Nasobanukiwe agaciro k’impano- Gisa cy’Inganzo wateguje Album izumvikanisha ubuzima bushya bwe

Imyidagaduro - 16/10/2025 12:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Nasobanukiwe agaciro k’impano- Gisa cy’Inganzo wateguje Album izumvikanisha ubuzima bushya bwe

Umuhanzi Gisa cy’Inganzo, umwe mu bari baracecetse mu muziki nyarwanda, yagarutse bundi bushya, avuga ko ari mu mishinga ikomeye irimo Album nshya izumvikanisha neza urugendo rwe rushya, yise urw’“ubwiyunge n’impano ye.”

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Gisa yavuze ko nyuma y’igihe yari amaze atagaragara mu ruhando rwa muzika, yagarutse afite isura nshya, ubunararibonye bushya n’inyota yo gukora umuziki uha agaciro impano ye n’iya bagenzi be.

Yagize ati: “Reka duhere kuri album nshya iri gutegurwa hanyuma tuvuge ku ndirimbo. Ni indirimbo yubaka imutima y’abantu ndetse n’imitima y’abahanzi bagenzi banjye. Maze igihe mpugiye kuri iyo mishinga itandukanye mfitanye n’abandi bahanzi. Ntari mpagaritse, ahubwo nari ndi mu bikorwa byanjye byo kwitegura neza.”

Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zifite ubutumwa bwimbitse, yavuze ko indirimbo nshya ari busohore vuba izaba ari intangiriro y’urupapuro rushya mu rugendo rwe rw’umuziki.

Ati “Muri macye, ni Gisa mushya wasobanukiwe agaciro k’impano ikomeye Imana yamuhaye. Ni Gisa ushimira abakunzi be bamugumyeho nyuma y’ibyo yaciyemo byose. Arashimira kandi itangazamakuru ryamubaye hafi. Uyu munsi ni Gisa uje gutanga umusanzu we mu muziki nyarwanda adategwa kandi adasubira inyuma,”

Gisa yakomeje avuga ko uyu munsi ari umuhanzi wubaha Imana, uzi aho yavuye n’aho ajya, ndetse ko agambiriye kuba icyitegererezo ku rubyiruko.

Avuga ati “Ni Gisa wubaha Imana kandi bagiye kubona mu isura ye y’ukuri. Ni Gisa uyu munsi wabera ikitegererezo urubyiruko. Mfite gahunda yo gufasha abandi bahanzi no gukoresha impano yanjye mu nyungu rusange.”

Uyu muhanzi yashimangiye ko Album nshya ari igikorwa kizagaragaza urwego rushya agezeho, ikazaba irimo indirimbo zigaragaza ubuzima, ukwiyunga, urukundo n’icyizere.

Nubwo atatangaje izina ry’umuhanzi bakoranye ku mushinga wihariye, Gisa yavuze ko byose bizatangazwa mu gihe gito, ati “Abafana bazabona byinshi byiza, harimo ubufatanye bushya, indirimbo zifite ubutumwa n’imbaraga nshya mu muziki nyarwanda.”


Abafana bangumyeho nyuma y’ibyo naciyemo— Gisa cy’Inganzo yiteguye kugaruka mu muziki afite isura nshya

 

Gisa cy’Inganzo mu myiteguro ya Album nshya izerekana ko yisubiyeho kandi asobanukiwe agaciro k’impano ye 

Ni Gisa mushya wubaha Imana, witeguye kuba icyitegererezo ku rubyiruko — Umuhanzi avuga ku rugendo rwe rushya

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘KU MUTIMA’ YA GISA CY’INGANZO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...