Nari meze nk’igitabo gishaje, impapuro zari zingize wazigize nshya, mu rukundo nzahora nkunda unkunda apana unkunda akanta uko ashaka!

Urukundo - 25/04/2021 10:36 AM
Share:
Nari meze nk’igitabo gishaje, impapuro zari zingize wazigize nshya, mu rukundo nzahora nkunda unkunda apana unkunda akanta uko ashaka!

Umugabo witwa Stephan umuhangu mu mibereho y’abantu, umwarimu w’imibanire yaragize ati "Uzajye mu rukundo n’umuntu ugushaka apana uwo ushaka. Uzakunde umuntu ukumva akagusaba imbabazi yakosheje. Uzakunde umuntu ugufasha muri byose, akakuyobora akaguha n’icyizere ". Ibi byanyerekeje kuri iyi nkuru kubera ubuhamya bukomeye bw’uwazahuwe m

Uwari igitabo cy’imigani na cyo cyari gishaje ndetse gifatwa nk’icya kera nta gaciro na gato gifite, yaje kuvamo igitabo gishya buri mpapuro zihinduka nshya. Mu nkuru y’uyu mugabo urumvamo agahinda yahoranye n’ibyishimo yaje kugira nyuma, bikaba isomo mu rukundo, wige gukunda ugukunda utazemera kuguta uko yiboneye.

Urukundo! Ubundi igitabo cy’inkuru za kera kandi gishaje pe, ndetse n’amwe mu mapaji yari angize yaratwitswe, atwikwa n’abana asigaye ajugunywa hanze arakandagirwa. Iteka ryose numvaga ko nta muntu n'umwe wifuza kumfungura ngo asome imirongo yari muri njye, kuko nari nk’uwaturutse mu binyejana byashize nzengurutswe n’umukungugu n’inzu z’udusimba twarika mu nzu. Maze imyaka myinshi hano ariko mukundwa nta n'umwe wigeze yifuza kumfungura narimwe ku buryo nari nzi neza ko nzatabwa iteka nkazimira. Nari nzi ko n’iyi nzu y’ibitabo nihishemo nayo izatwikwa ikavanwaho burundu.

Gusa naje gutungurwa cyane, natunguwe n’igihe nakubonaga uhingutse uri imbere yanjye maze umfata akaboko unkura mu buvumo nari mazemo imyaka. Uburyo wandebaga amaso yawe yuzuye imbabazi n’urukundo rwinshi ndetse ukanarizwa n’uburyo wambonaga byangumyemo kugeza n’ubu.

Mukundwa urimo kunsoma nk'aho ari njye gitabo cyawe ukunda cyane ku isi, nk’aho ari njye warimo ushakisha warabuze, nk’aho ari njye wifuzaga ubuzima bwawe bwose. Mukundwa usoma buri mutwe wose ungize ntujya usimbuka n’udutangaro, kwihangana ntujya ubishobora iyo unsomye ukagera aho kubabara kwanjye kuri ntiwifata nawe amarira ahita yuzura mu maso hawe. Ndakuzi nawe wifuzaga uzagukunda gusa aho wankuye natewe ubwoba n’uko ntazashobora kukwitaho nk’uko bikwiye. Nk’uko wabikoze ukampa umutima wawe ukampa ibyawe ntiwite ku munuko nari mfite uko nasaga,…

Twamaranye amezi ariko ampindukira imyaka kuko ntatekerezaga uburyo nzitwara nimpura n’umuntu uzemera kumbika mu nzu ye akanshyira mu nzu ye y’ibitabo imeze neza kandi akanyitaho. Nyizera nimvuga ko ibi biri kumbera inzozi ubifate nk’ukuri kuko nazimiye, mfite ubwoba bwo gukundwa bigeze aha. Hari ubwo nibaza niba koko utagiye guhita unta kubera uburyo unyitaho ariko ibikorwa byawe bikankomeza.

Burya buri kintu cyose gishaje kiba cyarigeze kuba gishya. Kera nkiri mushya narimo amagambo y’umugabo witwa Stephan (Relationship Coach) yagiraga ati " Uzajye mu rukundo n’umuntu ugushaka apana uwo ushaka. Uzakunde umuntu ukumva akagusaba imbabazi yakosheje. Uzakunde umuntu ugufasha muri byose, akakuyobora akaguha n’icyizere". Nkimara kukubona wari wujuje buri nteruro yose iri muri ayo magambo. Ubu ndi mushya, ubu nasubiye aho nahoze mu maboko meza yawe, mu rukundo ntazicuza.

Iteka natekerezaga ko abantu bose bakandagira ibyo basanze babifata nk’ibibi ariko wowe wanyeretse ko urukundo rw’ukuri ruhari kandi rutajya ruva ku izima.’Nari njyenyine wo gupfa’.Ku kubura by’isegonda rimwe ni nko gukubitwa inkoni z’imyaka yose namaze njyenyine, ni nko gutonekwa aho nakomeretse, sinshaka kukubura ndashaka ko umba hafi by’iteka. Nzi neza ko unkunda kandi nzakora uko nshoboye nkwiture urukundo unkunda.

ISOMO: Mu rukundo ni byiza guhitamo neza ugahitamo uzagukunda cyane, ugahitamo aho ibyishimo byawe bizaba byuzuye. Stephan Speaks yaragize ati "Ntuzatume kuba uri wenyine bigushora mu rukundo n’umuntu mubi cyane (Toxic Person), kuko ushobora kuzisanga wanyoye ku burozi bwica kubera ko witwaye nk'ufite inyota ". 

Kuba wenyine ntibigatume ukundana n’umuntu mubi. Guma wenyine biraguhagije. Niba umuntu agukunda koko uzabibona. Urukundo rw’ukuri ntirupimirwa ku munzani ahubwo umuntu mubanye ugukunda mugenzuze ibikorwa bye. Ese arahinduka, Ese azi guca bugufi ku tuntu duto, Ese akwereka kukwitaho koko?. Uzemera kugufata uko uri nk’uko kiriya gitabo bagifashe uzamunambeho ni wo wawe.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...