Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Jabo yasobanuye birambuye uko indirimbo
‘Mukesha’, yakoranye na Platini P, yavutse n’impamvu yahisemo uyu muhanzi, mu
gihe yari yaratekereje no kuyikorana na Kenny Sol.
Jabo
avuga ko igitekerezo cy’iyi ndirimbo cyaturutse kuri Producer Pakkage wo muri
Country Records, wamuhamagaye amubwira ko afite injyana (Beat) yihariye y’indirimbo
‘Mukesha’, kandi yamaze kuyitunganya.
Icyari
gisigaye, nk’uko Jabo abyemeza, kwari ugushyiramo ijwi n’ubuhanzi
bw’umuririmbyi. Avuga ati “Producer Pakkage yaramamagaye ambwira ko afite
indirimbo yitwa ‘Mukesha’, yifuza ko nayiririmbamo.”
Akomeza
asobanura ko we na Pakkage bamaze kumva injyana, bahise batekereza ku bahanzi
bashobora kuyifasha kurushaho kwambuka imbibi, ari bwo havukaga igitekerezo cyo
kuyikorana n’umwe mu bahanzi bakunzwe, Platini P cyangwa Kenny Sol.
Gusa,
uko iminsi yagiye ishira, byaje kugaragara ko Kenny Sol ataboneka muri icyo
gihe, bitewe n’uko yari afite ibitaramo yari ateganyijwe gukorera muri Canada,
ari na byo byatumye bahisemo kwihutira ku wundi wari wabonetse.
Jabo
avuga ko yifashishije Ben Adolphe kugira ngo amufashe kumuhuza na Platini P,
ibintu byaje kugenda neza cyane kurusha uko yari abyiteze.
Akomeza agira ati “Navuganye na Ben Adolphe mubwira ko yampuza na Platini P. Yaramumvishije,
ambwira ko indirimbo ari nziza. Naje kuvugana na Platini ubwe, mubwira ko mfite
indirimbo nifuzaga ko twayikorana. Akimara kuyumva, yarambwiye ati: ‘Ahubwo
turayinoza ryari?’”
Ibi
byahise bitanga icyizere ko ‘Mukesha’ igiye gufata indi ntera. Jabo
ashimangira ko Platini P yagize uruhare rukomeye mu kuyitunganya no kuyinoza,
aho atahwemye gutanga ibitekerezo bigamije kuyigeza ku rwego rwo hejuru.
Ati: “Platini ni imfura cyane. Ni umuntu ukunda ibintu binoze. N’iyo wavuga ko hari
Draft zigera kuri 30 z’iyi ndirimbo ‘Mucyesha’, si ugukabya”
Indirimbo
‘Mukesha’ yatangiye gukorwa mu Ukuboza 2024, iza gusohoka ku mugaragaro muri
Gashyantare 2026, ikaba iri mu ndirimbo zigize Album ya kabiri Jabo ari
gutegura, ashimangira ko izaba irimo umwimerere wihariye w’umuziki gakondo
uvanze n’ibihe tugezemo.
Mu gusoza, Jabo yashimiye Platini P ku bwitange n’ubunyamwuga yagize, avuga ko ‘Mucyesha’ atari indirimbo gusa, ahubwo ari urugendo rwahuje ibitekerezo, ubunararibonye n’icyerekezo cy’ejo hazaza h’umuziki nyarwanda.

Jabo,
umuhanzi uharanira kuzamura umuziki gakondo, yasobanuye uko indirimbo
‘Mukesha’ yavutse, anagaragaza ko yaturutse ku bitekerezo byahurijwe hamwe
n’umuproducer Pakkage wo muri Country Records

Platini P yongeye kugaragaza ubunararibonye bwe mu muziki nyarwanda, aho yagize uruhare rukomeye mu kunoza indirimbo ‘Mukesha’ yakoranye n’umuhanzi Jabo

Nubwo
Kenny Sol atagaragaye mu ndirimbo ‘Mukesha’, izina rye ryari mu byatekerejweho
mbere, nk’umwe mu bahanzi bashoboraga kuyihuriramo na Jabo

KANDAHANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA JABO ASOBANURA INDIRIMBO YE
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MUKESHA’ YA JABO NA PLATINI P
