Uyu mukino watambutse ku wa Gatanu,
tariki ya 4 Nzeri 2026, ubwo u Rwanda rwizihizaga ku nshuro ya 21 umuhango wo
Kwita Izina abana b’ingagi wabereye mu Kinigi, mu Karere ka Musanze.
Wari umwe mu mwihariko w’uyu
muhango, kuko ubutumwa bwo kurengera ibidukikije bwatanzwe mu buryo
bw’ubuhanzi, aho umuziki, imikino n’ubutumwa bwubakiye ku kubungabunga
ibinyabuzima byahurijwe hamwe.
Uyu mukino wahimbwe na Malaika
Uwamahoro afatanyije na Amza Niyonzima, uzwi nka Nyambo Masa Mara.
Wari ugamije gutuma abari
bateraniye mu Kinigi babona, mu buryo bw’ubuhanzi, urugendo u Rwanda rumazemo
imyaka 21 mu rwego rwo kurinda ingagi zo mu Birunga ndetse no guteza imbere
gahunda zo kubungabunga ibidukikije.
Muri uyu mukino hagaragayemo
abahanzi n’abakora umuziki batandukanye barimo Bushali, Kenny Sol, Marina, Teta
Diana, Makanyaga Abdul na Peace Jolis, bahurijwe hamwe kugira ngo buri wese
agire uruhare mu gutanga ubutumwa bw’ingenzi bw’uyu muhango.
Indirimbo, imivugo n’imvugo
z’abakinnyi ni byo byifashishijwe mu kugeza ubutumwa ku bari bitabiriye Kwita
Izina.
Bushali, by’umwihariko, yagaragaye
aririmba amagambo agaruka ku muhate, icyizere n’uruhare rukenewe mu gukomeza
kubungabunga ibidukikije.
Muri rusange, uyu mukino wibutsaga
ko kurengera ibidukikije atari inshingano y’umuntu umwe cyangwa urwego rumwe,
ahubwo ko ari urugendo rusaba uruhare rwa buri wese.
Malaika Uwamahoro avuga ko
igitekerezo cyo gukora uyu mukino cyari gifite intego irenze gususurutsa
abitabiriye umuhango.
Yashakaga gukoresha ubuhanzi
nk’indorerwamo yerekana urugendo u Rwanda rwanyuzemo, cyane cyane mu myaka 21
ishize kuva hatangira umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi.
Mu kiganiro yagiranye na
InyaRwanda, Malaika yavuze ko yishimiye uburyo uyu mukino wagenze ndetse n’uko
abawugizemo uruhare bashyize mu bikorwa ibyo bari baritoje.
Ati: “Byari byiza cyane.
Nabyishimiye, abantu bakoze neza, ibyo twari twitoje nabyo babikoze neza.”
Yavuze ko intego nyamukuru yari
ugukoresha uyu mwanya kugira ngo u Rwanda rwiyereke Isi binyuze mu buhanzi.
Ati: “Nashakaga kwereka Isi aho u
Rwanda rugeze muri iyi myaka 21 ishize haba umuhango wo Kwita Izina abana
b’ingagi. Ni urugendo rw’u Rwanda muri rusange.”
Kuri Malaika, Kwita Izina ntibyari
gusa umuhango wo guha amazina abana b’ingagi, ahubwo byari n’umwanya wo kuvuga
ku rugendo rw’igihugu, ku bidukikije ndetse n’ibyo u Rwanda rwagezeho mu
kubungabunga ibinyabuzima.
Nubwo ku munsi w’umuhango umukino
watambutse mu gihe gito, kuwutegura byasabye Malaika n’abo bakoranaga igihe
n’imbaraga.
Avuga ko yamaze hafi ibyumweru
bitatu awutegura, ahuza abantu bo mu byiciro bitandukanye by’ubuhanzi, barimo
abahanzi n’abakinnyi.
Icyari kimushishikaje cyane kwari
ugushaka uburyo abahanzi bafite imiterere n’ubutumwa bitandukanye bashobora
guhurizwa mu gikorwa kimwe, ku buryo ubutumwa bwo kurengera ibidukikije
butagera ku bantu nk’inyigisho gusa, ahubwo bukabageraho binyuze mu
marangamutima n’ubuhanzi.
Malaika avuga ko ari yo mpamvu
yahisemo guhuza abahanzi batandukanye. Ati: “Nashakaga guhuza abahanzi b’amajwi
ku buryo bahuza bigatanga ibintu byiza, kandi bikazana amarangamutima kuri iyi
ngingo yo kurengera ibidukikije.”
Akomeza ati: “Naravuze nti aba
bantu bo mu ngeri zinyuranye, barashaka kumva iki mu ijwi ry’u Rwanda, uko
rikwiriye kuba rimeze, niyo mpamvu rero nashyize hamwe aba bose kugirango
bakore ibyo [...]”
Malaika
Uwamahoro, umukinnyi wubatse izina mu buhanzi
Kuba Malaika yarahawe inshingano zo
gutegura uyu mukino si ibintu byaje ku busa.
Ni Umunyarwandakazi w’umukinnyi wa
filime wabigize umwuga nyuma yo gusoza amasomo y’icyiciro cya kabiri cya
Kaminuza muri Fordham University i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Yize kuri buruse yatanzwe na
Perezida Paul Kagame, kandi kuva akiri umunyeshuri yagiye agaragaza impano mu
kuvuga, gukina no kwandika.
Yagiye atanga imivugo n’ubutumwa ku
ruhando mpuzamahanga, aho yagaragaye mu nama nka Forbes Women Africa yabereye
muri Afurika y’Epfo ndetse no mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye i New
York.
Mu gukina filime, Malaika
yagaragaje ubuhanga mu mishinga itandukanye irimo “Notre Dame Du Nil,”
“Operation Turquoise,” “Shake Hands with The Devil,” “Un Plan Parfait” na
“Loveless Generation Teaser.”
Izina rya Malaika ryagaragaye kandi
mu bakinnyi b’intoranywa bagize uruhare muri filime y’uruhererekane “Yankee
Hustle”, umushinga wa Tola Olatunji, umushoramari akaba n’umunyafilime
w’Umunya-Nigeria.
Iyi filime igaruka ku buzima bugoye
Abanyafurika banyuramo mbere na nyuma yo kugera muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, ikaba yarakozwe mu buryo bugamije guha umwanya abakinnyi baturuka mu
bihugu bitandukanye bya Afurika.
Igitekerezo cy’uyu mushinga
cyatangiye mu 2017, mu gihe Malaika yari amaze gusoza amasomo ye i New York
ndetse akimukira i Dallas.
Uyu mushinga ni umwe mu yagiye imufasha
gukomeza kwagura ibikorwa bye hanze y’u Rwanda, mu gihe akomeje no gukoresha
ubuhanzi mu gutanga ubutumwa ku byerekeye igihugu cye.
Muri #KwitaIzina21, Malaika yongeye
kwerekana ko ubuhanzi bushobora kuba ururimi rwo kuvugiramo igihugu, amateka
yacyo n’ibyo cyifuza kugeraho.
Mu minota micye y’umukino yateguye,
yahuje abahanzi n’abakinnyi bafite imirimo n’imyidagaduro bitandukanye, kugira
ngo batangire hamwe ubutumwa bwo kubungabunga ibidukikij
Kuri we, intego ntiyari ugukora
igitaramo gusa, ahubwo yari ugukora igikorwa gifite icyo gisigira
abacyitabiriye.
Kandi ubwo abantu bari bateraniye mu Kinigi barebaga umukino, ubutumwa bwari busobanutse: urugendo rwo kurengera ibidukikije ni urw’abantu bose, kandi ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 21 ya Kwita Izina ni inkuru ikwiye kuvugwa no gusangizwa Isi binyuze mu buhanzi.

Malaika Uwamahoro yatangaje ko yashimishijwe n’uburyo umukino yateguye wagenze neza


Abarimo Kenny Sol na Bushali
bagaragaye mu mukino ku kurengera ibidukikije
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MALAIKA UWAMAHORO
