NASA
yohereje icyogajuru cyayo gifite imbaraga kurusha ibindi mu isanzure kikaba cyahagarutse
ku wa 1 Mata 2026, Saa 12:35 z’ijoro ku masaha y’i Kigali, gihagurukira mu
cyanya cya Kennedy Space Center muri Florida, mu butumwa bwa bwa Artemis II.
Iki
cyogajuru cyagiye mu isanzure kikaba aricyo cya mbere gifite imbaraga nyinshi
kurusha ibindi, cyarimo kigenderaga
ku muvuduko wa kilometero ibihumbi 16,09 ku isaha.
Nyuma
y’amasaha abiri gihagurutse, aba-astronauts bane bari bari muri iki cyogajuru
bageze mu isanzure amahoro, nyuma yo kwambuka urubibi rw’isi binjira mu
isanzure batangira kuzenguruka isanzure.
Mu
masaha 24 ya mbere, icyogajuru kiraba kizenguruka Isi inshuro ebyiri kugira ngo
kigerageze sisitemu nyinshi, hanageragezwe gutwara no gukoresha igice cyo
hejuru kiba kirimo abantu mu buryo bwa manuelle. Igihe iri genzura rizaba
rirangiye, iki cyogajuru kizakomereza urugendo ku Kwezi.
Urugendo
rwo ku kwezi, aba ba-astronauts bazagira amasaha atatu yo kureba Ukwezi no
gufata amafoto icyakora bazaba bakurebera mu ntera ilometero 6500 na 9500 uvuye
ku butaka bwako.
Nyuma
yo gusoza urugendo rwabo, aba bashakashatsi bazagaruka mu gace kamwe k’icyogajuru
kazaba kari ku muvuduko wa kilometero zirenga ibihumbi 40 ku isaha, kagwe mu
Nyajya na Pacific.
Ni ubwa mbere umugore agiye kujya ku kwezi aho izina Christina Koch rizahora ryibukwa nk’umugore wa mbere wagiye ku kwezi, dore ko ubu yatangiye urugendo rw’iminsi 10 ari kumwe na bagenzi be batatu.



Abahanga mu iby'isanzure batangiye urugendo rw'iminsi 10 berekeza ku kwezi
