Namwita Inkotanyi - Nyirinkindi mu ndirimbo isaba ababyeyi kuraga urukundo rw’Igihugu- VIDEO

Imyidagaduro - 01/07/2025 11:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Namwita Inkotanyi - Nyirinkindi mu ndirimbo isaba ababyeyi kuraga urukundo rw’Igihugu- VIDEO

Nyirinkindi Ignace wamamaye nka Mutore cyane yongeye gukora mu nganzo mu buryo bukomeye. Yakoze indirimbo “Namwita Inkotanyi” ifite ubutumwa bukomeye bwo gukundisha igihugu abakiri bato, anashimira uruhare rukomeye Ingabo zari iza RPA-Inkotanyi zagize mu kubohora u Rwanda no kurwubaka.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Nyirinkindi yavuze ko igitekerezo cy’iyi ndirimbo gishingiye ku yindi ndirimbo ye yise “Mwarakoze Inkotanyi”, aho yavuze ko yayikomoyemo igitero cyihariye cyamuteye gutekereza mu buryo bwimbitse uko urukundo rwe ku Gihugu n’Inkotanyi rudakwiye kurangirira kuri we gusa, ahubwo agomba kururaga n’abazavuka.

Ati “Harimo igitero kivuga ngo ‘Icyampa imbyeyi yujuje nkayigabira Inkotanyi, cyikampa abana b'ibisage bagakura bitwa Inkotanyi, nanjye nzaba intwari ndi ishami ry’Inkotanyi’,”

Uko niko Nyirinkindi yabitangaje, agaragaza uko yifuza ko no mu muryango we hazavamo abantu barangwa n’ubutwari, indangagaciro n’ubwitange nk’ubw’Inkotanyi.

Mu gitero cya kabiri cy’iyi ndirimbo, Nyirinkindi yatanze ubutumwa buhambaye avuga ko umubyeyi wese uko yonsa umwana, agomba no kumutoza urukundo rw’igihugu akiri muto.

Akomeza agira ati “Najya konsa umwana, mu gihe amutamika ibere, agomba no kumutamika urukundo rw’igihugu, kugira ngo umwana azakure akotana, muri macye ari Inkotanyi.”

Uyu muhanzi avuga ko indirimbo ye ari igisigo cy’urukundo, ishimwe n’umurage agenera Inkotanyi, avuga ko “zarweguye rutemba, u Rwanda rwari rugeze mu kizima, zirugarurira ubuzima”.

Nyirinkindi Ignace si izina rishya mu muziki nyarwanda, cyane cyane mu njyana gakondo. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo “Nkugabiye urukundo”, ariko by’umwihariko izina rye rirasana cyane n’indirimbo yise “Mutore cyane”, yahimbiye Perezida Paul Kagame mu gihe cy’amatora mu 2017.

Uyu muhanzi yahisemo gukomeza urugendo rwe rw’ivugabutumwa ry’urukundo n’ubwitange binyuze mu bihangano bye bikubiyemo amateka, indangagaciro na kirazira, akemeza ko ibihangano nk’ibi ari umurage usigira u Rwanda.


Mu ndirimbo ye nshya ‘Namwita Inkotanyi’, Nyirinkindi yavuze ko urukundo rw’Igihugu rutagomba kurangirira ‘kuri twe’, ahubwo ni ukururaga n’abato

Nyirikinda yashimye Inkotanyi ‘zatugabiye u Rwanda rushya’. Ati “Ndasaba ababyeyi gutarmaira abana babo n’urukundo’


Nzaraga Inkotanyi aho nzagera hose-  Nyirinkindi nyuma yo gusohora indirimbo ye nshya yise ‘Namwita Inkotanyi’


Nyirinkindi yamamaye cyane binyuze mu ndirimbo ‘’ yamamaye mu bikorwa by’amatora mu 2024

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NAMWITA INKOTANYI’ YA NYIRINKINDI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...