Nari umutunzi na mbere y'uko duhura - Ivy yagaragaje ko atakuriye amafaranga kuri Paul Okoye

Imyidagaduro - 02/06/2026 3:17 PM
Share:

Umwanditsi:

Nari umutunzi na mbere y'uko duhura - Ivy yagaragaje ko atakuriye amafaranga kuri Paul Okoye

Ivy Ifeoma, umugore w'umuhanzi wo muri Nigeria, Paul Okoye uzwi cyane nka Rudeboy, yavuze ko atigeze arongorwa n'uyu muhanzi agamije amafaranga ye, ahubwo ko na mbere y'uko bahura yari asanzwe afite ubushobozi bw'amafaranga.

Mu mashusho yasangije abamukurikira ku rubuga rwa TikTok, Ivy yavuze ko abakobwa bakiri ingaragu bakwiye kureka gushyira imbere inzozi zo gushaka abagabo bakize nk'intego y'ubuzima bwabo.

Yavuze ko nubwo gushakana n'umuntu ufite amafaranga bishobora gutuma umuntu abona amahirwe menshi mu buzima, bidakwiye gusimbura umuhate wo kwiyubakira ubushobozi bwe bwite.

Yagize ati: “Mbere y'uko mugira icyo muvuga kuri njye, mujye mubanza mumenye ko nari nkiri mfite za Miliyoni mbere yo guhura na Paul Okoye.”

Yakomeje agaragaza ko amafaranga y'umugabo atari ay'umugore mu buryo bwuzuye, bityo ko umuntu atagomba kubakira ubuzima bwe ku mutungo w'undi.

Ati: “Gushaka umugabo ukize ntibikwiye kuba intego nyamukuru y'umuntu. Kuki se wahitamo gushakana n'umuntu kubera gusa ko afite amafaranga? Amaherezo, ayo mafaranga ni aye, si ayawe.”

Ivy yavuze ko kuba umugore yashakana n'umugabo ukize bishobora kumufungurira amarembo mashya no kumuha amahirwe atandukanye, ariko ashimangira ko icy'ingenzi ari uko na we aba afite icyo yigejejeho.

Ati: “Ntabwo mvuga ko kurongorwa n'umukire ari bibi. Ahubwo ni inyongera nziza ku buzima. Ariko icyo nagira inama abagore ni ugushaka uburyo bwo gukira ubwabo.”

Yanagaragaje ko abagabo bafite ubushobozi akenshi bakunda abagore bafite intego, bakora cyane kandi bafite icyerekezo cy'ubuzima, aho kuba abategereje kubaho ku by'abandi.

Amagambo ya Ivy Ifeoma aje mu gihe hakomeje kuvugwa byinshi ku mubano we na Paul Okoye, cyane cyane bitewe n'ikinyuranyo kinini cy'imyaka hagati yabo, aho bamwe bakunze gukeka ko yaba yarashakanye n'uyu muhanzi kubera ubutunzi bwe.

Gusa we ashimangira ko urukundo rwabo rutashingiye ku mafaranga, ahubwo ko yari asanzwe yifashije mbere y'uko bahura.

 

Ivy Ifeoma yavuze ko gushaka umugabo ukize bitagomba kuba intego y'ubuzima, ahubwo ko umugore akwiye kwiyubakira ubushobozi bwe bwite


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...