Nakabije inzozi - Umusizi Kibasumba winjiye mu itangazamakuru

Imyidagaduro - 23/10/2025 9:57 AM
Share:

Umwanditsi:

Nakabije inzozi - Umusizi Kibasumba winjiye mu itangazamakuru

Umusizi Confiance Kibasumba yafashe icyemezo cyo gutera intambwe ikomeye, yinjira mu mwuga wo gutambutsa amakuru n’ibiganiro ku ruhando rw’imyidagaduro.

Kibasumba avuga ko impamvu nyamukuru yamuteye gutera iyi ntambwe ari urukundo rwe ku itangazamakuru n’umurava wo kuganira n’abantu.

Yabwiye InyaRwanda ati: “Impamvu ni nyinshi. Harimo kuba nkunda itangazamakuru, kumva narishobora no kugirirwa icyizere n’abarisanzwemo. Kuri njye ni ugukabya inzozi, cyane ko menyereye kuganira n’abantu biciye mu busizi.”

Yatangiye urugendo rwe mu itangazamakuru kuri Televiziyo Ishusho, ariko mbere yaho yari yarakoze ikiganiro cye ku rubuga rwa YouTube yise 'Kubera iki?', cyamuhaye amahirwe yo kugaragaza impano ye no kwiyubaka mu mwuga.

Kibasumba azajya agaragara mu kiganiro ‘Itaho’ ahuriyemo na Peacemaker Pundit ndetse na MC Bior. Ni ikiganiro kizibanda ku makuru y’imyidagaduro mu Rwanda no hanze yarwo. Guhera ku wa Mbere, kugeza ku wa Gatanu.

Ati “Ikiganiro nzakora cyangwa se nzagaragaramo ni 'Itaho'. Kizibanda ku myidagaduro muri rusange mu Rwanda no hanze yarwo. Abantu banjye bitege, kuko nshoboye.”

Kibasumba asanga itangazamakuru n’ubusizi bitandukanye ariko bifitanye isano mu buryo bwo gutanga ubutumwa no kuganira n’abantu:

Akomeza agira ati “Itangazamakuru ni byo ni akazi, ubusizi ntibukiri impano gusa, bwabaye umwuga kuko hari icyo bumara. Byose rero kuko mbikunda, ntibizasigana.”

“Byose binsaba kuvuga kandi byose bikeneye urukundo rw’abantu, niyo mpamvu nta na kimwe kizakuraho ikindi. Itangazamakuru rifite umwanya uhagije n’ubusizi bufite umwanya uhagije. Byose bazabibona.”

Uyu musizi uzi neza uko amagambo akora ku mutima w’abantu, yemeza ko gutangira itangazamakuru ari uburyo bwo gukoresha impano ye mu buryo bufatika, agahuza umwuga n’urukundo rwe ku busizi.

Byagaragaye ko urwego rw’imyidagaduro mu Rwanda rukomeje kwakira impano nshya, kandi Kibasumba ari umwe mu bahanzi bafite ubushobozi bwo guhuza impano n’umwuga w’itangazamakuru mu buryo budasanzwe.

Kibasumba Confiance ni umusizi ufite ibisigo birenga 12, harimo ibyo yiyandikiye ndetse n’ibyo yafatanyije n’abandi. Yamenyekanye cyane mu bisigo nka Ndarushye, Impano, Rukundo ndetse n’Impanuro, yafatanyije na Rumaga.

Umusizi Kibasumba yinjiye mu itangazamakuru, aho azajya akora ikiganiro ‘Itaho’ kuri Ishusho Tv


Confiance Kibasumba avuga ko gutangira itangazamakuru ari uburyo bwo gukoresha impano ye mu buryo bufatika, no kuzamura impano ye y’ubusizi


Kuva mu myaka ine ishize, Kibasumba yashyize imbere gukora ibihangano by’ubusizi byinshi


Muri Werurwe 2024, Kibasumba yahawe igihembo cy’umusizikazi mwiza w’umwaka mu Rwanda, byari byateguwe n’Urugaga rw’Ubuhanzi Nserukarubuga (Rwanda Performing Arts Federation)


Kibasumba ari kumwe na Peacemaker Pundit bazajya bahurira mu kiganiro kuri Ishusho Tv

 

MC Bior usanzwe acuranga mu bitaramo bibera muri Kigali Universe, agiye gutangira kugaragara kuri Ishusho Tv

Iki kiganiro kizajya kiba ku wa Mbere kugeza ku wa Gatanu, hibanzwe cyane ku makuru y'imyidagaduro y'imbere mu gihugu no hanze

KANDA HANO UREBE IGISIGO ‘SINGIKUNZE UKUNDI’ CY’UMUSIZI KIBASUMBA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...