo gusa, ahubwo ari ubusabane bwimbitse bwahinduye ubuzima bw’itsinda
n’abayumva



KANDA HANO UREB ALARM MINISTRIES BAGARUKA KU BIJYANYE N'IGITARAMO BAZAKORA KU CYUMWERU
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'IYO NIYO DATA' ALARM MINISTRIES BITIRIYE IGITARAMO CYE
