Yabitangaje
mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, aho Pacson yavuze ati “Nari ndi kuri ‘stage’
(urubyiniro) ndi kuririmba umufana araza aranyishimira, kwa kundi bisanzwe,
ansuka atabishaka mba nguye hasi ngwira itako riravunika.”
Yavuze
ko ibi byagejeje ku guhabwa akagare agenderamo. Ati “Akagare wabonye nagahawe
kubera ko igufwa ryo mu itako ryavunitse nk’uko ibizamini byabigaragaje.
Umufana yabikoze atabishaka, ni kwa kundi baba bishimye. Igitangaje n’uko twari
dufitanye na gahunda yo kunyura iwabo.”
Pacson
avuga ko yavunitse ku wa Kane w’icyumweru gishize ubwo yakoreraga igitaramo mu
Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Avuga
ko uwo mufana akimara kumusunika yatekereje ko ari imitsi yikanze, ariko ko
bucyeye yagowe no kugera i Kigali.
Uyu
muraperi wamamaye mu guhuriza hamwe abahanzi mu ndirimbo, avuga ko yakoze iyi
mpanuka mu gihe yiteguraga gufatira amashusho indirimbo ze.
Ndetse,
iyi mpanuka yatumye asubika akazi ka Radio asanzwe akora. Ati “Namaze iminota
30 hasi, umufana we yasagariwe na bagenzi be ariko narababujije, mbabwira ko
ibyabaye ari impanuka. Ubu, rero ndi gushaka gahunda kugirango bazankorere ‘Operation’.
Pacson
yatangaje ko umufana yamusunitse atabishaka agwa hasi ubwo yari mu gitaramo mu
Karere ka Kirehe

Pacson
yahawe akagare agenderamo muri iki gihe, mu gihe yitegura kuzakorerwa ‘Operation’

Pacson
yavuze ko iyi mpanuka yatumye asubika byinshi mu bikorwa bye by’umuziki
