Uruhererekane rw’amagambo, urukumbuzi
n’urwibutso rwa Kidum ku buzima n’urugendo rw’umuhanzi Christopher Matata witabye Imana mu
2012, rwerekana ubucuti bwavutse ku bw’impano, bugakura mu buryo butunguranye
kugeza kuri iki gihe aho Kidum yongeye kumwunamira binyuze mu gusubiramo
indirimbo ye “Inyagasambu.”
Kidum yibuka neza umunsi wa mbere
yabonyeho Christopher Matata. Hari mu 1986, ubwo yari afite imyaka 12 gusa.
Matata yari aciye hafi y’urugo rwabo i Kinama aho bombi bakomoka maze we
n’abandi bana bamukurikira mu rugendo rw’ibirometero hafi bine.
Icyo gihe Matata yari amaze gushyira hanze
Album “Mukobwa Ndagowe”, irimo indirimbo yakunzwe cyane “Amaso Akunda”.
Iyo ndirimbo ngo yayisubiyemo, kuko cyari
igihangano Matata yari yaravanye mu itsinda Mihigo des Grands Lacs—itsinda
Kidum yaje kwinjiramo mu 1991 nk’umucuranzi w’ingoma, rimaze guhinduka Imboneza
hanyuma riba Nil Swing.
Mu magambo ye bwite, Kidum avuga ko Matata
yamubereye isoko idakama y’ihumure, impano n’ubuhanga mu kuririmba ari nako
amwigisha uburyo bwo kwandika indirimbo no kuzishyira mu ruhame mu buryo
bw’umwuga.
Matata yari umucuranzi wa gitari ‘acoustique’,
kimwe n’uko Kidum yagiye amenyekana. Byatumye urukundo rw’uyu muhanzi watoje
benshi rukura muri we nk'isoko. Kidum avuga ko mbere y’uko Matata apfa, yari
azi neza ko ari umufana we w’ibihe byose kandi ko indirimbo “Inyagasambu”
yayikunze by’ikirenga.
Ibyo byarushijeho gufata indi ntera ubwo
mu 2012 inkuru y’urupfu rwa Matata yasakara. Kidum yari ahari mu muhango wo
kumushyingura, ahakura urwibutso atazibagirwa: yaharirimbiye indirimbo
Inyagasambu mu kumwunamira—indirimbo yahoranye agaciro gakomeye kuri we no ku
wundi muhanzi bari basangiye inkomoko n’ubuhanzi.
Kuva icyo gihe kugeza ubu, Kidum akomeza
kubona mu gusubiramo indirimbo “Inyagasambu” uburyo bwiza bwo kwibuka no
kunamira umuntu wamubereye icyitegererezo cy’ibihe byose. Ni amateka y’umuhanzi
ukomeye yanditse mu buryo bwuzuye amarangamutima:
Ni amagambo agaragaza ko indirimbo itari
igikorwa cyo gutera ubwuzu gusa, ahubwo ari ubutumwa bwanditswe n’amaraso
y’ubucuti, urukundo n’ishimwe ku rugendo rw’umuhanzi wasize izina rikomeye mu
muziki w’u Burundi n’Akarere.
Gusubiramo Inyagasambu kwa Kidum bwakozwe
mu buryo bunonosoye, ku bufatanye n’abahanga batandukanye barimo Pastor P
wayikoze mu buryo bw’amajwi, ndetse na Sixte na Jay V bayikoze mu buryo bw’amashusho;
ni mu gihe Jolie Fave, Lucas na Kizz B bibafashijwe nk’abakinnyi b’ubutumwa
muri iyi ndirimbo.

Kidum usanzwe ari 'Brand Ambassador' wa Be One Gin, yongeye guha icyubahiro Jean
Christopher Matata, umuhanzi wamutoje umuziki kuva akiri umwana w’imyaka 12

‘Inyagasambu’ yongeye gucurangwa mu buryo
bwihariye: Indirimbo Kidum yahisemo nk’urwibutso rw’uwamubereye icyitegererezo
mu buhanzi

Urukumbuzi rudasaza: Kidum yasubiye mu
mateka yo mu 1986, yibuka bwa mbere abona Matata, umuhanzi wamuhaye urugero mu
rugendo rwe rwose
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘INYAGASAMBU’ KIDUM YASUBIYEMO
