Nagombaga kwakira umushyitsi - TMC nyuma yo gutaramana na Ruti Joel mu gitaramo Bad Rama yasohowemo

Imyidagaduro - 30/03/2026 8:33 AM
Share:

Umwanditsi:

Nagombaga kwakira umushyitsi - TMC nyuma yo gutaramana na Ruti Joel mu gitaramo Bad Rama yasohowemo

Umuhanzi Mujyanama Claude [TMC] wamenyekanye cyane mu itsinda rya Dream, Boyz, yatangaje ko yishimiye gutaramana na mugenzi we Ruti Joel mu gitaramo cyabereye muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iki gitaramo cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2026, cyateweguwe n’Abanyarwanda baba muri Indiana, kikaba cyari kigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki nyarwanda baba mu bice bitandukanye by’Amerika.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, TMC yavuze ko kuba yarataramanye na Ruti Joel byari bifite n’indi ntego yo kumwakira nk’umushyitsi wari ugeze aho atuye.

Yagize ati: “Ruti Joel yaje muri Leta ntuyemo ya Indiana, rero gutaramana nawe muri iki gitaramo byari no mu murongo wo kwakira umushyitsi.”

Nubwo iki gitaramo cyagenze neza ku baririmbyi n’abacyitabiriye, cyavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’uko Bad Rama, umaze iminsi yibasira ubuyobozi bw’u Rwanda, yangiwe kucyinjiramo.

Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, Bad Rama yumvikana agaragaza uburakari, avuga ko yasohowe muri iki gitaramo nk’igisambo.

Ati: “Hari igitaramo cya Ruti Joel, ndakibona nk’abandi nkora urugendo runini ngo mpagere… ndahageze ibibaye urabibonye, ntabwo ntuje na gato, uzi ko umuntu ampamagarije nk’igisambo?”

Amakuru avuga ko Bad Rama yari yitabiriye iki gitaramo ari kumwe n’abashinzwe umutekano we, ariko abari bashinzwe kwakira abinjira bamubwiye ko atemerewe kwinjira.

Umunyamakuru Richard Irakoze ukorera Rwanda Abroad, yavuze ko Bad Rama akigera ku muryango w’aho igitaramo cyabereye, abari bashinzwe umutekano bahise bamenya uwo ari we, bahita bamusubiza inyuma.

Ati: “Bad Rama akigera ku muryango, abashinzwe kugenzura abinjira bahise bamenya ko ari we, bahita bamubwira ko badashobora kumwemerera kwinjira. Si ukumwangira kwinjira gusa, ahubwo banamubwiye 'sohoka, wowe ntabwo wemerewe gukandahira hano, bitewe n'amagambo yawe, ndetse n'ibyo wavuze, ntabwo wemerewe kuza ahantu nk'aha.'"

Bad Rama we yavuze ko yasohowe n’abantu bagera ku munani, bityo ntiyabasha kureba iki gitaramo. Yageze muri iki gitaramo kigana ku musozo, ndetse yari yambaye nk'umusitari utambirije imikufi myinshi. Abasore bari bamurinze bari bambaye imyenda yanditseho 'Security'.

Uyu mugabo washinze The Mane yavuze ko kugira ngo agere muri iki gitaramo byamusabye gukora urugendo rurerure anyuze mu mijyi irimo Phoenix, Denver na Michigan mbere yo kugera muri Indiana, ariko birangira atabashije kwinjira.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Ruti Joel yanditse ku byabaye mu gitaramo cye avuga ati "Kwa Ruti Joel ntabwo hinjira abanyagasozi."


TMC yavuze ko gutaramana na Ruti Joel byari mu rwego rwo kwakira umushyitsi wamusanganiye aho asanzwe atuye

 

Igitaramo cya Ruti Joel cyavuzweho cyane nyuma y’uko Bad Rama yangiwe kucyinjiramo

 

Bad Rama yavuze ko yasohowe muri iki gitaramo nk’igisambo, ibintu byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga

Ruti Joel yaririmbye indirimbo zirimo nka ‘Igikobwa’, ‘Cunda’, ‘Ngwino Mana’ yakoranye n’Itorero Ibihangange n'izindi nyinshi zanyuze abbitabiriye iki gitaramo kibumbatiye umuco


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...