Nagombaga kutaburamo - Makanyaga Abdul ku ruhare rwe mu mukino werekanwe mu #KwitaIzina21 (VIDEO)

Imyidagaduro - 05/09/2026 1:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Nagombaga kutaburamo - Makanyaga Abdul ku ruhare rwe mu mukino werekanwe mu #KwitaIzina21 (VIDEO)

Umuhanzi w’inararibonye Makanyaga Abdul yavuze ko atashoboraga kubura mu mukino w’ubuhanzi wagaragaje urugendo u Rwanda rumazemo imyaka 21 mu kubungabunga ibidukikije no kurinda ingagi zo mu Birunga.

Uyu muhanzi umaze imyaka myinshi mu muziki nyarwanda, yagaragaje ko yishimiye kuba yaragizwe umwe mu bagize uruhare mu mukino watambutse mu birori byo Kwita Izina abana b’ingagi 22, byabereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze.

Uyu mukino wari ugamije kugeza ku bitabiriye uyu muhango ubutumwa bugaruka ku rugendo rw’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije, kurinda ingagi zo mu Birunga no guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku bidukikije.

Wari umwihariko wo kugeza ubu butumwa mu buryo bw’ubuhanzi, aho indirimbo, imivugo n’imvugo by’abakinnyi byahurijwe hamwe mu gutuma abari bateraniye mu Kinigi basobanukirwa neza aho u Rwanda rugeze.

Muri uyu mukino hagaragayemo abahanzi n’abakora umuziki batandukanye barimo Bushali, Kenny Sol, Marina, Teta Diana, Makanyaga Abdul na Peace Jolis. Buri umwe yari afite uruhare mu gutanga ubutumwa bwihariye, ariko bose bahurizaga ku ngingo imwe: akamaro ko kurengera ibidukikije.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Makanyaga Abdul yavuze ko kuba yaragize uruhare muri uyu mukino byamushimishije, kuko na we asanzwe abona ko ibidukikije ari ingenzi ku buzima bwa buri wese.

Yavuze ko ubutumwa bw’uyu muhango butareba abantu bamwe gusa, ahubwo bugomba kugera kuri buri wese, yaba umwana, umukuru cyangwa umusaza.

Ati: “Uyu muhango ni umuhango wereka buri wese, yaba umwana, yaba umukuru, yaba umusaza, ko ibidukikije bidufiteho akamaro tugomba kubibungabunga kugira ngo na byo bitugirire akamaro. Ubifashe nabi, nta cyo byakumarira na byo.

Uyu mukino wateguwe na Malaika Uwamahoro afatanyije na Nyambo Masara. Makanyaga Abdul avuga ko ubwo yatekerezwagaho nk’umwe mu bagombaga kugira uruhare muri wo, yumvise ko adakwiye kubura.

Yasobanuye ko kwemera kugira uruhare muri uyu mukino byari no guha agaciro ubutumwa wari ugamije kugeza ku bantu.

Ati: “Nagombaga kubyakira. Kuko nanjye ndi mu bashimishijwe n’ibidukikije. Kandi n’undi wese wabonye muri uriya mukino ashimishijwe n’ibidukikije, tugomba kubyitaho, tukabibungabunga uko bikwiye.”

Makanyaga yavuze ko ubutumwa bwo kubungabunga ibidukikije budakwiye kuguma mu magambo gusa, ahubwo ko buri wese akwiye kugira icyo abikoraho.

Ati: “Icyo batubwira cyose twagikora kugira ngo tubungabunge ibidukikije, ari mu mukino, tugomba kubungabunga ibidukikije.”

Kuri Makanyaga, kuba ubutumwa nk’ubu bwarashyizwe mu mukino w’ubuhanzi byatumye bugera ku bantu mu buryo bworoshye kandi bushimishije, cyane ko abahanzi n’abakinnyi bari bafite inshingano yo kwerekana ko kurengera ibidukikije atari inshingano z’umuntu umwe cyangwa urwego rumwe.

Uyu mukino wabaye kimwe mu byagaragaje ubutumwa bw’ingenzi bw’umuhango wa Kwita Izina, aho u Rwanda rwongeye kwerekana ko kubungabunga ibidukikije, kurinda ingagi no guteza imbere ubukerarugendo ari urugendo rusaba uruhare rwa buri wese.


Makanyaga Abdul yavuze ko yagombaga kugira uruhare mu mukino wagaragajwe muri #KwitaIzina21, kuko na we ashyigikiye ubutumwa bwo kubungabunga ibidukikije no kurinda ingagi zo mu Birunga

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MAKANYAGA ABDUL


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...