Ibi
Kivumbi King yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda nyuma yo
gutaramira mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabereye mu Karere ka
Huye ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2026.
Uyu
muraperi yavuze ko yishimiye uburyo yakiriwe n'abakunzi b'umuziki bo mu
Majyepfo y'u Rwanda, agaragaza ko ari ahantu amaze kumenyera kubera urukundo
ahahabwa buri gihe iyo ahageze.
Yavuze
ko no mu mwaka ushize wa 2025, ubwo yari yahataramiye, yakiriwe mu buryo
bwamushimishije, ibintu byongeye kwigaragaza muri iki gitaramo. Yagaragaje ko
iyo ageze imbere y'abafana ahitamo kubaririmbira indirimbo azi neza ko bakunda
kandi baziririmbana na we.
Agaruka
ku rugendo rwe rw'umuziki, Kivumbi King yagarutse cyane ku mubano afitanye na
Mike Kayihura, umwe mu bahanzi bamaze kubaka izina rikomeye mu muziki nyarwanda
binyuze mu ndirimbo zifite umwihariko mu njyana ya Afro ndetse n'umuziki
ugezweho.
Yavuze
ko mbere y'uko atangira gukora umuziki ku rwego rw'umwuga, yari umwe mu bafana
bakomeye ba Mike Kayihura, ndetse ko yakurikiye ibikorwa bye igihe kirekire.
Kivumbi
King yavuze ko kuba yaraje kubona amahirwe yo gukorana n'umuhanzi yakundaga akiri
umufana byabaye kimwe mu bintu bikomeye byamubereye isoko y'imbaraga mu rugendo
rwe.
Yasobanuye
ko Mike Kayihura atamubereye gusa umuntu bakorana, ahubwo ko yamwigishije
byinshi bijyanye no kwandika indirimbo no kuzitanga mu buryo bw'umwimerere.
Mu
magambo ye yagize ati: "Mike Kayihura natangiye ndi umufana we cyane.
Namurebeyeho mu buryo bw'imiririmbire, mu buryo bwo kwandika. Nko ku ndirimbo
dufitanye nka 'Sabrina' na 'Mama'. Ahubwo uranyibukije, muri iki gitaramo
nakabaye naririmbye 'Mama'. Ariko nyine ni umuvandimwe akaba na mukuru
wanjye."
Aya
magambo agaragaza uburyo ubucuti n'imikoranire yabo byarenze urwego rw'akazi,
bikagera no ku kuba Mike Kayihura ari umwe mu bantu Kivumbi King afata
nk'abamufashije gukura haba mu muziki ndetse no mu buzima busanzwe.
Mu
myaka ishize, Kivumbi King na Mike Kayihura bagiye bakorana ku mishinga
itandukanye y'indirimbo zakunzwe n'abatari bake.
Abakurikiranira
hafi umuziki nyarwanda bagaragaza ko imikoranire yabo yagiye itanga umusaruro
mwiza kuko buri umwe azana umwihariko we, bikavamo ibihangano bikora ku mitima
y'abakunzi b'umuziki.
Mu
minsi ishize, ubwo Mike Kayihura yamurikaga EP ye yise Intwaza, yavuze ko kimwe
mu bintu yishimira mu rugendo rwe rwa muzika harimo n'imikoranire myiza
yagiranye na Kivumbi King, ibintu byerekana ko bombi baha agaciro umubano
n'ibyo bamaze kugeraho bafatanyije.
Kivumbi
King akomeje kwigarurira imitima ya benshi binyuze mu njyana ye yihariye,
amagambo asesenguye ndetse n'uburyo atanga ubutumwa bukora ku rubyiruko.
Mu
gihe umuziki nyarwanda ugenda waguka umunsi ku wundi, ubufatanye bw'abahanzi
nk'aba bukomeje kuba imwe mu nkingi zifasha guteza imbere uruganda rw'umuziki
no kuzamura impano nshya.
Ibyatangajwe na Kivumbi King bigaragaza ko rimwe na rimwe urugendo rw'umuhanzi rutangirira ku gukunda no gukurikira ibikorwa by'undi, nyuma bikavamo ubufatanye butanga umusaruro.
Kuri we, Mike Kayihura ntabwo ari uwo bakorana gusa, ahubwo ni umwe
mu bantu bamubereye isoko y'ubumenyi n'ihumure mu rugendo rwe rwa muzika.


Kivumbi yavuze ko ibikorwa bye na Mike Kayihura byubakiye ku bushuti n’imikoranire yabo ya buri munsi

Kivumbi
avuga ko yiteguye kuzitwara neza mu gitaramo kizabera i Ngoma, ku wa 27 Kamena
2026
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KIVUMBI KING
