Ni
inkuru isa n’iyabaye kuri Gisubizo Kelly wamamaye nka Producer Loader, umwe mu
batunganya umuziki bagezweho muri iki gihe, watangaje ko hari igihe yumvaga
gukorana na Bruce Melodie ari inzozi zigoye kugeraho.
Uyu
musore yabwiye InyaRwanda, ko kuva yatangira gukora umuziki nk’utunganya
indirimbo, Bruce Melodie yari mu bahanzi yahoraga yifuza gukorana na bo.
Icyakora, urugendo rwo kubigeraho ntirwari rworoshye nk’uko benshi babyibaza
uyu munsi.
Loader
yavuze ko buri Producer agira urutonde rw’abahanzi arota kuzajya akorana na bo,
kandi ko Bruce Melodie yari ari ku isonga ry’abo yifuzaga cyane.
Yagize
ati: “Sinzi uburyo nshobora kubisobanura. Kuko buri ‘Producer’ wese aho tuva
tukagera iyo uri kuba Producer hari abahanzi uba uvuga uti aba nibo nifuza kuba
twakorana. Rero iyo ibyo bintu biri ku kubaho, bya byifuzo uba ufite iyo
bisubijwe ntabwo ugira kwiyumva nk’uko wiyumvaga mbere. Mu mutima uba unezerewe
ukumva ibintu biri kugenda neza.”
Aya
magambo agaragaza uburyo kubona ari gukorana n’umuhanzi yafataga
nk’icyitegererezo byamubereye ishema rikomeye ndetse bikamwongerera icyizere mu
rugendo rwe rwa muzika.
Mbere
y’uko aba Producer wihariye wa Bruce Melodie, Loader yagerageje inshuro nyinshi
kumugezaho ibikorwa bye. Yari afite icyizere ko umunsi umwe uyu muhanzi azumva
ibyo akora maze bagatangira gukorana.
Icyakora
ibintu ntibyagenze uko yabitekerezaga. Loader yavuze ko yamwoherereje ‘Beat’
eshatu z’indirimbo, ariko ntizigeze zibona amahirwe yo kumvwa n’uyu muhanzi.
Ati:
“Mbere y’uko dukorana, nari nabanje kumwoherereza ‘Beat’ eshatu, ariko
igitangaje ntiyigeze azumva. Hanyuma byaje kugera aho ncika intege, ndavuga nti
kubona Bruce Melodie ndabona bigoye, reka mbireke.”
Ni
amagambo agaragaza ibihe by’ihungabana n’ugucika intege yanyuzemo nyuma yo kubona
ko umuhate yashyiragamo udatanga umusaruro yifuzaga.
Nk’uko
bikunze kugenda ku bantu benshi bafite inzozi zikomeye, hari aho Loader yageze
yumva ko igihe yari amaze akurikirana amahirwe yo gukorana na Bruce Melodie
kitari kugera ku musaruro.
Mu
gihe yari amaze kureka gukomeza gukurikirana Bruce Melodie, ibintu byafashe
indi ntera.
Nyuma
y’igihe runaka, Loader yatunguwe no kubona telefoni imuhamagara. Ku rundi
ruhande yari Bruce Melodie ubwe. Icyo gihe yamusabye ko bahura bakaganira.
Loader
yavuze ko icyo kiganiro cyabaye nijoro kandi kikamara amasaha menshi, ibintu
yizera ko byabaye intangiriro y’ubufatanye bukomeye bafite uyu munsi.
Ati:
“Bruce Melodie yantumijeho. Twaraganiriye igihe kirekire ambwira ko yambonyemo
ikintu kinini kandi yifuza ko tucyereka abantu.”
Ayo
magambo yaje nk’umucyo nyuma y’igihe yari amaze yumva ko amahirwe yo gukorana
n’uyu muhanzi yarangiye. Ati “Yabonye ubushobozi ntari nakoresha”
Kimwe
mu byakoze ku mutima wa Loader ni uburyo Bruce Melodie yamugiriye icyizere
mbere y’uko agaragaza byose yari ashoboye.
Uyu
Producer yavuze ko hari abantu bafite impano yo kubona ubushobozi buri mu muntu
mbere y’uko bugaragarira buri wese, kandi ko Bruce Melodie ari umwe muri bo.
Ati:
“Nshimira Imana mvuga ngo ni byiza ko yabashije kumva ubwo bushobozi. Hari
ukuntu ushobora kuba utarakora ibintu bihuye n’ubushobozi ufite, ariko hari
abantu bameze nka Bruce Melodie bafite impano yo kureba ubushobozi umuntu afite
atarabukoresha.”
Yakomeje
avuga ko hari abantu bashobora kukureba bakabona ibyo abandi batarabona,
bakaguha amahirwe yo kwigaragaza no kwerekana icyo ushoboye.
Uyu
munsi, Loader avuga ko gukorana na Bruce Melodie byabaye kimwe mu bintu byiza
byabaye mu rugendo rwe rw’umwuga.
Yemeza
ko uyu muhanzi yamugiriye icyizere, akamufungurira amarembo y’akazi ndetse
akamwereka ko inzozi umuntu ashobora kuzigeraho n’iyo zaba zisa n’iziri kure.
Yagize
ati “Bruce Melodie ni umuntu mwiza wangiriye icyizere akavuga ati uyu muntu
bitewe n’ibyo namwumvise ni umuntu twakorana ibintu byiza biri mu byifuzo
byanjye, na we biri mu byifuzo bye.”
Inkuru
ya Producer Loader ni urugero rw’uko rimwe na rimwe amahirwe aza nyuma y’igihe
kinini umuntu yaramaze ategerereje.
Ni
inkuru y’umusore wabanje kohereza ‘Beat’ eshatu ntizumvwe, agacika intege,
ariko nyuma akaza guhamagarwa n’umuhanzi yari yarashyize ku rutonde rw’abo
yifuzaga gukorana na bo
Uyu
munsi, abo bombi bari mu bufatanye bwatumye Loader aba umwe mu bantu bafite
ijambo rikomeye inyuma y’umusaruro wa Bruce Melodie, ibintu bishimangira ko
rimwe na rimwe inzozi zitinda gusohora, ariko iyo igihe cyazo kigeze ziba
impamo.

Producer Loader yatangaje ko yoherereje Bruce Melodie ‘beat’ eshatu z’indirimbo mbere y’uko batangira gukorana, ariko ko n’ubu atarazumva

Loader
avuga ko Bruce Melodie ari umuntu mwiza wamugiriye icyizere, amuha amahirwe yo
gukorana nawe mu rugendo rwe rw’umuziki
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PRODUCER LOADER
VIDEO: Melvin Pro/
InyaRwanda
