Iki
gitaramo cyari kimwe mu bikorwa byo kwizihiza imyaka 20 Senderi amaze mu muziki
nk’umuhanzi wigenga.
Mbere
yo gutangira igitaramo, Senderi yari yitabiriye umuganda wateguwe n’abaturage
aho bateraga ibiti 1000, igikorwa cy’umuryango n’ibidukikije cyerekana uruhare
rwe mu iterambere ry’aho akorera.
Senderi
yabwiye InyaRwanda, ko urugendo rw’ibi bitaramo bizenguruka Igihugu byatumye
arushaho kwitegura bihagije n’ibindi bikorwa azakora mu 2026.
Yavuze
ko ‘hagowe’ abahanzi bazajya bahurira mu bitaramo yaba muri ‘Sitade’ cyangwa se
ahandi hateranira abantu.
Senderi
yongeraho ko intego y’ibi bitaramo ari ukwagura no guteza imbere umuco wo
kuririmba indirimbo zifite ubutumwa bwubaka, aho azibanda ku ndirimbo ze zizwi
cyane mu burezi, mu ngando, mu itorero, mu mugoroba w’ababyeyi, ndetse no mu
bikorwa bitandukanye by’ubukangurambaga.
Uyu
muhanzi yibanda ku gushyigikira indirimbo zifasha mu iterambere ry’umwana,
urubyiruko n’umuryango, avuga ko umuziki ari kimwe mu bikoresho bikomeye byo
guhindura imibereho y’abantu.
Ibi
bishimangira ko Senderi atiteze ko abahanzi bazitabira ibitaramo bye bazajya
baza gusa, ahubwo bazaba biteguye guhatana no kugaragaza impano yabo mu buryo
bw’umwihariko.
Abafana
bari aho bahise batangira kwitegura umwaka mushya w’ibitaramo, bateganya
kuzabona urwenya, imbyino, indirimbo nshya n’urumuri rutangaje rw’ibikorwa
by’umuziki.
Abitabiriye
igitaramo bashimye uburyo Senderi akomeje gushyira imbere ibikorwa bifitiye
akamaro rubanda, batanga icyizere ko ibitaramo bya 2026 bizaba bishya, birimo
amarushanwa y’ukuri ku bahanzi, imbyino idasanzwe, n’imyitozo ihambaye izafasha
kuzamura urwego rw’umuziki nyarwanda.
Senderi yakomeje anavuga ko ubuhanzi atari ugusohora indirimbo gusa, ahubwo ari urugendo rw’akazi gakomeye n’ishyaka, aho umuhanzi wese agomba gutegura neza ibyo azerekana imbere y’abafana be.


Senderi Hit muri Runda na Bishenyi yataramiye abafana be mu rugendo rwo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, agaragaza ubuhanga n’ishyaka rikomeye mu muziki nyarwanda


Mbere
y’ibitaramo bya 2026, Senderi yagaragaje ko yiteguye guhatana n’abahanzi
bazahurira mu bitaramo bye, aho hazajya haca uwitoje atari ugusondeka

Senderi yifatanyije n’abaturage mu gutera ibiti 1000, ashyira imbere ibikorwa bifitiye akamaro umuryango n’ibidukikije


Mu
gitaramo, Senderi yibanze ku ndirimbo zifite ubutumwa bwubaka, zikoreshwa mu
burezi, mu ngando, mu itorero n’ibikorwa by’ubukangurambaga
Abitabiriye
igitaramo basusurutswa n’indirimbo, imbyino bya Senderi bagaragaza
ko umuziki we ukomeje guhuza abantu no gutanga ibyishimo
